Mu mikino imwe yatunguranye ni nk’aho ikipe ya Bayern Munich kuri uyu wa 02 Ukwakira, yaraye itsinze biyoroheye ikipe ya Manchester City ibitego 3-1 iyisanze ku kibuga cyayo. Iyi nsinzi ikaba yanejeje cyane umutoza Guardiola wa Bayern Munich.

Uyu mukino watunguye amakipe yombi yaba Manchester City ndetse na Bayern Munich isanzwe ifite iki gikombe yatwaye umwaka ushize. Ku ruhande rwa Manchester City kumva uko batsindiwe ibitego bingana bityo ku kibuga cyabo byari ihurizo, ariko kandi ngo ntibirengagije ugukomera kw’ikipe ya Bayern yaba hanze n’iwayo kuko ahariho hose ishobora gutsinda.
Umukinnyi Robben wa Bayern we ngo yatunguwe no kubona batsinda byoroshye ikipe bakekaga ko ikomeye cyane nka Manchester City. Frank Libery, Thomas Muller na Robben nibo batsindiye Bayern mu gihe Manchester City yatsindiwe impozamarira na Alvaro Negredo.

Mu yindi mikino yabaye, ikipe ya Borussia Dortmund yo mu Budage yanahatanye na Bayern Munich ku mukino wa nyuma w’igikombe giheruka cya Champions League yatsinze biyoroheye ikipe ya Marseille ibitego 3-0.
Dore uko amakipe yatsindanye:
Zenit 0-0 Vienna
Juventus 2-2 Galatasalay
Steaua 0-4 Chelsea
Shakhtar 1-1 Man-U
FC Basel 0-1 Schalke 04
Man-city 1-3 Bayern
Dortmund 3-0 Marseille
Real Madrid 4- 0 Copenhagen
Arsenal 2-0 Napoli
PSG 3-0 Benifica Lisbone
FC Porto 1-2 Atletico Madrid

Anderlect 0-3 Olympiakos
Ajax 1-1 AC Milan
Celtic 0-1 Barcelona
CSKA Moscou 3-2 Viktoria Plzen
Safari Viateur
National Football League
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
paris sg,igeze ahakomeyepe murabona itarasubiye inyuma
ARSENAL NTIZADUTETEREZE IKOMEREZE AHO KANDI BIBAYE NGOMBWA IBITEKEREZO BYABAFANA NA BANDIBAKUNDA UMUPIRA BYAKAGEZE KU MAKIPE BAFANA YABA AY’I RWANDA,BURAYI...