CEPGL igiye gukuraho imvune z’abagore bakora ubucuruzi ku mipaka

Umuryango w’ubukungu mu bihugu bigize ibiyaga bigari (CEPGL) ugiye kugabanya ibibazo abagore bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bahura nabyo hubakwa amasoko azaborohereza ingendo.

Amasoko atatu niyo asubakwa ku mipaka ahuza ibihugu bigize uyu muryango : isoko rya mbere rigiye gutangira ku mupaka uhuza igihugu cy’u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ahitwa i Kavinvira.

Ayandi masoko azubakwa ku mipaka ihuza u Rwanda n’u Burundi hamwe n’irizahuza u Rwanda na Congo kugira ngo yorohereze abacuruzi bambukiranya imipaka cyane cyane abagore bavunika kubera gutinda ku mipaka bikoreye hamwe no gutinda mu nzira kandi bagira inshingano nyinshi mu miryango yabo.

Bamwe mu bagore bakora ubucuruzi bwambuka imipaka bahura n'ibibazo bitandukanye.
Bamwe mu bagore bakora ubucuruzi bwambuka imipaka bahura n’ibibazo bitandukanye.

Isoko rigiye kubakwa i Kavinvira biteganyijwe ko rizarangira mu mpera z’umwaka wa 2013 rikaba igerageza ry’uko aya masoko yandi azubakwa yakoreshwa mu guteza imihahiranire y’abatuye ibihugu bigize umuryango wa CEPGL.

Ubu bucuruzi butaratezwa imbere muri ibi bihugu bukorwa n’abagore kugera kuri 70% n’imvune nyinshi zikaba aribo zigeraho.

Aba bagore bavuga ko aya masoko niyubakwa azabaha icyizere cy’uko ibicuruzwa byabo bizajya bigurwa n’abantu baturutse imihanda yose ndetse bikagabanya akajagari kagaragaraga muri uyu murimo.

Abagore bo mu bihugu by'u Burundi na Congo baganirizwa ku mikoreshereze y'isoko rizubakwa na CEPGL.
Abagore bo mu bihugu by’u Burundi na Congo baganirizwa ku mikoreshereze y’isoko rizubakwa na CEPGL.

Umunyamabanga nshingwabikorwa wungirije ushinzwe programme muri CEPGL, Joseph Lititiyo Afata, yemeza ko iri soko rizaba ikitegererezo hakaba hazubakwa n’ayandi nkaryo mu bindi bihugu bigize umuryango.

Sylidio Sebuharara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka