Abaturage b’Umurenge wa Bugeshi mu Karere ka Rubavu, bamaze kwiyuzuriza ibiro bishya by’umurenge bizatuma barushaho guhabwa serivisi zinoze.
Abakobwa batuye mu Murenge wa Bugeshi, mu Karere ka Rubavu, baravuga ko bahangayikishijwe no kutabona abagabo kuko nta mikoro baba bafite.
Umujyi wa Kigali washyizeho gahunda yo kwimakaza isuku guhera mu ngo ziwugize, ku bantu bawutuye n’abawugenda, mu mihanda ndetse no mu duce duhurirwamo n’abantu benshi mu bikorwa bitandukanye.
Bamwe mu biga imyuga y’ubumenyingiro n’abayobozi b’amashuri, baratunga agatoki abikorera banga kwakira abarangije kwiga ngo babafashe kwimenyereza umwuga “internship”.
Abamotari bakorera hirya no hino mu gihugu, baravuga ko batangiye guca ukubiri na moto z’abandi, kuko ubu batangiye gutunga izabo babikesha ishyirahamwe bishyiriyeho “Twigire Motari”.
Umuyobozi wa Christian University of Rwanda (CUR), DR. Habumuremye Damien, aravuga ko gufungwa kwa za kaminuza,kwabayeho mu minsi ishize, ba nyirazo ari bo babifitemo uruhare.
Abanyeshuri 126 basoje amasomo yabo mu bijyanye n’imyubakire mu ishuri rya St Joseph i Nyamirambo baravuga ko biteguye guteza imbere umwuga w’ubwubatsi ukigaragaramo akajagari.
Umurenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo wamuritse imodoka yumutekano ifite agaciro ka miliyoni 21Frw yavuye mu misanzu abaturage bateranyije bakayigura.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kimihurura, burashimangira ko imikoranire myiza ibaranga ariyo yatumye begukana umwanya wa mbere mu Karere ka Gasabo.
Polisi y’igihugu ivuga ko nibura kuva muri Mutarama 2017 abantu 20 bahitanwa n’impanuka buri kwezi, bivuze ko bose hamwe ubu bageze ku 180.
Abahinzi bo mu Murenge wa Miyove mu Karere ka Gicumbi, baravuga ko bari kwihuta mu iterambere, babikesha imbuto nshya y’ibishyimbo bita “Zahabu.”
Umuvugo w’umwana witwa Uwubutatu Slydio utuye mu Karere ka Gicumbi ugiye kwifashishwa mu bukangurambaga bwo kwita ku burenganzira bw’umwana kubera butumwa buwurimo.
Abunzi 910 bakorera mu Karere ka Gicumbi bamaze kwiyungura ubumenyi mu gukemura amakimbirane abaturage baba babagejejeho.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Musabyimana Jean Claude arahamagarira abaturage bo mu Karere ka Gicumbi gukaza irondo kugira ngo barusheho kwicungira umutekano.
World Vision, yashoje ibikorwa byayo yakoreraga mu Mirenge ya Rushaki, Mukarange na Shangasha mu karere ka Gicumbi, ikaba isize abaturage benshi bavuye mu bukene.
Abaturage batuye Zone Birindi mu karere ka Gicumbi, bavuga ko kugirango bagere aho bivuriza bibasaba amasaha atari munsi y’atatu, bagasaba kwegerezwa ivuriro.
Polisi y’igihugu yahaye abaturage 100 bo mu Karere ka Gicumbi amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, mu rwego rwo kubafasha kubungabunga umutekano.
Paruwasi Katedarare ya Byumba yizihije isabukuru y’imyaka 80 imaze ibayeho, yishimira ibikorwa bitandukanye yagezeho birimo kubanisha neza Abanyarwanda.
Itsinda ry’abayobozi ba Global Fund ku isi, basuye ibikorwa bya Imbuto Foundation mu Karere ka Gicumbi, banezezwa n’uburyo urubyiruko ruhabwa icyerekezo.
Abahwituzi b’imirenge itandukanye yo mu Karere ka Gicumbi, bavuga ko akazi bakora bagakunze ariko bifuza ko bajya bagenerwa agahimbazmusyi buri kwezi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi bufatanyije n’inzego z’umutekano n’abaturage, bameneye mu ruhame ibiyobyabwenge bifite agaciro gasaga miliyoni 25RWf.
Garubanda bakunze kwita Kabigamba w’imyaka 48, yari agiye kwica umugore we, amubuze atemagura ihene eshanu, atorokera muri Uganda.
Abakandida barenga 950 bahuriye ku kizami cy’akazi cyatanzwe na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), bahatanira imyanya ibiri.
Ahishakiye Elias na Niyigaba Valens, ni impanga zavutse mu 1992, bavukira mu karere ka Gicumbi, bafana ikipe imwe yo mu Rwanda ndetse no hanze bagafana ikipe imwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo butangaza ko mu baturage ibihumbi 10113 bagabiwe inka muri bo abagera kuri 514 ntazo bagifite, zimwe zaragurishijwe.
Abatuye Umurenge wa Kaniga muri Gicumbi, uhana imbibi n’igihugu cya Uganda, baravuga ko bahangayikishijwe n’ifungwa ry’inzira bakoreshaga bajya guhahira muri Uganda.
Abarezi b’ibigo byo mu Karere ka Gicumbi, bituranye n’igice gihana imbibe na Uganda, bahura n’imbogamizi z’abana bakura bavuga Igikiga, bigatuma gutangira amashuri bibagora kuko akurikiza gahunda ya Minisiteri y’Uburezi kandi iri mu Kinyarwanda. Umva inkuru (...)
Abayisilamu bo mu Rwanda bashyikirije ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi inkunga ingana na Miliyoni 26RWf yo kwishyurira abatishoboye ubwisungane mu kwivuza, mitiweli.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi, burahamya ko ibirego byaganaga mu nkiko, byamaze kugabanuka cyane bitewe n’uruhare rw’abunzi basigaye bagira mu gukemura amakimbirane.
Bamwe mu batuye Akarere ka Gicumbi, bavuga ko kugeza ubu batarasobanukirwa ibijyanye n’umusoro w’ubutaka, kuko ngo kuva babaho nibwo babyumvise.