Abakobwa bo mu karere ka Nyanza bari mu muryango FPR-Inkotanyi baritegura kuzegukana igikombe mu mupira w’amaguru mu Ntara y’Amajyepfo cyateguwe mu rwego rwo kwizihiza imyaka 25 ishize uwo muryango uvutse.
Umutoza w’ikipe y’igihugu, Milutin Micho, yatangaje ko nta mukinnyi n’umwe ukina ku mugabane w’Uburayi azakoresha mu gikombe cya CECAFA izabera i Kampala kuva tariki 24/11-8/12/2012.
Uwahoze ari umutoza muri Rayon Sport no mu ikipe y’igihugu, Ntagwabira Jean Marie, yandikiye Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ajuririra igihano cyo guhagarikwa imyaka itanu yahawe kubera gushinjwa icyaha cyo gutanga ruswa.
Kuri uyu wa kane tariki 08/11/2012 nibwo Kapiteni w’ikipe y’igihugu (Amavubi), Olivier Karekezi, yahagurutse i Kigali yerekeza muri Tuniziya aho agiye gukinira ikipe ye nshya Club Atletique de Bizertin iherereye mu Majyaruguru y’icyo gihugu.
Ku munsi wa kabiri w’isiganwa nyafurika ribera muri Burkina Faso, kuri uyu wa kane tariki 08/11/2012, Umunyarwanda Valens Ndayisenga yegukanye umwanya wa gatanu mu gusiganwa ku giti cye (course contre la montre individuel) mu batarengeje imyaka 18.
Ku rutonde rw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) rwasohotse tariki 07/11/2012, U Rwanda rwazamutseho imyanya ibiri aho rwavuye ku mwanya wa 124 rugera ku mwanya wa 122.
Ku munsi wa mbere w’isiganwa nyafurika ririmo kubera i Ouagadougou muri Burkina Faso, kuri uyu wa gatatu tariki 07/11/2012, ikipe y’u Rwanda yafashe umwanya wa karindwi mu gusiganwa habarwa ibihe buri kipe yakoresheje (course contre la montre).
Nyuma y’igihe kinini shampiyona ya Basketball mu rwego rw’abagore yaratinze gutangira, ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) yatangaje ko izatangira tariki 18 /11/2012.
Mutokambali Moise wakurikiranaga ubuzima bwa buri munsi bw’ikipe y’igihugu (Team Manager) ni we wagizwe umutoza mukuru w’ikipe y’igihugu y’abagabo mu mukino wa basketball akaba yungirijwe na John Bahufite usanzwe atoza Espoir Basketball Club.
Ubwo abakinnyi b’ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagere bari mu rugendo berekeza i Ouagadougou muri Burkina Faso mu isiganwa nyafurika, bataye imitwaro yabo irimo n’amagare ku kibuga cy’indege cya Addis Ababa muri Ethiopia.
Djabiri Mutarambirwa ukina hagati mu ikipe ya Kiyovu Sport yahamagawe mu ikipe y’igihugu Amavubi nyuma y’igihe kirekire asaba ko yahamagarwa, dore ko atahwemye kugaragaza ko ari umwe mu bakinnyi beza bakina hagati mu Rwanda.
Kuri uyu wa mbere tariki 05/11/2012, abakinnyi 24 b’ikipe y’igihugu Amavubi batangiye umwiherero w’imyitozo bitegura gukina umukino wa gicuti na Nambina ndetse n’imikino y’igikombe cya CECAFA izabera muri Uganda kuva tariki 24/11/2012.
Police FC yabonye amanota atatu y’umunsi wa munani wa shampiyona bigoranye nyuma yo gutsinda Etincelles ibitego 3-2 mu mukino waranzwe n’ishyaka ryinshi wabereye ku Kicukiro ku cyumweru tariki 04/11/2012.
Ikipe ya Mukura Victory Sport yasezereye umutoza Emmanuel Ruremesha kubera umusaruro mubi, maze ahita asimburwa n’Umurundi Kaze Cedric watozaga Atletico FC y’i Bujumbura.
Nyuma yo gutakaza umwanya wa mbere ubwo yatsindwaga na Espoir BBC, Kigali Basketball Club (KBC) yongeye gutakaza amanota imbere ya APR BBC ubwo yayitsindaga amanota 87-78 tariki 02/11/2012.
