Rusanganwa Fredric Ntare, wamenyekanye mu ikipe ya Mukura, APR FC no mu ikipe y’Igihugu Amavubi yavuze ko yatorotse kubera impungenge z’ubuzima bwa nyuma y’Umupira.
Abakinnyi b’ikipe ya Sunrise bakomeje gutangaza ko bakomeje kubangamirwa n’ikibazo cy’imirire aho ngo hari n’igihe baburara.
Imwe mu mikino yo kwishyura mu gikombe cy’Amahoro yahinduriwe ibibuga, indi ihindurirwa umunsi, mu gihe imikino ibanza nta mpinduka zabaye
Mu gihe Rayon Sports isa nk’iyegukanye igikombe cya Shampiona, amakipe ahatanira kutamanuka akomeje kurwana inkundura, mu gihe n’umwanya wa kabiri bitarasobanuka
Muhoza Jean Paul Umutoza w’ikipe ya Pepiniere yamaze kumanuka mu cyiciro cya kabiri avuga ko Ferwafa ishobora kuba yaragize uruhare mu kumanuka kwa Pepiniere.
Mu mikino y’umunsi wa 26 wa Shampiona y’icyiciro cya mbere, isize Rayon Sports isabwa gutsinda umukino umwe ngo itware igikombe, Pepiniere nayo isubira mu cyiciro cya kabiri bidasubirwaho.
Uwizeye Jean Claude yegukanye irushanwa rya kabiri ry’amagare rya Rwanda Cycling Cup 2017 nyuma yo gusiga bagenzi be akoresheje amasaha atatu n’iminota 41.
Mu matora yo kuzuza imyanya muri Federasiyo ya Volleyball mu Rwanda, Karekezi Léandre yatowe ku majwi 23/23
Umukino w’umunsi wa 26 wa shampiyona wahuzaga Kiyovu Sport na Police Fc urangiye Police itsinze 2-1, bituma Kiyovu igumana igitutu cyo kumanuka mu cyiciro cya kabiri.
Kuri uyu wa Gatandatu, Shampiona y’abagore igiye gutangira aho by’umwihariko hiyongereyemo icyiciro cya kabiri
Karekezi Leandre wari watsinzwe mu matora yo kuyobora ishyirahamwe ry’umukino wa Volley Ball mu Rwanda (FRVB) yabaye ku wa 4 Gashyantare 2017, aratangaza ko yongeye kwiyamamariza kuyobora iri shyirahamwe.
Mu myitozo yo gupima imbaraga n’ubuzima bw’abakinnyi b’ikipe y’igihugu "Amavubi", abakinnyi 4 ba Rayon Sports baje mu bahagaze neza mu myitozo bakoreshejwe.
Ku rutonde ngarukakwezi rukorwa na FIFA, u Rwanda mu mupira w’amaguru rwasubiye inyuma ho umwaka umwe ugereranije n’ukwezi gushize.
Ikipe nshya y’umukino w’amagare y’Akarere ka Karongi izwi nka Vision Sports Center, ngo ije gususurutsa no gukura mu bwigunge Akarere ka Karongi katagiraga undi mukino uhabarizwa.
Mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali, Rayon Sports yihereranye Gicumbi iyitsinda ibitego 6-1, bituma irusha mukeba APR amanota 10 inafite ikindi kirarane.
Cassa Mbungo André umutoza wa Sunrise avuga ko imibereho y’ikipe idahesha icyubahiro Akarere ka Nyagatare.
Mu mukino wo kwizihiza umunsi w’umurimo mu ntara y’i Burasirazuba, Police ikorera mu karere ka Rwamagana yatsinze abakozi b’intara n’akarere ibitego 4 ku busa.
Bamwe mu batoza b’amakipe yo mu cyiciro cya mbere mu Rwanda batangaza ko bo ubwabo badahagije ngo batware igikombe cya shampiyona ahubwo ko hari ibindi bisabwa.
Mu mpera z’iki cyumweru muri Shampiona y’u Rwanda mu mupira w’amaguru, amakipe ahatanira kudasubira mu cyiciro cya kabiri yakomeje guhangana
Kuri uyu wa Gatandatu Shampiona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru yari yakomeje, aho ikipe ya Rayon Sports, Gicumbi na AS Kigali zabonye amanota atatu
Imikino y’umunsi wa 25 ya Shampiona y’u Rwanda mu mupira w’amaguru isize Rayon, As Kigali na Gicumbi zibonye amanota atatu
Ni umukino w’umunsi wa 25 wa Shampiona y’icyiciro cya mbere uzahuza ikipe ya Rayon Sports na Musanze, ukaba kuri uyu wa Gatandatu ku kibuga cya Musanze
Umutoza wa Sunrise Cassa Mbungo Andre, avuga ko ku bw’Imana yizera kuzatwara igikombe cy’amahoro cy’uyu mwaka
Patriots na REG zikurikirana ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiona ya Basketball mu Rwanda, ziraza guhura kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Mata 2017, kuri Petit Stade Amahoro.
Mbere y’uko amasezerano ya Skol na Rayon Sports arangira, impande zombi zumvikanye uburyo Rayon Sports yazahagarara neza mu igura n’igurisha ry’abakinnyi
Amakipe yo mu cyiciro cya mbere hafi ya yose abonye itike ya 1/8 mu gikombe cy’Amahoro, nyuma yo gutsinda ayo yari yatomboye abarizwa mu cyiciro cya kabiri.
Mme Rwemarika Félicitée, visi perezida wa Komite Olempike y’u Rwanda yashyizwe mu kanama gashinzwe ubukangurambaga no gufasha abantu b’ingeri zose gukora siporo
Ikipe ya Rayon Sports ibimburiye izindi kubona itike ya 1/8 mu gikombe cy’Amahoro nyuma yo gutsinda Rugende ibitego 12 mu mikino 2
Rayon Sports yakinnye umwe mu mikino y’ingenzi mu mateka yayo, umukino wayihuje na Rivers United yo muri Nigeria, mu majonjora y’irushanwa nyafurika (Confederation Cup).