Ku mupaka wa Cyanika hagiye kubakwa isoko mpuzamahanga

Amakuru aturuka mu buyobozi bw’akarere ka Burera atangaza ko ku mupaka ugabanya u Rwanda na Uganda, uri mu Cyanika, mu karere ka Burera, hagiye kubakwa isoko mpuzamahanga.

Iryo soko rizaba rikorera mu nzu y’amagorofa atatu, rizubakwa ku nkunga ya Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM); nk’uko Gasanamu Musana Innocent, umukozi w’akarere ka Burera ushinzwe amakoperative yabisobanuye.

Kugira ngo iryo soko ryuzure neza, rizatwara amafaranga arenga miliyari, abikorera ndetse n’abandi baturage bo mu karere ka Burera bakaba bashishikarizwa kugira uruhare mu iyubakwa ry’iryo soko bafatamo imigabane.

Gasanamu avuga ko MINICOM yateganyije amafaranga agomba kubaka iryo soko ariko bashyizeho gahunda y’imigabane kugira ngo abaturage bazaryubakirwa bazumve ko ari iryabo.

Ubu bamwe mu bikorera batangiye kugura imigabane muri iryo soko. N’abandi Banyaburera barashishikariza kugura imigabane kuko umugabane umwe ugura amafaranga ibihumbi 10.

Gasanamu asobanurira Abanyaburera ko amafaranga bazagura imigabane batazayahomba kuko uko iryo soko rizajya ryinjiza amafaranga, amafaranga yabo nayo azajya yunguka.

Selling Point ya Cyanika niyo nzu igaragara y'ubucuruzi iri ku mupaka wa Cyanika.
Selling Point ya Cyanika niyo nzu igaragara y’ubucuruzi iri ku mupaka wa Cyanika.

Ubusanzwe ku mupaka wa Cyanika nta mazu y’ubucuruzi akomeye yari asanzwe ahagaragara. Inzu y’ubucuruzi ihari, nayo itangiye gukorerwamo vuba ni “Selling Point”, ihurizwamo ibicuruzwa bitandukanye byera muri Burera, bigacururizwamo.

Umupaka wa Cyanika ukoreshwa cyane n’Abanyarwanda, bajya muri Uganda, Abagande baza mu Rwanda, ndetse n’Abanyekongo baza mu Rwanda, baturutse mu mujyi wa Bunagaga uri hafi y’akarere ka Burera. Ibyo bigaragaza ko urwo rujya n’uruza rubyara ubuhahirane.

Usibye iryo soko rigiye kubakwa ku mupaka wa Cyanika, hari n’irindi soko riri kubakwa muri santere ya Nyagahinga, mu murenge wa Cyanika, hafi y’umupaka ugabanya u Rwanda na Uganda.

Norbert Niyizurugero

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

ahantu nk’aha hahurira abantu benshi haba hari icyashara ku bucuruzi ubwo aribwo bwose,iri soko rije rikenewe ahubwo nibaryubake vuba.

gashugi yanditse ku itariki ya: 14-04-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka