Bimwe mu bikoresho Musabyemariya wigaga mu mwaka wa 5 ukomoka mu karere ka Nyamasheke yafatanywe harimo igikapu, amashuka,ipantaro n’inkweto.
Musabyemariya avuga ko yibye bagenzi be kuko akigera kuri iri shuri nawe bamwibye ibikoresho bye, nawe ahitamo kudataha ubusa.
Abanyeshuri bo bavuga ko Diane iyi ari ingeso ye kuko hari ubundi yigeze gufatwa yibye ibintu abibitsa hanze y’ikigo.
Umwe mu banyeshuri yagize ati “Uyu muntu biragaragara ko abizobereyemo, umuntu bafashe bakamujyana imbere y’abandi banyeshuri akajya afata mu gikapu akazamura umwenda cyangwa ishuka akabaza ngo ibi n’ibyande, nta n’isoni afite!”
Mu gihe abanyeshuri bo bavuga ko ubuyobozi bw’ishuri bwari bwamufatiye ikemezo cyo kumwirukana burundu, ubuyobozi bwo burabihakana.
“Twafashe ibyo yari yibye tubisubiza ba nyirabyo, turamubabarira ku buryo no mu gihembwe gitaha azagaruka kwiga hano”; nk’uko Uwayezu Philbert, ushinzwe imyitwarire y’abanyeshuri abivuga.
Eric Muvara
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|