Urubyiruko rw’Akarere ka Ruhango rwasobanuriwe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuva mu gihe cy’ubukoloni kugeza u Rwanda rubohowe, kugira ngo rubone aho ruhera rukura ubumenyi bwo kurinda ibyo u Rwanda rumaze kugeraho.
Dusabe Albert w’imyaka 28 wari ukurikiranyweho kwica umwarimu wa Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare, Dr. Muhirwe Karoro Charles, yarasiwe mu Murenge wa Cyeza, Akagari ka Kivumu, Umudugudu wa Musengo ahita apfa, nyuma yo kurwanya inzego z’umutekano.
Urukurikirane rw’iminsi irindwi uhereye tariki ya 07 kugeza ku ya 13 Mata 1994, rugaragaza ko hafi Abatutsi 50 mu za Komini Satinsyi, Gaseke, Ramba na Kibirira, ubu ni mu Karere ka Ngororero, bari bamaze kwicwa mu gihe gito, bigaragaza ko intandaro ya Jenoside yakorewe Abatutsi atari ihanurwa ry’indege yari itwaye Perezida (...)
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Muhanga mu yahoze ari Komini Nyabikene, ubu ni mu Murenge wa Kiyumba, Ndiza yatwarwagwa na sushefu Mbonyumutwa Dominique, bayifata nk’intebe ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Muhanga yarashe igisambo cyari cyikoreye televiziyo kirapfa, kikaba cyari gifite n’ibikoresho cyifashisha mu kwiba birimo inkota na rasoro yo gucukura inzu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burashishikariza abaturage bafite imishinga ishobora kubyara inyungu rusange, kwitegura kurushanwa kunononsora izaterwa inkunga na Leta, kugira ngo ifashe guha akazi abaturage.
Nyuma y’uko uko mu Murenge wa Cyeza, Akagari ka Kivumu Umudugudu wa Musengo, hatoraguwe umurambo w’umwarimu wigisha muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare, amakuru avuga ko bamwe mu bamwishe batangiye gutabwa muri yombi, ndetse batanga n’amakuru ku kagambane kabaye ngo yicwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko abaturage bangirijwe n’uruganda ruzakora sima rwa Anjia Prefabrication Ltd, bazishyurwa bitarenze ukwezi kwa Mata 2023 kuko bamaze kubarirwa imitungo yabo.
Abahinzi bibumbiye muri Koperative COPARWAMU na IABM zihinga igigori zikanatubura imbuto zabyo, baratangaza ko imihindagurikire y’ikirere yatumye batagera ku musaruro bifuza, kuko izuba ryavuye mu gihembwe cy’ihinga 2023A, ryatumue ibangurira ry’ibigori ritagenda neza.
Polisi mu Ntara y’Amajyepfo irahumuriza abaturage kudakurwa umutima n’ibikorwa by’ubwicanyi n’urugomo, mu gihe kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorwe Abatutsi byegereje.
Perezida wa Repubulika akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi Ashima ubwitange bw’Ingabo z’Inkotanyi nyuma y’urugamba rwo kubohora Igihugu bwatumye bamara imyaka ibiri badahembwa kuko nta mikoro Igihugu cyari gifite.
Mu Karere ka Karongi bizihije umunsi w’amazi, bataha ibikorwa byo kugeza amazi meza ku baturage batuye mu bice by’icyaro, byuzuye bitwaye amafaranga asaga Miliyari n’igice.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko ibisubizo ku iterambere rya Afurika bititabwaho, kuko uko bigomba kuboneka biba bigaragazwa n’ingamba zishyirwaho, ariko abagomba kubishyira mu bikorwa bakabikora nabi batabyitayeho.
Urubyiruko rw’abasore n’inkumi bagize icyiciro cya 10 cy’Intore z’Inkomezabigwi mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, rurahamya ko hari byinshi bigiye mu gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Kigali, n’Ingaro y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi.
Imiryango isaga ibihumbi bitanu yo mu mirenge itanu y’Akarere ka Muhanga itishoboye, imaze gubabwa ubufasha burimo n’amatungo magufi, ibiryamirwa n’ibyo kurya mu rwego rwo gufasha abana kwitabira ishuri.
Urubyiruko rw’abasore n’abakobwa barangije amashuri yisumbuye rumaze guhabwa amahugurwa ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, rukaba rwizera kwiteza imbere no gukora ubucukuzi butangiza ibidukikije.
Abanyamuryango ba Koperative ‘Abateraninkunga ba Sholi’ iherereye mu Murenge wa Cyeza, mu Karere ka Muhanga barasaba amashanyarazi yaborohereza mu ruganda rwabo rutunganya kawa, kugira ngo bagaruze miliyoni esheshatu bahomba buri mwaka.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga biyujurije iteme ribafasha kugeza umusaruro wabo ku isoko, rikanafasha imigenderanire, dore ko iryari rihari ryatwawe n’ibiza by’imvura bigahagarika ingendo z’ibinyabiziga.
Abakora kwa muganga mu bigo bitandukanye by’ubuzima mu Karere ka Muhanga, bibumbiye mu Ntore z’Impeshakurama z’Akarere ka Muhanga, bagobotse abari barabuze ubwishyu bw’igice cya kabiri cya Mituweli bakaba bagiye gukomeza kwivuza.
Abaturage bo mu Kagari ka Ruhinga mu Murenge wa Nyabimata mu Karere ka Nyaruguru, barishimira ivuriro bujurijwe rigiye kubafasha guhangana n’ikibazo cy’uburwayi bw’amenyo.
Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Isao Fukushima, avuga ko ashishikakajwe no kubona ikawa y’u Rwanda ikunzwe cyane ku isoko ry’iwabo, kuko bakunda kawa cyane kandi iyo mu Rwanda ifite uburyohe buhebuje kurusha izindi.
Perezida Kagame aratangaza ko atari kumwe n’abifuza ko u Rwanda ruba inzira y’ubusamo yo gukemura ibibazo bya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko icyo Gihugu ari cyo gifite umuti w’ibibazo byacyo.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana, avuga ko ubwicanyi burimo gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda by’Umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi, biri gusubiza inyuma Ubumwe bw’Abanyarwanda.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iratangaza ko kugira ngo ireme ry’uburezi rikenewe rigerweho, irimo kureba uko abiga uburezi baba bafite amanota menshi nk’uko bigenda mu yandi mashami yitabirwa, kugira ngo nibarangiza kwiga bazatange ireme rikenewe mu burezi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yihanangirije abayobozi bashaka gukira vuba, binyuze mu bujura bwitwikiriye gutombora, kuko bigira ingaruka ku bukungu bw’Igihugu kandi ababyishoyemo nabo bagahomba.
Mu Karere ka Ruhango haravugwa umukobwa witwa Niyogisubizo Jeannette wo mu Murenge wa Bweramana, Umudugudu wa Gakongoro ukekwaho kubyara umwana akamujugunya mu musanane, abatabaye bamukuramo yarangije kwitaba Imana.
Umukobwa w’imyaka 17 wo mu Karere ka Ruhango yasanzwe mu cyumba cye aho yararaga yapfuye, hakaba hataramenyekana icyo yazize kuko ngo ku munsi wo ku wa 24 Gashyantare 2023, yiriwe ari muzima.
Abanyeshuri basura Ikigo gishinzwe iterambere ry’inganda mu Rwanda (NIRDA), baravuga ko bahungukira ubumenyi bwiyongereye ku byo biga mu mashuri, kuko icyo kigo gifite ikoranabuhanga rihanitse kandi kakaba gakenewe mu byo biga n’ibyo bazakora basoje amasomo yabo.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe uburezi (REB), kirasaba ababyeyi gufasha abana kuzamura ubushobozi bw’ubumemyi binyuze mu mikino, kugira ngo ibyo umwarimu yamuhaye bibashe kuzamuka mu mpande zombi.
Mu Karere ka Ruhango, abagabo babiri bahanganiye mu mugezi w’Ururumanza, aho umwe avuga ko yahawe uburenganzira bwo kuwinuramo umucanga, naho mugenzi we akavuga ko na we asanzwe afite amasezerano n’Akarere ka Ruhango ko kuhakorera kandi atigeze ahagarikwa.