Mu rwego rwo gufasha abakinnyi kumenyera gukora amarushanwa menshi ashoboka, ishyirahamwe ry’umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY) ryashyizeho gahunda yo kuzajya hakorwa nibura irushanwa rimwe buri kwezi.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Zambia (FAZ) ryemeye ubusabe bwa FERWAFA bwo gukina umukino wa gicuti hagati y’ikipe yabo nkuru ya Chipolopolo n’ikipe y’u Rwanda Amavubi ku wa 29 Werurwe 2015 i Lusaka.
Ikipe ya Rayon Sports yanganyije n’Isonga iri ku mwanya wa nyuma ubusa ku busa, mu mukino w’ikirarane wabereye kuri Sitade ya Muhanga.
Abakinnyi 14 bagize ikipe y’igihugu ya Handball izerekeza muri Ethiopia mu mikino y’akarere ka gatanu izabera muri Ethiopia bamaze gutangazwa.
Umufaransa Raymond Domenech wari wifuje gutoza ikipe y’igihugu Amavubi aratangaza ko we iyo yifuza cyane ari ikipe y’igihugu ya Ireland.
Nyuma y’umunsi wa kane wa Shampiona y’umukino wa Volleyball mu Rwanda, ikipe ya INATEK mu bagabo iraza ku mwanya wa mbere mu gihe mu bagore Rwanda Revenue Authority ari yo iyoboye.
Mu gitondo cyo ku wa 02/03/2015, abakinnyi b’ikipe ya Espoir FC banze gukora imyitozo kubera ko bamaze igihe cy’amezi 2 badahembwa.
Nyuma yo gutsinda ikipe ya Panthere du Ndé igitego kimwe mu mukino ubanza, ikipe ya Rayon Sports yongeye kuyitsinda igitego kimwe ku busa mu mukino wo kwishyura.
Muri Shampiyona ya Volleyball yakomeje tariki 28 Gashyantare na 01 Werurwe Kirehe VC yongeye gutsindwa na Kigali VC i Kirehe kuri iki cyumweru seti 3-0 nyuma yo gutsindwa ku wa gatandatu bigoranye na APR VC sets 3-2.
Nyuma yo gusezerera Liga Desportiva Muçulmana de Maputo, Umutoza Wungirije wa APR FC aravuga ko afite icyizere cyo kuzasezerera Al Ahl yo mu Misiri kuko ngo atari ikipe iva mu ijuru.
Imikino y’umunsi wa munani wa shampiona y’umukino w’intoki wa Basketball yasubitswe nyuma y’impanuka yabereye mu Karere ka Kamonyi ku wa 1 Werurwe 2015 igahitana umukinnyi wa Kigali Basketball Club witwa RUTAYISIRE Jean Guy
Ikipe y’abafite ubumuga yo mu Karere ka Gicumbi ya “Gicumbi Stars” irasaba ko yakwitabwaho kugirango ibashe kuzamuka mu makipe akomeye yo mugihugu na yo ikajya ijyenerwa ingengo y’imari.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa 27 Gashyantare 2015, abakinnyi batatu bagize Ikipe y’Igihugu ya Karate, berekeje mu Misiri kwitabira amarushannwa yo ku rwego mpuzamahanga azwi nka Karate open Champion’s League.
Kuri uyu wa 26 Gashyantare 2015 ubwo Ikipe ya Panthere du Ndé yo muri Cameroon yageraga mu Rwanda isaa kumi n’imwe, umutoza wayo yatangaje ko biteguye gusezerera Rayon Sport i Kigali kuko ngo bazi ko ari ikipe itsindira hanze gusa.
Nyuma yo kugirira imvune mu mukino ikipe ya APR FC yatsinzemo Rayon Sports ibitego bine ku busa, Umukinnyi Mwiseneza Djamar ntazagaragara mu mukino wo kwishyura n’ikipe ya Liga Muculmana de Maputo ku wa gatandatu tariki ya 28/02/2015.
Ku wa gatatu tariki 25/02/2015, Anaclet Bagirishya yakoresheje imyitozo ye ya mbere nk’umutoza mukuru w’ikipe y’APR handball Club asimbuye Munyangondo Jean Marie Vianney.
Abatoza 36 nibo basabye gutoza ikipe nkuru y’igihugu Amavubi nyuma y’aho umutoza Stephen Constantine asezereye kuri uyu mwanya akajya gutoza ikipe y’igihugu y’ubuhinde.
Abakinnyi bagize ikipe y’igihugu yo gusiganwa ku magare y’u Rwanda bakiranywe icyubahiro ubwo bageraga mu Rwanda baturutse mu gihugu cya Gabon mu irushanwa rya La Tropicale Amissa Bongo.
Umunyarwanda Bonaventure Uwizeyimana yegukanye umwanya wa mbere mu basiganwa ku magare batarengeje imyaka 23, mu gihe ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare yegukanye umwanya wa mbere mu makipe yo muri Afurika mu irushanwa rya La Tropicale Amissa Bongo.
Ku munsi wa 18 wa Shampiona, mu mukino wari utegerejwe na benshi warangiye APR FC inyagiye ikipe ya Rayon Sports ibitego BINE ku busa (4-0).
Mu gihe habura igihe kitagera ku mwaka ngo igikombe cy’Afrika gihuza abakinnyi bakina imbere mu bihugu (CHAN) gikinirwe mu Rwanda, Minisitiri wa Siporo n’Umuco, Amb. Joseph Habineza, kuri uyu wa 21 Gashyantare 2015 yasuye imirimo yo gusana ibibuga bizakinirwaho icyo gikombe yatangiye.
Kuri Iki cyumweru taliki ya 22/02/2015, ikipe ya Rayon Sports iraza kwakira ikipe y’APR Fc mu mukino wa Shampiona wo kwishyura
Nyuma y’imyaka itanu idakina Shampiyona ya Volleball maze ikaza kugaruka mu mwaka wa 2014, ikipe y’Umubano Blue Tigers yamaze gutangaza abakinnyi izifashisha mu mwaka wa 2015.
Ku wa gatandatu tariki ya 21/02/2015, Shampiyona y’umukino w’Intoki wa Volleyball iraza gutangira mu bahungu ndetse n’abakobwa.
Umukinnyi Jimmy Mulisa wahoze akinira APR FC n’ikipe y’igihugu Amavubi yamaze gusinyana amasezerano n’ikipe ya Sunrise yo kuba umuyobozi wa Tekinike kugeza uyu mwaka w’imikino urangiye.
Abakinnyi b’umukino wa Handball bagera kuri 20 nibo bahamagawe mu mwiherero w’ikipe y’igihugu utangira kuri iki cyumweru taliki ya 22/02/2015.
Ikipe ya Kiyovu Sports yihimuye kuri Police FC iyitsinda ibitego 2-1 mu mukino wabaye ku wa gatatu tariki 18/02/2014.
Ikipe y’abafite ubumuga ya Sitting Volleyball mu Karere ka Ruhango iri mu myiteguro yo kuzitabira amarushanwa yateguwe na NPC ku rwego rw’igihugu.
Umusore w’umunyarwanda Hadi janvier yatwaye igihembo cy’uwagaragaje imbaraga mu guhatana mu isiganwa ku magare rya la Tropicale Amissa Bongo.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Afurika (CAF) ryamaze kwemeza ko irushanwa rya CHAN rizaba kuva tariki ya 16/01/2016 kugeza tariki ya 07/02/2016 mu gihugu cy’u Rwanda.