Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana yasobanuye ko kwimura amasaha yo gutangira umurimo akava saa mbili (08h00’) akagera saa tatu (09h00’) za mu gitondo bigamije kongera umusaruro aho korora ubunebwe.
Perezida Paul Kagame yakiriye indahiro ya Minisitiri mushya w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, amwibutsa ko inshingano ze zikwiye kuba zishyigikira ibikorwa biteza imbere umuturage.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, baravuga ko bashyigikiye gahunda ya Leta yo gufasha abaturage batishoboye gutura mu mijyi, aho kwimukira abafite amafaranga.
Abaturage bo mu Ntara y’Amajyepfo bibumbiye mu makoperative atandukanye ahinga ku butaka buhuje, baratangaza ko bishimiye guhabwa ifumbire y’ubuntu yo kubagaza ibigori n’indi myaka, mu rwego rwo kongera umusaruro.
Ikipe ya Volley Ball ya Sosiyeti ishinzwe ingufu z’amashanyarazi mu Rwanda (REG), REG VC yatsinze ikipe ya Gisagara VC amaseti atatu kuri abiri (3-2), mu mukino w’ikirarane wahuje amakipe yombi mu Karere ka Ruhango.
Koperative Umwalimu SACCO mu Karere ka Ruhango, yahembye abarimu bahize abandi mu kwiteza imbere binyuze mu ikoranabuhanga, gukoresha neza inguzanyo no kwibumbira mu bimina ku mashuri.
Umuyobozi w’Intara ya Rhenanie Palatinat yo mu Budage, Perezida-Minisitiri, Malu Dreyer, kimwe n’abandi, avuga ko abana bafite ubumuga bitaweho neza bavamo abantu bakomeye.
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Mujawamariya Jeanne d’Arc, arasaba abaturage guhindura imyumvire ku kubungabunga ibidukikije, kugira ngo hirindwe ingaruka zirimo no kubura imvura, bishobora guteza inzara mu bice bitandukanye.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa (FAO), riratangaza ko imidugararo n’imihindagurikire y’ibihe biri ku isonga mu bikomeje guteza inzara ku Isi, aho abaturage basaga miliyoni 270 ku mugabane wa Afurika bugarijwe n’inzara.
Inzego z’umutekano mu Karere ka Ruhango ziributsa abaturage kwirinda urugomo n’amakimbirane, kuko bivamo ibyaha bishobora gutuma umuntu afungwa burundu, bigateza impfu za hato na hato kandi bikagira ingaruka ku miryango.
Abashyitsi baturutse mu Ntara ya Rhenanie Palatinat, bayobowe na Minisitiri Perezida w’iyo Ntara, Malu Dreyer, basuye Igicumbi cy’Intwari z’Imena z’abanyeshuri b’i Nyange mu Karere ka Ngororero, bashyira indabo aho zishyinguye baranazunamira.
Umuvunyi mukuru, Nirere Madeleine, arasaba abayobozi b’inzego z’ibanze kudatererana ibibazo abaturage, kuko bigaragara ko ibibazo bageza ku buyobozi biba byoroshye gukemuka, ahubwo ugasanga abashinzwe kubikemura babihanahana.
Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwakatiye igifungo cya burundu Murwanashyaka Charles bitaga Gacumba, nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kwica umugore we Yankurije Vestine yabigambiriye, bakaba bari bafitanye umwana umwe.
Ababyeyi bo mu Karere ka Muhanga batishoboye bafite abana bafite ubumuga, barifuza ko abo bana bashyirirwaho gahunda yihariye yo kuboneza imirire, kuko iyo bayinjijwemo bakoroherwa bagasubira mu miryango yabo bongera gusubira mu mirire mibi.
Abanyarwanda basaga Miliyoni ebyiri ni bo bamaze gutanga imisanzu yo kwiteganyiriza muri EjoHeza, bakaba bamaze gutanga imisanzu isaga Miliyari 35Frw, mu gihe cy’imyaka itatu n’igice iyo gahunda itangijwe mu Gihugu.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François na Maj. Gen. Alexis Kagame, barasaba abayobozi b’inzego z’ibanze kudahutaza abaturage mu kwishyura EjoHeza, kuko ubwo bwiteganyirize bugibwamo n’ubushaka.
