Rwinkwavu: Isomero ry’abaturage rifasha abana gukura bakunda ikoranabuhanga

Isomero ry’abaturage ry’i Rwinkwavu mu karere ka Kayonza (Community Library) ngo rifasha abana bato gukura bakunda ikoranabuhanga, nk’uko bamwe mu bana twasanze kuri iryo somero babyemeza.

Uretse kuba bakunda ikoranabuhanga kubera iryo somero, ngo rinabatoza umuco wo gusoma bakaba bafite icyizere ko bizabafasha mu gihe kizaza.
Serivisi zose zitangirwa mu isomero ry’abaturage rya Rwinkwavu zitangwa ku buntu.

Abana banatozwa umuco wo gusoma no kwandika hifashishijwe uburyo bw'ikoranabuhanga.
Abana banatozwa umuco wo gusoma no kwandika hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga.

Abana bigishwa gukoresha porogaramu zitandukanye za mudasobwa ku buntu, ibyo ngo bigatuma bakunda ikoranabuhanga cyane nk’uko uwitwa Mukiza Claude yabidutangarije.

Uretse kuba abo bana batozwa umuco wo gukunda ikoranabuhanga, banatozwa umuco wo gukunda gusoma, aho baba basoma inkuru zinyuranye hifashishwa uburyo bw’ikoranabuhanga (E-Reader).

Abana batozwa ikoranabuhanga bakiri bato mu isomero rya Rwinkwavu.
Abana batozwa ikoranabuhanga bakiri bato mu isomero rya Rwinkwavu.

Abana b’i Rwinkwavu baratozwa ikoranabuhanga n’umuco wo gusoma mu gihe byakunze kuvugwa ko bamwe mu Banyarwanda batagira umuco wo gusoma. Ibyo byanatumye hashyirwaho icyumweru cyahariwe gusoma, aho Abanyarwanda mu bice binyuranye by’igihugu bashishikarizwaga umuco wo gusoma no kwandika.

Uretse serivisi z’ikoranabuhanga n’izo gutoza abana kumenya gusoma no kwandika, abana bagana iryo somero banafashwa kwidagadura mu mikino inyuranye nka Basketball, bakavuga ko iyo mikino ituma baruhuka mu mutwe nyuma y’amasomo baba biriwemo umunsi wose.

Abana banafashwa kwidagadura mu mikino inyuranye harimo na Basketball.
Abana banafashwa kwidagadura mu mikino inyuranye harimo na Basketball.

Isomero ry’abaturage rya Rwinkwavu rinigisha gusoma no kwandika abantu bakuru batabizi. Mu minsi mike ishize abagera kuri 56 bahawe impamyabushobozi (certificate) z’uko barangije mu cyiciro cya mbere cy’abantu bakuru bize gusoma, kwandika no kubara muri iryo somero.

Cyprien M. Ngendahimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka