Ngoma: Abantu 12 bahamijwe kugira uruhare mu rupfu rwa Rwakirenga

Umuyobozi w’umudugudu n’ushinzwe umutekano mu Mudugudu wa Kanyinya, Akagari ka Rurenge, Umurenge wa Murama, Akarere ka Ngoma, hamwe n’itsinda ry’abantu 10 ryari ku irondo, bahamijwe icyaha cy’“ubufatanyacyaha mu iyica rubozo” mu rupfu rwa Rwakirenga Noah wakubiswe n’irondo bikamuviramo urupfu.

Urupfu rwa Rwakirenga Noah w’imyaka 42 rwabaye mu ijoro ryo ku wa 21 Werurwe 2015 ubwo yari avuye gusura abantu mu Karere ka Kirehe, mu nzira ataha ageze mu Mudugudu wa Kinyinya ahura n’irondo riramufata riramukubita bimuviramo urupfu.

Ngo nyuma yo kumukubita bakabona ameze nabi, abari ku irondo bahamagaye umuyobozi w’umudugudu wabo, Nsabimana Cyriaque n’ushinzwe umutekano mu mudugudu, Nzamwita Fabrice bavuga ko bafashe umujura.

Abahamijwe icyaha bagawe n'abaturage kubona harimo n'abayobozi.
Abahamijwe icyaha bagawe n’abaturage kubona harimo n’abayobozi.

Mu rubanza rwasomwe ku wa 30 Mata 2014, Nzamwita Fabrice, Nsabimana Cyriaque na Cyprien Bisangabagabo bahanishijwe imyaka 10 y’igifungo.

Irindi tsinda ririmo Munyaneza Jean Baptiste, Munyankindi Jean Damascène, Mukabunani Claudine, Hakizimana Manasseh, Niringiyimana, Siborurema Sylvin, Twagiramungu Augustin bo bahanishijwe igifungo cy’imyaka 15 ngo kuko babanje kugora urukiko bahakana ibyaha.

Bamwe batangajwe no kubona harimo n'umugore wagombaga kumutabariza kubera impuhwe za kibyeyi.
Bamwe batangajwe no kubona harimo n’umugore wagombaga kumutabariza kubera impuhwe za kibyeyi.

Naho uwitwa Mwumvaneza Fred na Minega Assouman bo bahanishijwe igifungo cy’imyaka ibiri n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 200 buri wese, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kudatabara umuntu uri mu kaga.

Nyuma y’isomwa ry’uru rubanza, abaturage bari bitabiriye uru rubanza batangaje ko bibahaye isomo ryo kwirinda no kurwanya icyo ari cyo cyose cyahungabanya ubuzima bw’umuntu, cyane cyane icyabumuvutsa.

Jean Claude Gakwaya

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

asyi we!!!!!nkabo bantu bica undi ntacyo yabatwaye babumva bo bakoze muri beton?lmana yakire uwo mugabo

ihoho yanditse ku itariki ya: 2-05-2015  →  Musubize

Nibyo Nibahanywe Kuko Bashinzwe Umutekano Wijoro Ntibashinzwe Kuwuhungabanya Bavutsa Abantu Ubuzima

Alias yanditse ku itariki ya: 2-05-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka