N’ubwo ikipe ya APR Fc yari yaramaze kwizera igikombe cya Shampiona nyuma y’aho Rayon Sports yari yatsinzwe na Muhanga, iyi kipe yamaze gushyikirizwa igikombe cy’uyu mwaka nyuma yo kurangiza imikino yose ifite amanota 67, mu gihe Rayon Sports iyikurikiye ku mwanya wa kabiri yo ifite amanota 61.



Muri uyu mukino wahuje APR Fc na AS Kigali, ikipe ya As Kigali niyo yabanje igitego cyatsinzwe na Onesme mu gice cya mbere, Sugira Ernest wahoze akinira APR Fc aza gutsinda icya kabiri mu gice cya kabiri, mu gihe Emery Bayisenge yaje gutsinda igitego cy’impozamarira ku munota wa nyuma w’inyongera.
Iki gikombe APR Fc itwaye, kibaye igikombe cya 16 cya SHampiona itwaye, kikazayifasha guhagararira u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’Afurika.
Amafoto y’uko byari byifashe










Indi mikino y’umunsi wa nyuma wa Shampiona
APR FC 1-2 AS Kigali
Mukura 4-0 Bugesera
Musanze 2-0 Rayon Sports
Rwamagana 1-2 Marines
Amagaju 0-0 Sunrise FC
Kiyovu 2-1 AS Muhanga
Espoir FC1-0 Gicumbi
Police FC 4-0 Etincelles
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Yakipe Yacu Yarokotse Pe Musanze We Ahaa