Abaturage bo mu Murenge wa Mbuye barishimira ikiraro cyo mu kirere bubakiwe ku mugezi w’Ururumanza, kikaba gihuza Akagari ka Mwendo na Gisanga, kizabarinda kongera gutwarwa n’amazi.
Ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Ngororero, JADF Isangano, baratangaza ko biyemeje kurandura igwingira mu bana, barushaho kwigisha abaturage kuko ibyo kurya byo bihari.
Abaturage b’akarere ka Kamonyi bakoresha umuhanda Rugobagoba-Mukunguri, barifuza ko umuhanda bagiye kubakirwa harebwa uko ushyirwamo kaburimbo, kuko gutsindagiramo igitaka gusa bitaramba kubera imodoka nini z’amakamyo ziwunyuramo zikawangiza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buratangaza ko butangira gutunganya umuhanda Rugobagoba-Mukunguri, ureshya na Km 19, uzakorwa ushyirwamo raterite ukazatwara amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari.
Ubuyobozi bw’ishuri rya Saint-Bourget TSS buratangaza ko abanyeshuri 16 bakoze impanuka tariki 05 Gicurasi 2024, bakajyanwa mu bitaro bya Kabgayi barimo boroherwa usibye umunyeshuri umwe wavunitse imbavu ebyiri.
Abana babiri b’abakobwa bo mu Murenge wa Ndaro mu Karere ka Ngororero bagwiriwe n’inzu bari baryamyemo bahasiga ubuzima, nyuma y’uko inkangu ikubise iyo nzu igasenyuka, tariki 03 Gicurasi 2024. Abapfuye umwe yari afite imyaka 18, undi afite imyaka 9.
Imbangukiragutabara (Ambulance) yo ku bitaro bya Remera-Rukoma, yari itwaye umurwayi iva ku kigo nderabuzima cya Kabuga, imujyanye kuri ibyo bitaro, yatwawe n’amazi y’umugezi uri hagati y’Imirenge ya Runda na Ngamba.
Mu Murenge wa Nyarusange mu Karere ka Muhanga ku rugomero rwa Nyabarongo, hatoraguwe umurambo w’umubyeyi uhetse umwana bapfuye, bigakwa ko batwawe na Nyabarongo.
Umunyeshuri wiga mu mashuri abanza wo mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, yagiye kwiga ku kigo cy’amashuri abanza cya Gatenzi yambaye ishati ya Polisi y’u Rwanda, ku wa Kane tariki 02 Gicurasi 2024, bitangaza benshi, dore ko ifoto ye yambaye iyo shati yakwirakwiriye ku mbuga nkoranyambaga.
Minisiteri y’ubuhinzi n’Ubworozi MINAGRI iratangaza ko mu kwezi kwa Nyakanya 2024 izasohora amabwiriza mashya agenga ubuvuzi bw’amatungo, mu rwego rwo kurwanya akajagari muri ubwo buvuzi, no kurushaho kwegereza abaturage serivisi z’ubuvuzi bw’amatungo binyuze mu mucyo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buratangaza ko hagiye gukorwa inyigo yo kubaka urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Birambo, mu rwego rwo gushyingura mu cyubahiro imibiri igenda iboneka no kugira urwibutso rwujuje ibiteganywa na Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE).
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero buratangaza ko kubera ikibazo cy’amikoro agishakishwa, nta gisubizo kihuse bwatanga ku kibazo cy’umugezi wa Nyabarongo wuzura ugafunga umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira.
Abafite ibigo by’ikoranabuhanga rijyanye n’uburezi bakoze za porogaramu zo gufasha abanyeshuri gusoma ibitabo, baravuga ko ryatumye babasha kugeza mu bigo by’amashuri ibitabo byo gusoma, byoroshya uburezi budaheza ku bana bafite ubumuga n’abatabufite.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu yahoze ari Komine Mugina, ubu ni mu Murenge wa Mugina mu Karere ka Kamonyi, barasaba ko bakubakirwa urwibutso rw’ababo bazize Jenoside, rugashyingurwamo imibiri y’Abatutsi isaga ibihumbi 55 isanzwe iri mu mva iri kuri Paruwasi ya Mugina, ndetse rukazajya rushyingurwamo n’indi mibiri (…)
Ikiganiro kigamije guteza imbere ikoranabuhanga mu burezi, EdTech Monday, kuri uyu wa Mbere tariki 29 Mata 2024, kiragaruka ku byakorwa ngo abikorera na Leta barusheho gufatanya guteza imbere ikoranabuhanga mu burezi, no ku bibazo bwikiye gukemurwa ngo urwo rugendo rugere ku ntego.
