Guverinoma y’u Rwanda igaragaza ko Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gikomeje guhembera ingengabitekerezo ya Jenoside, hagamijwe gutsemba ubwoko bw’Abatutsi batuye muri icyo Gihugu.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwafunze umukozi w’Intara y’Amajyepfo witwa Kabera Vedaste akekwaho gutanga ruswa, nyuma yo guha umugenzacyaha amafaranga atatangajwe umubare kubera dosiye Kabera yari asanzwe akurikiranweho.
Minisitiri w’Ubucurzi n’Inganda (MINICOM), Ngabitsinze Jean Chrysostome, yemereye abikorera mu Karere ka Muhanga, ko mu gihe gito icyanya cy’inganda kiba cyatunganyijwe kugira ngo abagishoyemo imari boroherwe no kugezamo ibikoresho, no kubona ingufu z’amashanyarazi n’amazi bihagije ngo zikore neza.
Umunyeshuri witwa Umuraza Germaine wigaga mu Kigo cy’Amashuri cya ESPANYA Nyanza, yashyinguwe iwabo mu Karere ka Ruhango mu Murenge wa Byimana, nyuma yo kuremba mu buryo butunguranye agahita yitaba Imana aguye kwa muganga.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, aratangaza ko kompanyi yari yatsindiye isoko ryo gukora imihanda ya kaburimbo ku bilometero hafi birindwi mu Mujyi wa Muhanga, ari na yo izirengera igihombo cyo kuwusubiramo nk’uko bikubiye mu masezerano y’isoko yagiranye n’Akarere.
Ikigo cy’Igihugu gihinzwe Ubuzima (RBC), kirasaba Abanyarwanda kwirinda ibihuha bigaragara ku mbuga nkoranyambaga bivuga ko Covid-19 yagarutse, ahanini bshingiye ku biherutse gusakara, bivuga ko mu Ntara y’Iburengerazuba hapimwe abantu benshi bikagaragara ko icyo cyorezo gihari.
Abanyeshuri 72 biga mu ishuri ry’Indangaburezi mu Karere ka Ruhango, nibo bamaze kujyanwa kwa muganga, kubera indwara y’ibicurane iri kubafata bakaremba, ku buryo bisa nk’ibidasanzwe muri icyo kigo.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, burasaba abafite inzu bacumbikira abantu by’igihe kirekire (abapangayi), kumenya no kugenzura imyitwarire y’abaza gucumbika kugira ngo bafashe inzego z’umutekano gutahura amabandi, n’abandi bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr. Thierry Murangira, avuga ko hifashishijwe urubanza ruherutse gucibwa n’Urukiko rw’Ikirenga aho uwitwa Murangwa Edouard yasabaga ko hari ingingo zimwe zijyanye n’isaka.
Abahebyi ni izina ry’abakora ubucukuzi bw’amabuye butemewe mu Karere ka Muhanga, kubera ko ubwabo basa nk’abanga ubuzima bwabo, kuko ingaruka za mbere bakura muri ubwo bucukuzi ari impfu za hato na hato.
Abayobozi mu Turere tw’Intara y’Amajyepfo baratangaza ko Kaminuza yigisha ibyerekeranye n’ubukerarugendo n’amahoteli (UTB) izagira uruhare mu kuzamura ubukerarugendo mu bice bisanzwe bibumbatiye amateka y’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi n’abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye, baganiriye ku mbogamizi zagaragaye mu gihembwe cya mbere cy’umwaka w’amashuri 2023-2024, ngo barebere hamwe uko zakemuka.
Umuturage umwe wari ucumbitse mu Murenge wa Nyarusange, mu Kagari ka Rusovu mu Mudugudu wa Mututu, yagwiriwe n’ikirombe cyo muri uwo Mudugudu, ubwo yari yajyanyemo na mugenzi we mu bikorwa by’ubucukuzi butemewe, inzego z’ubuyobozi ku bufatanye n’abaturage bakaba barimo gukora ibishoboka ngo abe yakurwamo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero buratangaza ko amarushanwa Umurenge Kagame Cup, azagira uruhare mu gutahura impano z’abakiri bato ngo bazabashe guherwaho bashinga ikipe y’Akarere.