Mu ijoro rishyira kuri icyi cyumweru tariki 04/11/2012 nibwo ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare yahagurutse i Kigali yerekeza Ouagadougou muri Burkina Faso, aho igiye kwitabira isiganwa nyafurika rizatangira tariki 06/11/2012.
Ku munsi wa munani wa shampiyona tariki 03/11/2012, Rayon Sport yatsinze mukeba wayo Kiyovu Sport ibitego 3-1 mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro i Remera, naho APR FC inganya n’Amagaju mu mukino wabereye ku Mumena.
Myugariro w’ikipe y’igihugu ya Benin, Khaled Adenonk, wahagaritswe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi FIFA kubera kurwana mu mukino wahuje u Rwanda na Benin i Kigali, yatangaje ko azaburana kugeza atsinze.
Mu gihugu cya Leta Zunze ubumwe z’Amerika zasohowe filime yitwa Rising From Ashes ivuga ku ikipe y’igihugu y’u Rwanda (Team Rwanda) y’umukino wo gusiganwa ku magare.
Umutoza wa Kiyovu Sport, Kayiranga Baptitse, yihaye intego yo gutsinda Rayon Sport mu rwego rwo gukomeza kuza ku isonga muri shampiyona, no kugaragaza ko Kiyovu Sports idatsinda amakipe matoya gusa, ahubwo ko ihangara n’ay’ibihangange.
Ikigo cya COBANGA (College Baptiste de Ngarama) giherereye mu Murenge wa Ngarama mu karere ka Gatsibo ni kimwe mu bigo byigenga bititabira imikino muri ako karere kubera ko hari ikibuga kimwe gusa nacyo cya Volleyball.
Kuri uyu wa kane tariki 01/11/2012, Minisitiri wa Siporo n’umuco, Protais Mitali n’umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda FERWACY Aimable Bayingana barasura abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare, aho bari mu myitozo i Musanze bitegura kwerekeza mu isiganwa rizabera Ouagadougou muri Burkina Faso.
Adrien Niyonshuti, Abraham Ruhumuriza, Hadi Janvier na Biziyaremye Joseph ni bo banyarwanda bazahagararira igihugu muri shampiyona nyafurika yo gusiganwa ku magare (Tour de Faso) izaba mu kwezi kwa 11 muri Burkinafaso.
Nyuma y’aho uwatozaga ikipe y’igihugu y’abagabo n’abagore mu byiciro bitandukanye bya basketball, Nenad Amanovc, yirukaniwe ako kazi kagiye guhabwa abatoza b’abanyarwanda by’agateganyo mu gihe hagishakishwa umutoza w’igihe kirambye.
Umukinnyi Kabange Twite wari umaze iminsi nta kipe afite nyuma yo kutongererwa amasezerano mu ikipe ya APR FC, kuri ubu arashakishwa n’ikipe ya Yanga African.
Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) n’ikinyamakuru France Football bashyize ahagaragara urutonde rw’abakandida ku mupira wa zahabu mu bagabo, urutonde ruyobowe n’umunya-Argentine, Lionel Messi, uwufite inshuro eshatu zikurikiranya.
Kiyovu Sport yakomeje kuyobora urutonde rwa shampiyona by’agateganyo, nyuma yo gutsinda Mukura VS igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa karindwi wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku Cyumweru tariki 28/10/2012.
Uruganda Blarirwa rwatanze Miliyoni 160 z’amafaranga y’u Rwanda mu rwego rwo gutera inkunga shampiyona y’u Rwanda y’umupira w’amaguru, rubinyujije mu kinyobwa cya Primus, kuwa Gatanu tariki ya 26/10/2012.
Ikipe ya Etincelles na mukeba wayo Marine FC zimaze iminsi zitsindwa, zigiye guhura mu mukino wa shampiyona uzaba ku Cyumweru tariki 28/10/2012 kuri stade Umuganda i Rubavu.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 27/10/2012, ubwo shampiyona ya basketball ikomeza, hateganyijwe umukino ukomeye uhuza Kigali Basketball Club (KBC) na Espoir BBC kuri Stade ntoya i Remera.