AJSPORT yibutse abanyamakuru ba sport bazize Jenoside
Ishyirahamwe ry’abamyamakuru b’imikino (AJSPORT) bakoze igikorwa cyo kwibuka abanyamakuru bagenzi babo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Uwo muhango wabaye tariki 02/07/2013 i Remera ku kibuga cya FERWAFA.
Muri uwo muhango wo kwibuka, hanakinwe umukino wa gicuti mu mupira w’amaguru wahuje ikipe y’abanyamakuru bandika hamwe n’abakora ku maradiyo na tereviziyo, maze abakora imikino bavuga batsinda abandika ibitego 4-1.
Uyu mukino waranzwemo ishyaka no gukoresha amagambo (termes) byagiye biranga abanyamakuru b’imikino bazize Jenoside nka Viateur Kalinda na bagenzi be.

Umunyamabanga nshingwabikorwa wa AJSPORT, Jean Claude Munyandinda, yasabye bagenzibe ko iyi gahunda yo kwibuka yazakomeza buri mwaka kandi ikarushaho kunozwa.
Nyuma y’uwo muhango, umuyobozi ushinzwe urwego rwo kwigenzura kw’itangazamakuru, Robert Mugabe, yashimiye ishyirahamwe AJSPORT kubera urugero rwiza ritanga.
Mugabe Robert yatangaje ko mu mashyirahamwe y’abanyamakuru bo mu Rwanda, iry’abakora ku birebana n’imikino ruhagaze neza ari mu mikorere no mu mikoranire ahanini bitewe n’ubuyobozi buhamye rifite.
Aha, yanavuze ko mu gihe andi mashyirahamwe ndetse n’ibigo bitandukanye bitegereza inkunga cyangwa andi mabwiriza aturutse mu nzego zitandukanye, AJSPORT yo yifatiye gahunda yo kwibuka kandi ikishakamo n’amikoro maze asaba ko byazakomeza kandi imikorere igakomeza kuba myiza.

Uyu muyobozi wanagaragaje ko yifuza gukorana bya hafi n’urwego rushinzwe guhosha amakimbirane muri AJSPORT, akaba yaranasabye abanyamuryango bayo kurangwa n’ubwumvikane ndetse no gukora umwuga utarimo umwiryane no gushyira abaturage murujijo, bityo bakabasha kwigenzura bo ubwabo.
Dore urutonde rw’abanyamakuru 50 bamenyekanye ko bazize Jenoside harimo n’abimikino
ORINFOR: RUBWIRIZA Tharcisse, MWUMVANEZA Médard, GASANA Cyprien, KARAKE Clave, KARAMBIZI Gracien, KARINDA Viateur, RUDAHANGARWA J. Baptiste, SEBANANI André, KALISA Callixt, NSABIMANA Emmanuel, BUCYANA Jean Bosco, MBUNDA Felix, MUNYARIGOGA Jean Claude na NSHIMIYIRYO Eudes.
LE PARTISANT: HABINEZA Aphrodice (SIBO)
LE TRIBUN DU PEUPLE: MUKAMA Eugène, HATEGEKIMANA Wilson, GAKWAYA Eugène na RUGAJU Jean Claude
LE FLAMBEAU: BAZIMAZIKI Obed, KARINGANIRE Charles na MUNANA Gilbert
RAFIKI: KAYIHURA Octave na NTAGANZWA Alexis
KINYAMATEKA: NKUBIRI Sylvestre, MUGANZA Clement, KAYINAMURA M.Beduwa na SERUVUMBA Anastase
LE SOLEIL: KAYIRANGA Marcelin, MUKAMUSONI Jeanne d’Arc na BURASA Prisca

ISIBO: MURERAMANZI Néhémie
KANYARWANDA: NKUNDIMANA Joel na MUTESA Donat
KANGUKA : RWABUKWISI Vincent(RAVI) na MBARAGA Wellars
KIBERINKA: SHABAKAKA Vincent , NYIMBUZI Aloys na KAMANAYO Théotime
RWANDA RUSHYA: KAMURASE Martin, MUDATSIKIRA Joseph na KAMEYA André
L’OBSERVATEUR: MUNYAKAZI Bernard
ABIKORERA KU GITI CYABO: MBUGUJE Sixbert, MUKAMANA Winifrid, RUKUNDO Emmanuel, RUTSINDURA Emmanuel, RUTSINDURA Alphonse, RWEMARIKA Claude na TWAGIRAMUNGU Felix.
Ernest Kalinganire
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|