Bisabwe n’amakipe azitabira igikombe cyahariwe kuzirakana intwari z’u Rwanda, iki gikombe cyagombaga gutangira mu cyumweru gitaha, cyamaze kwigizwa imbere, aho kuri Stade Amahoro Police Fc izatangira irushanwa yakira APR Fc ku i Saa Saba.

Uyu mukino uzakurikirwa n’uzahuza AS Kigali na Rayon Sports ku i Saa Cyenda n’igice, uyu nawo ukazabera kuri Stade Amahoro ari nayo izakira imikino yose muri iri rushanwa.

Gahunda y’uko imikino izagenda
Umunsi wa mbere
20/01/2018 POLICE FC vs APR FC STADE AMAHORO (13:00)
20/01/2018 AS KIGALI vs RAYON SPORTS FC STADE AMAHORO (15:30)
Umunsi wa kabiri
27/01/2018 AS KIGALI vs APR FC STADE AMAHORO (13:00)
27/01/2018 RAYON SPORTS FC vs POLICE FC STADE AMAHORO (15:30)
Umunsi wa gatatu
01/02/2018 POLICE FC vs AS KIGALI STADE AMAHORO (13:00)
01/02/2018 APR FC vs RAYON SPORTS FC STADE AMAHORO (15:30)
Mu gikombe cy’uyu mwaka wa 2018, ikipe izegukana igikombe izahabwa Milioni 6Frws, zikubye kabiri izari zatanzwe umwaka ushize, mu gihe iya kabiri izahabwa Milioni eshatu.
Ikipe ya gatatu izahabwa Milioni ebyiri, naho iya kane ikazahabwa Milioni imwe, mu gihe buri kipe izaba yahawe Milioni imwe yo kwitegura mbere y’uko amarushanwa atangira.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|
Mwaramutse? Nagira ngo mudusobanurire uko kuriyi mikino itike zizaba zigura. Murakoze
Ni byiza kuba mutugejejeho iyi nkuru, ariko ntimutubwiye ibiciro uko bizaba bihagaze, ese hazakurikizwabiki mugutanga igikombe?