Nyuma yo kwakira indahiro z’abanditsi b’Inkiko za gisirikare kuri uyu wa mbere tariki 24/11/2014, Ministiri w’ingabo, Gen James Kabarebe yabijeje kutazabura ibikoresho n’ubumenyi, kugira ngo ubutabera bwa gisirikare bushobore kwihutisha imanza no gukora mu buryo bugezweho.
Mu gikorwa ngaruka mwaka cya paruwasi ya Mushaka muri Diyosezi ya Cyangugu, ku wa 23/11/2014, yerekanye abagarukiramana 13 bemeye kandi bagasaba imbabazi abo bahemukiye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.
Umukecuru witwa Ziripa Nyiramakuba wakubiswe n’umunyamabanga nshigwabikorwa w’Akagari ka Ruhinga, Umurenge wa Mugano, Akarere ka Nyamagabe witwa Bosco Harerimana, arasaba kurenganurwa akishyurwa amafaranga y’indishyi yemerewe.
N’ubwo abanyehuye bishimira ko hari byinshi byiza bagezwaho na serivisi z’ubutabera, baracyafite imbogamizi yo kuba hari bamwe batemerewe kuburanira mu rukiko rw’ibanze rwo mu karere batuyemo, ahubwo bakajya kuburanira mu rwo mu Karere ka Gisagara.
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 18/11/2014, urukiko rwisumbuye rwa Rusizi rwarekuye by’agateganyo umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bushenge, Bizuru Isaac ndetse n’umucungamutungo wa Sacco ya Bushenge, Kimazi Jimmy, mu gihe uwari uhagarariye VUP mu Bushenge yakatiwe gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Umugabo witwa Nzabonimpa Jean Pierre wahoze ari umuyobozi w’akagali ka Kabona ko mu murenge wa Rusebeya yafashwe n’inzego z’umutekano tariki 15/11/2014 azira ko yari yaratorotse igifungo cy’amezi 9 yakatiwe n’urukiko.
Komisiyo ya politiki n’imiyoborere myiza muri Sena y’u Rwanda irashima intambwe inzego z’ubutabera zikorera mu karere ka Rusizi zimaze gutera mu guha abaturage ubutabera bubakwiriye kuko nta bibazo byinshi by’imanza bigisiragiza abaturage bikigaragara.
Itsinda ry’abacamanza bo muri Kenya bagiriye urugendo-shuli mu ishuli rikuru ryo guteza imbere amategeko (ILPD) riri mu karere ka Nyanza baje kwigira ku mikorere y’ubucamanza mu Rwanda, kuri uyu wa gatanu tariki 14/11/2014
U Rwanda rugiye gutangira kubaka ubutabera bugendera ku mategeko mpuzamahanga, uburenganzira bwa muntu no gukorera mu mucyo rubifashijwemo na guverinoma y’u Buholandi, nyuma y’uko basinye amasezerano y’imikoranire yimbitse mu butabera.
Ishuri rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko (Institute of Legal Practice and Development/ILPD) riherereye mu karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo ryashyiriyeho amahirwe abunganira abandi mu nkiko (Abavoka) bemererwa kujya biga mu mpera z’icyumweru amasomo arebana n’ubumenyi ngiro mu by’amategeko.
Uwahoze ari umukozi wa banki ya Kigali, akaba n’umucugungamutungo w’ishami rya Nyamasheke ahitwa mu i Tyazo, yakatiwe gufungwa by’agateganyo iminsi 30 n’urukiko rwa Rusizi , mu gihe agitegereje kuburana mu mizi ku byaha ashinjwa.
Kuri uyu wa 04/11/2014, Urukiko rw’Ibanze rwa Bwishyura ruhagarariwe na Perezida warwo, Tuyisenge Jean Claude, rwaburanishije uwitwa Rukundo Jean wo mu Murenge wa Gitesi mu Karere ka Karongi ku cyaha ubushinjacyaha bumukurikiranyeho cy’ubwinjiracyaha ku cyaha cy’ubwicanyi, maze ubushinjacyaha bumusabira gufungwa (…)
Urukiko rw’ibanze rwa Busasamana mu karere ka Nyanza rwakatiye umugabo witwa Gasana Gaddy ukurikiranweho gutwika umwana we ibiganza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo muri gereza ya Huye, mu gihe urubanze rwe rugitegereje kuburanishwa mu mizi.
Minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) yijeje ko inzego z’ubutabera zizakora mu buryo bwubahiriza ibipimo mpuzamahanga zibifashijwemo n’inkunga yatanzwe n’igihugu cy’u Buholandi ingana n’amayero miliyoni 20 € ahwanye n’amafaranga y’u Rwanda miliyari 17.3.
Ministiri w’intebe, Anastase Murekezi, yamenyesheje Abacamanza n’Abashinjacyaha mu nkiko za gisirikare barahiye kuri uyu wa 22/10/2014, ko akazi bagiyemo gakomeye, kuko ngo bagomba kubahiriza ubutabera, ubusugire bw’igihugu n’uburenganzira bw’ibanze bwa muntu.
