Nyamata: Inzobere z’Abanyamerika ziravura abafite ibibazo by’imitsi n’umutwe udakira
Inzobere mu kuvura indwara z’imitsi, umugongo n’umutwe udakira zaturutse muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika zirimo kuvura abafite ibyo bibazo ku buntu mu bitaro bya ADEPR Nyamata mu karere ka Bugesera.
Biteganyijwe ko iki gikorwa kizamara iminsi itatu kizarangira havuwe abantu barenga gato igihumbi kuko ku munsi haravurwa abarwayi bari hagati ya 300 na 350. Izi nzobere ni abakorerabushake bakaba bakora ubu buvuzi bakoresheje gutera inshinge aharwaye.
Ubushakashatsi bwaragaraje ko nta kibazo uko guterwa inshinge butera kuwabukorewe; kandi ubwo buvuzi bwifashisha uruvangitiranye rw’imiti itandukanye; nk’uko byemezwa na Dr. Wong ukuriye izo nzobere muri icyo gikorwa.

Mu miti ikoreshwa harimo za vitamine, imiti y’ibinya, serumu n’undi muti witwa ozone ukunze gufasha abarwayi bafite uburibwe ndetse n’indi myinshi.
Abaje kwivuza biganjemo abasaza n’abakecuru bakuze, niyo mpamvu abanyamakuru babajije umuyobozi w’ibitaro bya Nyamata niba atari icyorezo mu bakuze maze asubiza ko nta cyorezo gihari ahubwo ko iyo umuntu ageze mu zabukuru akunda guhura n’ibibazo byo kuribwa umutwe udakira ndetse n’iby’umutwe n’umugongo.
Karekezi Raphael wavuye mu mu murenge wa Mwogo mu karere ka Bugesera avuga ko yakiriye neza kino gikorwa kuko yari afite ikibazo cy’umugongo wari warabyimbye ndetse n’imitsi yo mu kaguru.
Ati “narivuje mu bushobozi bwanjye buke nari mfite ariko bikanga gukira kuko narimaranye iki kibazo igihe kingana n’imyaka 20. Nindamuka nkize nzashima Imana kandi n’aba bagiraneza Nyagasani azabahembe”.

Ibi kandi na none bivugwa na Twahirwa Isroni wo mu murenge wa Mayange aho avuga ko yari afite ikibazo cy’umutwe udakira ariko nyuma y’iminota mike avuye imbere y’abaganga arumva yatangiye gukira.
Kubera ukuntu hari abarwayi benshi bishoboka ko bose bizarangira batavuwe, byatumwe izo nzobere zibanza kwigisha abaganga babiri ndetse n’abaforomo bane kugirango bazakomeze icyo gikorwa mu gihe bo bazaba basubiye iwabo.
Egide Kayiranga
Ibitekerezo ( 4 )
Ohereza igitekerezo
|
Nitwa kwizera Danny,ndumwe mubantu barwaye umugongo igihe kirekire ,nagerageje gufata ibinini byo kwamuganga ariko biranga,byagezaho ntabasha guhagarara igihe kingana niminota 10,ikindi n’uko ntabashaga gukora imirimo yimbaraga,nabayeho narihebye kuko ntahantu ntagerageje kwivuriza ariko biranga ,ikindi n’uko murugo sinarinyibasha kunoza amabanga y’Urugo,kuko iyo nabikoraga muriyo minsi nirirwaga mbabara cyane, kubwamahirwe nahuye ninshuti yanjye twakoranaga , mutekerereza ikibazo cyanjye,arumirwa maze andangira kujya kwivuriza mukigo cy’abanyamerika gikorera mu mugi wa Kigali,nagiyeyo ntakizere cyo gukira mfite,bampaye imiti ndayikoresha nyuma yukwezi kumwe nari nakize neza,ubu ndashima lmana,nawe ubacyeneye wabahamagara kuri 0792940838
Hari ahantu nzi bavura iyo ndwara IGAKIRA BURUNDU muzavugishe iyo number Wenda bagufasha +250784721024
Mumbarize ko ari ahandi bazavurira mbere yo gutaha ndwaye umugongo n’umutwe udakira.
Mumbabarire mumpe amakuru kuri abo baganga niba ntahandi bazajya kuvurira kuko mfite ikibazo cy’ iminsi kandi ndababaye pe munfashe