
Ibyo DR. Habumuremyi Damien umuyobozi wa Kaminuza yigenga ‘CUR’, yabigarutseho ubwo muri iyi kamunuza hatangizwaga umwaka wa mashuri wa 2017-2018, kuri uyu wa 25 Ukwakira 2017.
Yagize ati “erege reka nk’ubwire, inama nkuru y’mashuri makuru na Kaminuza HEC, siyo afunga amashuri, ahubwo yo icyo ikora ni igenzura, hari icyo twita clarification framework, yerekana neza ibyo ikigo kugirango kibe kaminuza kigomba kuba cyujuje.”
Arakomeza ati “HEC rero icyo ikora iragenzura ko ubyujuje, none se niba wowe wikoreye igenzura, ugasanga ntubyujuje, urumva atari wowe uzaba wifunze? Niwuzuza ibyo clarification framework igusaba, bazagufungira se bagushakaho iki?”
Uyu muyobozi akaba yabivuze ahumuriza abanyeshuri b’iki kigo, abasaba kumva ko nta bwoba bakwiye kugira bwo kuba hari kaminuza ziri guhagarikirwa amasomo cyangwa gufungwa burundu, ngo bibaze ko na CUR ariko bizayigendekera.
Abanyeshuri b’iyi Kaminuza bagaragaza impungenge ariko bagasaba abayobozi b’iyi kaminuza gukora ibyo biyemeje, kugirango ntibazatakaze umwanya.
Gatabazi Junior umwe mu banyeshuri ati “nta kuntu utagira impungenge, ubona abandi banyeshuri bafungirwa ibigo byabo, birababaza kuba watangiye umushinga wa kaminuza nukuntu uvuna, wagera hagati bati, turabahagaritse, ugasanga ahanini abanyeshuri nibo bigizeho ingaruka.”
Arongera ati “gusa kubera ko tuziko umuyobozi w’iyi kaminuza, amaze igihe kinini mu burezi, turizera ko izi mpungenge zizashira”.
Christian University of Rwanda, yatangiye mu kwezi kwa kabiri, uyu mwaka wa 2017, kugeza ubu ikaba ifite abanyeshuri 1000 batangiye kuyigamo, ikavuga ko yitegura kugaba amashami hirya no hino mu gihugu, aho yahereye mu karere ka Karongi.
Inkuru zijyanye na: Dr. Pierre Damien Habumuremyi
- Urukiko rwategetse ko Dr. Habumuremyi afungwa iminsi 30 by’agateganyo
- Dr. Habumuremyi yangiwe kuburanira mu muhezo
- Dr. Habumuremyi arahakana ibyaha aregwa, yasabye ko urubanza rubera mu muhezo
- MINEDUC yatangaje izindi Kaminuza ebyiri zahagaritswe
- Dr Habumuremyi yafunzwe ashinjwa gutanga sheki zitazigamiye n’ubuhemu
- CHENO irasaba aho gukorera hari ubwinyagamburiro
- Dr. Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe yahawe inshingano nshya
- Minisitiri w’Intebe yitabiriye inama ya COMESA i Kinshasa
- Minisitiri w’Intebe yamuritse igitabo yamagana abanyepolitiki boretse u Rwanda bashingiye ku mazuru
- Minisitiri w’Intebe arizeza ko “Ndi Umunyarwanda” itagenewe gushyira inkeke ku Bahutu
- Minisitiri w’Intebe Dr. Habumuremyi yikomye abapfobya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”
- Isura ya ruswa yaranze ubuyobozi bwo muri Afurika igomba kuvaho - Minisitiri Habumuremyi
- Minisitiri w’intebe arakangurira urubyiruko kuba ibisubizo ku bibazo aho kubitera
- Ministiri w’intebe yabwiye abashinjacyaha barahiye ko atari bo kamara nibadashishoza
- Gakenke: Minisitiri w’intebe yatangije kampanye y’iminsi igihumbi yo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi
- Minisitiri w’intebe arizera ko hari byinshi za kaminuza zakongera ku buhinzi bwo mu Rwanda
- Minisitiri w’Intebe yasuye abakomerekeye mu mpanuka yabereye i Kirehe
- Minisitiri w’Intebe arasaba Abanyarwanda kumenya igihugu aho gupfusha wikendi yabo mu tubari
- Minisitiri w’Intebe yaterwaga ipfunwe na Leta zakurikiye ubwigenge
- “Nta mahane abatuye habi bagomba guteza, imibare iteye ubwoba”, Ministiri w’Intebe
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|