Umugabo witwa Evariste Mutangana arashinjwa icyaha cy’ubwicanyi aho akekwaho kwica uwitwa Alphonse Nsabimana nyuma yo kumuniga yarangiza akamutemagura mu ijosi akamuta mu muferege tariki ya 27/06/2014.
Abaturage bo mu karere ka Burera barasabwa kugirira icyizere Inteko y’Abunzi bakareka kujya mu nkiko kuko amagarama y’urubanza ari menshi ndetse no gushaka abababuranira (avocats) nabyo bikaba bihenze.
Umugabo witwa Daniel Ntibarihuga wo mu mudugudu wa Nyagasozi, akagari ka Ruhanga umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe, kuwa 17/10/2014 yakatiwe igifungo cya burundu nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umugore we amukubise isuka mu mutwe.
Abatuye akarere ka Gisagara ndetse n’ubuyobozi bw’aka karere baratangaza ko kuva aho abunzi batangiriye gukora, ubuzima bwabo bugenda buhinduka, amakimbirane akaba make, no gusiragira mu buyobozi bikagabanuka abantu bakoresha umwanya wabo biteza imbere.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Kamonyi Emmanuel Bahizi hamwe n’abandi batatu bari bafunganwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamabuye mu karere ka Muhanga barekuwe by’agateganyo n’urukuko rwisumbuye rwa Muhanga ku mugoroba wa tariki 16/10/2014.
Abanyeshuri babiri b’abakobwa biga mu mwaka wa gatandatu mu rwunge rw’amashuri rwa Gatagara, i Huye, bakurikiranyweho icyaha cyo gutera mugenzi wabo bigana ubwoba bamwandikira ubutumwa bugufi kuri telefone bamubwira ko bazamwica, kandi ko batazatuma akora ibizamini bya Leta.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe Abunzi tariki 13/10/2013, Minisitiri w’ubutabera Busingye Johnston yasabye abaturage kubaha ibyemezo by’Abunzi n’imyanzuro baba bafashe, nubwo byaba bitabashimishije maze bakagana inzego zisumbuye.
Abunzi bo mu murenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke bavuga ko bagifite ikibazo cyo kubona uko bagera aho ibibazo bakemura biri, bityo bikadindiza imikorere yabo bituma badaha abaturage ubufasha bwose vuba baba babakeneyeho.
Sebanani Vincent wahoze ari umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge mu karere ka Nyaruguru arasaba akarere kumwishyura amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 13 yatsindiye mu rukiko nyuma yo kwirukanwa mu kazi mu buryo butubahirije amategeko.
Kuri uyu wa kane tariki 09/10/2014, Umugabo witwa Daniel Ntibarihuga wo mu mudugudu wa Nyagasozi, akagari ka Ruhanga umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe yemeye icyaha cyo kwica umugore we asabirwa igifungo cya burundu.
Urukiko rukuru rwa gisirikare ruri i Kanombe rwavuze ko urukiko rw’ibanze rwa gisirikare ruri i Nyamirambo rutibeshye ku kuba rwarakatiye igifungo cy’agateganyo cy’iminsi 30, abasirikare bakuru ari bo Brig Gen Frank Rusagara, Col Tom Byabagamba na Sgt François Kabayiza.
Urwego rw’abunzi mu murenge wa Gikomero mu karere ka Gasabo rurashimirwa uburyo rwagabanyije ku buryo bugaragara ibibazo bigaragara mu baturage ahanini bishingiye ku makimbirane y’ubutaka, ku buryo muri uku kwezi kwahariwe imiyoborere myiza nta bibazo by’ingutu uyu murenge wakiriye.
Umugabo witwa Ruhamya Yohani wo mu kagari ka Nyarurema, umurenge wa Gatunda mu karere ka Nyagatare arashinjwa kwihakana umukazana we Mutezimana Claudine n’abana yabyaye agamije kwikubira imitungo.
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 7/10/2014 nibwo urukiko rukuru rwa Gisirikari ruherereye i Kanombe rwumvise ubujurire bw’abasirikari bakuru Col Tom Byabagamba, Brig Gen Frank Rusagara utakiri mu gisirikari ndetse n’umushoferi we Sgt François Kabayiza nawe utakiri mu gisirikari ku ifungwa ry’agateganyo bakatiwe n’urukiko (…)
Kaporari (Cpl) Habiyambere Emmanuel ukurikiranyeho icyaha cyo kurasa abantu mu kabari ka Caribana mu mujyi wa Gisenyi mu rucyerera rw’itariki ya 22/9/2014, kuri uyu wa kabiri tariki ya 07/10/2014 yagejejwe imbere y’ubutabera kugira ngo akurikiranweho ibyaha aregwa.