Kuva tariki ya 21 kugeza 25 uku kwezi itsinda ry’abasirikare bakorera muri Rwanda Military Hospital (RMH) bayobowe na Majoro Dr King Kayondo batangiye igikorwa cyo kwegera abaturage babaha service basanga kwa muganga. Iki gikorwa cyatangiriye ku kigo nderabuzima cya Gihana cyubatswe muri Runda.
Police FC yamaze gufata umwanya wa mbere nyuma yo kubona amanota atatu ku cyumweru ubwo yatsindaga La Jeunesse ibitego 2 ku busa. Etincelles na APR FC zari zihanganiye umwanya wa mbere zanganyije igitego kimwe kuri kimwe mu mukino wazihuje kuwa gatandatu.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) kiratangaza ko imyakirire y’abifuza serivisi zitandukanye mu Rwanda bitari ku rwego mpuzamahanga rwo kwakira abakiriya, ndetse bikaba bitanageze ku mahame agenderwaho muri Afurika y’Iburasirazuba.
Kuva ejo mu Rwanda hari kubera inama y’iminsi 2 ihuje impuguke mu butwererane za Congo Brazzaville hamwe n’iz’u Rwanda. Inama igamije kureba uko ibi bihugu bitsura umubano mu by’ubwikorezi bw’indege, umuco, ubumenyi n’ikoranabuhanga.
Ikipe yitwa Team Type 1 y’inyamerika yegukanye umwanya wa mbere mu gace kambere k’isiganwa ry’amagare ‘Tour du Rwanda’ ryatangiye ejo ku cyumweru kuri stade Amahoro i Remera. Ejo abanyonzi basiganywe ahantu hareshya na kilometero enye. Bahagurukaga kuri Stade Amahoro bakerezeka Kimironko bakanyura kuri KIE bakagaruka kuri (…)
Ku nshuro yaryo ya gatatu, Tour du Rwanda y’uyu mwaka izatangira tariki ya 20 irangire tariki ya 26 Ugushyingo. Izitabirwa n’amakipe 12 yo hirya no hino ku isi harimo n’abiri (Akagera na Kalisimbi) yo mu Rwanda. Abakinnyi bose hamwe bazaryitabira ni 60 nk’uko bitangazwa n’urubuga rwa interineti rw’iri siganwa (…)
Irushanwa mpuzamahanga ry’umukino wa Tennis ITF Men’s Future ryakinirwaga mu Rwanda ryasojwe kuri uyu wa gatandatu kuwa 19/Ugushyingo/2011 ritsinzwe n’umunya otirishiya(Autriche/Austrich) Gerald Merzer
Umutoza w’ikipe y’Amagaju, Bizimana Abdu alias Beken, aratangaza ko yatsinzwe umukino wayihuje na Mukura kubera urupfu rwa muramu we; atari ukubera igikona cyaje mu kibuga. Muramu wa Bizimana yapfiriye mu mpanuka y’imodoka y’ikamyo yabaye tariki 19/11/2011 bituma atabasha kuboneka ku mu kino wabereye kuri sitade Kamena.
Polisi y’igihugu iratangaza ko Nzabakirana Gratien (uwishe Siraguma Désiré) ari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Kagano.
Ku munsi w’isabukuru ya 36 y’igiti mu Rwanda, minisitiri w’intebe, Pierre Damien Habumuremyi, yafatanyije n’abayobozi batandukanye ku rwego rw’igihugu, intara y’iburasirazuba hamwe n’ab’akarere ka Kirehe batera ingemwe z’ibiti zigera ku bihumbi 50 kuri hegitari zisaga 25 mu kagari ka Kiyanzi mu murenge wa Nyamugari.
Siraguma Désirè, umucuruzi mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke, yaraye yishwe atemaguwe. Abavandimwe ba Siraguma bavuga ko yishwe na Nzabakirana Gratien amuziza ko yanze kumukopa inzoga.
Urukiko rwa La Haye rukorera mu Buholande rwanze rwivuye inyuma ikiruhuko cyari kigenewe Yvonne Basebya kubera ko ashinjwa uruhare yaba yaragize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Tariki ya 18 Ukuboza 2011, mu ngoro y’inteko ishinga amategeko hatanzwe ikiganiro ku kwirinda indwara y’umutima kandi hanapimwa abakozi n’abadepite bashatse kwisuzumisha iyo ndwara.
Ishuri rikuru ry’ubuhinzi, ikoranabuhanga n’uburezi rya Kibungo (INATEK) ryamaze gufata icyemezo cyo kwirukana umunyeshuri waryo, Niyigena Olive, uherutse gufatwa akopera ikizami cy’isomo ryitwa computer skills.
Banki nyafurika y’iterambere (BAD) yahaye banki ya Kigali (BK) inguzanyo y’amafaranga miliyoni 12 z’amadolari y’Amerika ndetse n’inkunga y’ibihumbi 500 b’amadolari mu rwego rwo kuyifasha kwiteza imbere.
