Uku kutagira ikibuga kigaragara gikinirwaho umupira w’amaguru, ngo biri mu bituma uyu mukino udatera imbere muri aka karere.

Ibi aba bakunzi ba ruhago n’abakinnyi bayo bakaba barabitangaje kuri icyi cyumweru tariki 29/09/2013, ubwo hakinwaga umukino wa gishuti wahuzaga ikipe yo mu ishuri rya Lycee de Ruhango n’iyo muri GS St Francois d’Assise Kansi mu karere ka Gisagara.
Ubwo uyu mukino wakinwaga haje kugwa imvura nyinshi, ikitwa ko ari ikibiga cy’akarere cyuzuramo amazi. Abakinnyi bakomoje gukina ariko bari bahindutse ibyondo gusa. Ibi byatumye bamwe batangira kwibaza impamvu akarere katubaka ibibuga byiza.

Iki kibazo cyo kutagira ibibuga by’umupira w’amaguru, akarere kavuga ko kakizi ndetse kinagahangayikishije.
Umuyobozi w’akarere ka Ruhango, Mbabazi Francois Xavier, avuga ko ikibazo cy’ibibuga ubu cyashyizwe mu mihigo y’uyu mwaka wa 2013-2014, aho bazubaka stade igezweho, ndetse ngo n’ikibanza kikaba cyaramaze kuboneka.

Eric Muvara
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|