Ikipe ya Rayon Sports yasoje imyitozo yo gutegura umukino izakirwamo na Mukura kuri uyu wa Gatatu, aho umutoza Ivan Minnaert yahise atangaza ko Rwatubyaye Abdul wari umaze iminsi yaravunitse agomba kubanza mu kibuga.

Mu kiganiro twagiranye na Rwatubyaye Abdul ubwo Rayon Sports yasozaga imyitozo yo kuri uyu wa Kabiri, yadutangarije ko asigaje kubona imikino y’amarushanwa ubundi akagaruka mu bihe byiza yahozemo.
Yagize ati "Ni nk’ibitangaza, kumara umwaka udakora nubwo ntari nicaye gusa kuko narakoraga, wibagirwa byinshi, abafana, abakinnyi, imikinire nayo isubira hasi, gusa ndumva narakoze neza kandi niteguye gutanga ibyo mfite byose, nanjye niteguye gutanga ibyo nshoboye kugira ngo ngaruke neza."

"Nari maze iminsi ndemereye, ubu imyitozo yamazemo ku buryo natakaje ibiro bine, nintangira gukina imikino y’amarushanwa nzahita nongera ngasubira ku rwego rwanjye."

Abakinnyi 20 Rayon Sports izifashisha ku mukino wa Mukura VS:
Ndayisenga Kassim, Bikorimana Gerard, Mugabo Gabriel, Abdul Rwatubyaye, Manzi Thierry, Mutsinzi Ange, Mugisha Francois Master, Mukunzi Yannick, Nyandwi Saddam, Yussuf Habimana, Djamal Mwiseneza, Eric Irambona, Nzayisenga Jean D’Amour Mayor, Muhire Kevin, Ismaila Diarra, Mbondi Christ, Hussein Tchabalala, Bimenyimana Bonfils Caleb, Ndayishimiye Eric Bakame, Eric Rutanga.
Andi mafoto yaranze imyitozo y’uyu munsi








National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|