Kuri uyu wa gatanu tariki ya 18 Ugushyingo 2011 guhera mu masaha ya saa moya z’umugoroba ibirori byo kumurika alubumu nshya y’itsinda Dream Boys byari bishyushye kuri petit stade i Remera.
Kuri uyu wa gatanu, umuryango w’abibumbye wahaye igihugu cya Libiya amahirwe yo gusubira mu bihugu bigize akanama gaharanira uburenganzira bwa muntu muri uwo muryango.
Ihuriro nyafurika rihuza ibigo n’amabanki bitsura amajyambere ryashyize banki y’u Rwanda itsura amajyambere (BRD) ku mwanya wa gatatu w’aya mabanki muri Afurika mu gukora neza no gutanza serivisi nziza.
Kuri uyu wa gatanu, uhagarariye Ubwongereza mu Rwanda yasuye gereza ya Mpanga mu rwego rwo kwirebera uko abafungwa bo mu gihugu cya Sierra Leone baje kurangiriza igihano cyabo mu Rwanda babayeho.
Inama y’abaminisitiri yateranye kuwa 18 Ugushyingo 2011 yemeje urutonde rw’abafungwa bagera ku 1667 bemerewe gufungurwa by’agateganyo kubera ko bitwaye neza mu gihano bahawe.
Inama y’abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe n’umukuru w’igihugu, Paul Kagame, kuwa gatanu tariki ya 18 Ugushyingo, yibanze ahanini ku ishoramari mu Rwanda.
Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 36 y’umunsi w’igiti, uyu munsi abagize inteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite bifatanije n’umugi wa Kigali n’ibindi bigo mu gikorwa cyo gutera ibiti bigera ku 30.000 mu murenge wa Kigarama mu karere ka Kicukiro.
Minisitiri w’ubutabera wa guverinoma y’ inzibacyuho muri Libya yatangaje ko umuhungu wa Gaddafi, Saif Al Islam Gaddafi, yatawe muri yombi.
Bamwe mu baturage batuye akagali k’Akaziba ho mu murenge wa Karembo akarere ka Ngoma tariki ya 17/11/2011 biriwe bifungiranye mu mazu bihisha abayobozi baka kagali ubwo bari mu gikorwa cyo kwishyuza umusanzu wo kubaka ibiro by’akagari.
Umuyobozi w’ibitaro bya Kibuye hamwe n’ushinzwe ibaruramari (comptable) w’ibyo bitaro bari mu maboko ya polisi kuva tariki ya 17/11/201.
Abahanga mu bya siyansi b’umuryango w’abibumye baratangaza ko indwara iri kwibasira igihingwa k’imyumbati muri Afrika ishobora kuva mo icyorezo.
Perezida Paul Kagame arasaba ibihugu biri mu nzira y’amajyambere gushyira ingufu mu miyoborere myiza no gushyira ku murongo ibigo byabyo mu rwego rwo gushyiraho amahame abifasha kugera ku iterambere rirambye kandi ryubahiriza ibidukikije.
Kuva tariki ya 16 kugeza 18 ugushyingo, abasenateri n’abakozi bakuru ba Sena bari mu mwiherero i Rubavu aho barebeye hamwe inshingano za sena n’uko zizubahirizwa.
Kuva tariki ya 2/12/2011 Rwanda Air izatangira ingendo zayo mu mujyi wa Lagos mu gihugu cya Nigeria aho izajya igwa ku kibuga k’indege cyitwa Murtala Muhammed International Airport (MMIA).
Perezida wa Leta zunze Ubumwe z’Amerika, Baraka Obama, yashize umunyarwandakazi ufite ubwenegihugu bw’Amerika, Clementine Wamariya, mu kanama kayoboye inzu ndangamurage za Jenoside yakorewe Abayahudi (holocaust museums).
Raporo y’umuryango w’abibumbye (UN) irashima u Rwanda ibyo rumaze kugera ho mu kubungabunga ibidukikije. Ariko ikongera ho ko rukwiye gushyira ho ingamba zihamye kugira ngo rukomeze rutere imbere ndetse runarinda umutungo kamere.
Ubuyobozi bwa sosiyete itwara abantu n’ibintu mu ndege, Qatar Airways, buratangaza ko guhera mu ntangiriro z’umwaka utaha izatangiza ingendo ziza i Kigali.
Teka utangije ni ishyiga ryahimbwe na Nzeyimana Isidore, umushakashatsi wikorera ku giti cye. Iyo mbabura iteye ku buryo iriho amashyiga batekeraho, ifuru ishobora kokerezwamo ibyo umuntu yifuza ndetse n’agasiterine (citerne) gashyushywamo amazi.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki 17/11/2011, urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda rukorera i Arusha muri Tanzania (TPIR) rwahamije icyaha cya Jenoside Gregoire Ndahimana wahoze ari burugumesitiri wa komini Kivumu mu cyahoze ari perefegitura ya Kibuye. Ndahimana yaciriwe igihano cyo gufungwa imyaka 15 (…)
Imiryango iharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatusti mu Rwanda mu 1994 yibumbiye muri Ibuka ikomeje kunega umuryango Lantos Foundation kubera igihembo yahaye Rusebagina.
Umuyobozi ushinzwe imiyoborere myiza mu karere ka Huye, Kayitesi Angelique, yatangaje ko guhera mu gihembwe cya kabiri cy’imihigo akarere ka Huye kazinjiza gahunda z’imiryango itegamiye kuri Leta mu mihigo yako.
Nyuma yaho u Rwanda rutorewe kuyobora umuryango w’akarere k’Afrika y’uburasirazuba ushinzwe kurwanya intwaro ntoya zikoreshwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko (RESCA: Regional Centre on Small Arms and Light Weapons), kuri uyu wa 4 tariki ya 17 ugushyingo 2011 nibwo u Rwanda rwakiriye ibinera n’ibiranganego by’uyu muryango (…)
Thomas Suarez ni umwana wiga mu mwaka wa 6 w’amashuri abanza ariko kugeza ubu amaze kugaragara nk’umwana udasanzwe kuko amaze gukora progarame za telephone (applications) ku buryo abantu batangiye kumubonamo Steve Jobs wo mu bihe bizaza.
Mu bakandida biyamamariza ubudepite muri Repubulika Iharanaira Demukarasi ya Kongo harimo umwe utangaje kuruta abandi. Alphonse Awenze Makiaba amaze imyaka 20 ari umunyonzi ku isoko rikuru rya Kisangani, aho ashobora kuva aba umudepite niba imbaga y’abamwamamaza itamutengushye ku munsi w’itora…
Umwe mu basenyeri bakomeye mu itorero ry’abangilikani mu gihugu cya Swaziland witwa Meshack Mabuza yatangaje ko umwami Mswati wa gatatu w’icyo gihugu akwiye kuva ku butegetsi kugira ngo igihugu kigire guverinoma igendera kuri demokarasi.
Imiryango itandukanye itegamiye kuri leta yo mu gihugu cy’Ubufaransa ndetse no muri Guneya iratangaza ko hakiri iyicarubozo mu buroko bwo muri icyo gihugu. Raporo y’iyo miryango yasohotse tariki ya 15/11/2011 irarega abayobozi b’icyo gihugu kuba badakora ibishoboka ngo bahagarike ibyo bikorwa.
Ihuriro ry’urubyiruko rw’abakirisitu ribera mu Rwanda buri mwaka riteganya ko buri wese mu baryitabiriye acumbikirwa n’umuryango w’abakirisitu bataziranye. Uru rubyiruko ruragaragaza isura nshya y’imibanire ishoboka hagati y’abakomoka muri ibyo bihugu.
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 16/11/2011, abantu bagera kuri 20 bakekwaho kuba bari inyuma y’ubwicanyi bwabereye i Gatumba tariki ya 18 z’ukwezi kwa cyanda uyu mwaka bashyikirijwe urukiko rw’i Bujumbura.
Mu bakandida biyamamariza ubudepite muri Repubulika Iharanaira Demukarasi ya Kongo harimo umwe utangaje kuruta abandi. Alphonse Awenze Makiaba amaze imyaka 20 ari umunyonzi ku isoko rikuru rya Kisangani, aho ashobora kuva aba umudepite niba imbaga y’abamwamamaza itamutengushye ku munsi w’itora…
Umwe mu basenyeri bakomeye mu itorero ry’abangilikani mu gihugu cya Swaziland witwa Meshack Mabuza yatangaje ko umwami Mswati wa gatatu w’icyo gihugu akwiye kuva ku butegetsi kugira ngo igihugu kigire guverinoma igendera kuri demokarasi.
Imiryango itandukanye itegamiye kuri leta yo mu gihugu cy’Ubufaransa ndetse no muri Guneya iratangaza ko hakiri iyicarubozo mu buroko bwo muri icyo gihugu. Raporo y’iyo miryango yasohotse tariki ya 15/11/2011 irarega abayobozi b’icyo gihugu kuba badakora ibishoboka ngo bahagarike ibyo bikorwa.
Kubera ko intare n’inkura biri mu nyamaswa zirimo kuzimira bitewe na barushimusi ndetse n’intambara, u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kuzajya kuzicirira muri Afrika y’Epfo umwaka utaha.
Bamwe mu banyamahanga bakora umurimo wo gutwara ibicuruzwa mu makamyo bavuga ko bagenda mu bihugu byinshi ariko nta gihungu kibakira neza nk’u Rwanda.