Uwibambe Alphonsine warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, utuye mu Mudugudu wa Gatwa, mu Kagari ka Gakoma mu Murenge wa Kiyumba, Akarere ka Muhanga, yahawe inzu yo guturamo n’inka yo kumukamira nyuma y’imyaka 30 aba mu nzu y’ubukode nta n’igicaniro agira.
Imibiri isaga 480 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi yari ishyinguye mu mva zo mu Murenge wa Kayumbu n’iyabonetse hirya no hino mu Mirenge ya Karama na Kayenzi, yimuriwe mu rwibutso rwa Jenoside rw’Akarere rwa Bunyonga rwubatse mu Murenge wa Karama, ishyingurwa mu cyubahiro.
Minisiteri y’Ubutegtsi bw’Igihugu iratangaza ko inzu y’amateka ya Jenoside ku Mayaga, ahahoze ari Komini Ntongwe, izatangira kubakwa umwaka utaha w’ingengo y’imari ku bufatanye bw’Akarere ka Ruhango n’Umuryango w’Abanyamayaga barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (AGSF).
Umuyobozi wungirije w’Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga Nshimiyimana Gilbert atangaza ko gushyingira abajenosideri bakomeye no kuba hari benshi bavukaga muri Komini Nyabikenke mu yahoze ari Perefegitura ya Gitarama, byatije umurindi kwihutisha Jenoside muri icyo gice.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA), uratangaza ko mu myaka 30, Leta imaze gushora amafaranga asaga Miliyari 427Frw mu bikorwa byo kuzamura imibereho myiza y’abarokotse Jenoside.
Umubyeyi witwa Akizanye Jacqueline warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Rongi, aratangaza ko amaraso y’umwana we bamutemeye mu mugongo, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, ari yo mbarutso yo kurokoka kwe.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Dushimimana Lambert, aratangaza ko iyo Leta ibaye mbi n’abaturage baba babi, yaba nziza bakaba beza nk’uko bigaragara kuri Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda imaze imyaka 30 yubaka ubumwe, bwasenywe na Leta zabanje za Repubulika ya mbere n’iya Kabiri.
Abayobozi mu Karere ka Muhanga barasaba urubyiruko gutinyuka, gusobanuza ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi rwabwiwe agoretse, kubera imiryango barerewemo yabahishe ukuri.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko yanyuzwe n’ibiganiro yagiranye na mugenzi we wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, ku kibazo cy’umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA) mu Karere ka Muhanga, uratangaza ko kugira ngo urwibutso rwa Kabgayi rwagurwe, hakenewe amafaranga asaga Miliyari imwe na Miliyoni ijana.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyarubaka mu Murenge wa Kamonyi, baturiye ikigo nderabuzima cya Nyagihamba, bashyikirijwe inzu ababyeyi babyariramo, ariko banifuza guhabwa imbangukiragutabara yo gufasha abagize ibibazo bisaba kujyanwa ku bitaro bifite ubushobozi.
Ababyeyi bafite abana bafite ubumuga bwa Autisme mu Karere ka Muhanga, barishimira kwegerezwa ikigo kibitaho cyitwa ‘Oroshya Autisme’, kuko n’ubwo kimaze igihe gito gitangiye gukora, abo babyeyi batangiye kubona abana babo bahindura ubuzima ugereranyije na mbere.
Abaturage bo mu Tugari twose tw’Akarere ka Kamonyi barimo gusoza amarushanwa y’imikino y’umupira w’amaguru, agamije ubukangurambaga kwitegura kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, no kuzuza ibisabwa ngo bazabashe kwitabira amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite ateganyijwe muri Nyakanga 2024.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buributsa abaturage n’abayobozi kwirinda ibyatuma ubumwe n’ubudaheranwa butagerwaho, bikaba byatuma Abanyarwanda bongera kwishora mu bikorwa bibi byaranze u Rwanda mu bihe bitandukanye byanatumye habaho Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hakicwa abasaga Miliyoni mu minsi 100.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko impamvu abaturage bamutora akemera gukomeza kubayobora, ari uko bo ubwabo baba basanga bikwiriye, kandi ko na we iyo aba asanga ntacyo bibamariye aba yaranze kwemera kwiyamamariza kongera kuyobora u Rwanda.