Impuzamiryango Pro-Femmes Twese Hamwe, iratangaza ko hari ibyagaragaye mu muco nyarwanda bibangamiye ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bishingiye ku nkwano.
Mu Karere ka Muhanga hari abagabo bavuga ko iterambere ry’abagore ari ishingiro ry’iterambere ry’umuryango, kuko icyo umugore afite kiba ari icy’abagabo n’umuryango wose muri rusange.
Uruganda rw’umuceri rwa Gafunzo rwaremeye inka umubyeyi warokotse Jenoside yakorewe Abatusti mu 1994, mu rwego rwo kumufasha kwiteza imbere no kwishimira ko abagore bafite uruhare mu iterambere ry’Igihugu.
Impuguke mu bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe zitangaza ko umuntu wese avuka nta bibazo byo mu mutwe afite, uretse ibishobora kumufata mu nzira yo kuvuka, cyangwa amaze kuvuka nk’ibikomoka ku kuba avutse ananiwe.
Impuguke mu by’ubuzima bwo mu mutwe zitangaza ko hari ibibazo biteza uburwayi bwo mu mutwe bishobora kwirindwa, birimo amakimbirane yo mu miryango n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.
Ishuri ryisumbuye rya College Karambi mu Karere ka Ruhango ryahawe ibikoresho bya Laboratwari by’agaciro ka miliyoni 21frw, nyuma yo kongererwa amashami yigisha siyansi, ahuje mu binyabuzima, ubutabire, ubugenge ndetse n’ibinyabuzima.
Abagize urugaga rw’urubyiruko rushamikiye ku Muryango FPR-Inkotanyi mu Karere ka Muhanga, baravuga ko bagiye kugana ibigo by’imari bakaka inguzanyo zabafasha kwiteza imbere, nyuma yo kugaragarizwa amahirwe bafite ku nguzanyo zidasaba ingwate ziboneka mu mirenge SACCO.
Bayiringire Elysée w’imyaka 13 wo mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga, agiye gutangira mu mwaka wa mbere w’amashuri y’incuke akererewe, kubera ubumuga bwo mu mutwe bwatumye atamenya kuvuga kandi n’ingingo ze zikaba zidakora neza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buratangaza ko bitarenze ukwezi k’Ukwakira 2022, ikigo nderabuzima cya Kayumbu kizaba cyatangiye kwakira ibikoresho by’ibanze, nyuma y’umwaka umwe gitangiye gukora, bikaba bitangajwe nyuma y’aho hari amafoto yagaragaye yerekana ko abakozi b’icyo kigo badafite intebe n’ameza.
Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda Hon. Omar Daair, arashima uko urwego abahinzi bagezeho mu gutegura imihigo ijyanye n’igenamigambi ry’ubuhinzi, hashingiwe ku bitekerezo by’abaturage byakusanyijwe n’abaturage.
Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Ruhango, SP Sano Nkeramugaba, avuga ko kuba amarondo adakorwa neza bitiza umurindi ibyaha birimo ubujura, urugomo n’ibindi byaha bihungabanya umutekano mu Karere ka Ruhango.
Umuyobozi muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha mu Rwanda, Kubana Richard, avuga ko kubera kutarwanya isuri, impuguke zerekanye ko umugezi wa Nyabarongo wonyine buri segonda utwara ibilo 48 by’ubutaka bwera, agasaba abaturage kurushaho kurwanya isuri.
Abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Muhanga (JADF Muhanga), baravuga ko bagiye kongera imbaraga mu bikorwa bigamije guteza imbere akarere, bizatuma ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage bibonerwa ibisubizo.
Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’ubutabazi, Marie Solange Kayisire, avuga ko ikibazo cy’igwingira ry’abana mu Karere ka Ngororero, ari icyasha kitari gikwiye kuko ibikenewe mu kurwanya imirire mibi bihari.