Mu Karere ka Ngororero hari urujijo hagati y’umubyeyi n’umwana we watewe inda ku myaka 15 y’amavuko, ndetse n’Ikigo cya Isange One Stop Centre ku gufata umwanzuro wo gukuramo inda y’uwo mwana kuko bikekwa ko yaba yarayitewe na nyirarume.
Mu mwaka wa 2023 nibwo abari bagize umutwe wa MLCD ya Rusesabagina na FLN wari umutwe wayo wa gisirikare, uko ari 21 barekuwe ku mbabazi za Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
Abagenzi bategera imodoka muri Gare ya Muhanga, berekeza mu Ntara y’Iburengerazuba mu Turere twa Karongi, Nyamasheke na Rusizi baravuga ko mu mpera z’icyumweru babuze imodoka kubera ingendo z’abajya kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka no gutangira undi.
Impanuka ebyiri zabereye mu Karere ka Kamonyi mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatandatu ndetse na mu gitondo cyo kuri uyu wa 30 Ukuboza 2023, zaguyemo abantu batandatu, abandi barakomereka.
Kwigira Felicien wabaye Perefe wa gatanu wa Perefegitura ya Gitarama, yitabye Imana ku myaka 92 azize uburwayi, akaba yari atuye mu Murenge wa Nyarusange mu Karere ka Muhanga.
Ihuriro ry’abahinzi b’imyumbati mu Rwanda (Syndicat Ingabo), rirasaba bahinzi b’imyumbati kugira uruhare mu gukemura ibibazo bahura nabyo, mu ruhererekane nyongeragaciro ku gihingwa cy’umwumbati, kugira ngo babashe kongera umusaruro.
Abatuye Umujyi wa Muhanga bari bategereje ko umuhanzi uzwi nka Papa Cyangwe, aza kubataramira mu ijoro rya Noheli ku wa 25 Ukuboza 2025, baramutegereje baramubura nyuma yo kwishyura amafaranga 1000 yo kwinjira ahari hateganyijwe.
Abacuruzi b’ibirayi n’abaguzi babyo mu Mujyi wa Muhanga baravuga ko guhera ku wa 22 kugeza ku wa 23 Ukuboza 2023, ibirayi byabuze ku isoko kubera ko ababikura ku makusanyirizo yabyo mu Majyaruguru n’Iburengerazuba babujijwe kubizana, kubera ko nta nyemezabwishyu za EBM (Electronic Belling Machine) bafite.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buratangaza ko burimo kwiga uko urubyiruko rurangiza kwiga imyuga n’ubumenyingiro, rwahuzwa n’umurimo mu rwego rwo kugabanya ikigero cy’ubushomeri mu bakiri bato.
Abantu bane bapfiriye mu kigega cy’amazi cy’ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyanza, ubwo bari bagiye kugikorera isuku.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, aratangaza ko Abanyarwanda badakwiye guterwa ubwoba no kwakira abimukira bazava mu Gihugu cy’u Bwongereza, kuko usibye kuba u Rwanda rufite umutima wo gufasha abari mu kaga, abo bimukira bazanagira uruhare mu iterambere ry’Igihugu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga n’abafatanyabikorwa bako mu iterambere (JADF), bafashe ingamba nshya zo kurandura ubukene bukabije mu baturage ku buryo burambye.
Abarimu bakorana na Koperative Umwalimu SACCO barasaba ko inguzanyo ku mushahara bahabwa, yahuzwa n’umushahara wabo, kuko abasaba izo nguzanyo bemererwa atarenze miliyoni eshatu n’igice gusa.
Abacukuzi b’amabuye y’agaciro bakorera mu Karere ka Muhanga, baratangaza ko bagiye gutangira gutera inkunga ikipe ya AS Muhanga yamanutse ikajya mu cyiciro cya kabiri.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buherutse gutangaza ko hari ibiti byera imbuto ziribwa n’ibivangwa n’imyaka bisaga ibihumbi 700 bigenewe abaturage bigomba gutangwa bitarenze uku kwezi k’Ukuboza 2023, mu rwego rwo gufasha abaturage kongera umusaruro w’imbuto no kwiteza imbere.
Abangavu 78 batewe inda bakiri basoje amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro mu ishuri rya TSS Ntongwe, barashimira inkunga batewe na Banki ya Kigali (BK) binyuze muri BK Foundation, bakaba bagiye kwerekeza ku isoko ry’umurimo.