Rwamagana: Umugabo yishe undi amukubise ifuni mu mutwe

Umugabo witwa Musemakweli Théoneste yishe umusore witwa Riberakurora Ramazani w’imyaka 20 y’amavuko, wo mu Mudugudu wa Bacyora, Akagari ka Sibagire mu Murenge wa Kigabiro wo mu Karere ka Rwamagana amukubise ifuni mu mutwe, ku gicamunsi cyo ku wa Mbere, tariki 04 Gicurasi 2015.

Amakuru aturuka mu Kagari ka Sibagire aravuga ko intandaro y’ubu bwicanyi ari umukobwa wari ihabara rya Musemakweli yasanze asangira na Riberakurora.

Mu masaha asaga saa cyenda z’igicamunsi ni bwo inkuru y’incamugongo yasakaye mu Murenge wa Kigabiro w’Akarere ka Rwamagana, ivuga ko Musemakweli w’imyaka 30, ufite umugore n’abana babiri, amaze kwivugana Riberakurora amujijije uwo mukobwa bivugwa ko yari ihabara rye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigabiro, Rushimisha Marc, yabwiye Kigali Today ko ubwo bwicanyi koko bwabaye ndetse ko ku bufatanye n’inzego zose, barimo gushakisha Musemakweli ngo atabwe muri yombi kuko yahise acika akimara kwica Riberakurora.

Mu butumwa bwe, Rushimisha, asaba abaturage b’Umurenge wa Kigabiro gucika ku ngeso yo kwihanira kandi bakirinda kunywa inzoga mu masaha y’akazi, ngo kuko ubusinzi ari indandaro y’urugomo.

Emmanuel Ntivuguruzwa

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

birababaje, ariko se abavuga kwihanira ubundi yari yakorewe ikihe cyaha? ahubwo dufatanye duhashye ibiyobyabwenge , za siriduwile, ariko uriya azafatwa vuba kuko nawe ago ari ubu ntariho. murakoze

uwocta yanditse ku itariki ya: 6-05-2015  →  Musubize

mbega umugabo wumugome! inzego zibishinzwe nizikore akazi kazo kuko birakabije. twifatanyije numuryango wanyakwigendera niwihangane

yansoneye yanditse ku itariki ya: 5-05-2015  →  Musubize

numvaga nawe mwamukatira urwogupfa

Nimunyaneza Rambert Mukarerekarwamagana Umurenge Wamwurire Nukuri Ibyobirarenze Nawe Mumukatire Urwogupfa Murakoze yanditse ku itariki ya: 5-05-2015  →  Musubize

yewe aha,Imana nidutabere,uwomugabo yatewe namashitani pe!inzego zibishinzwe nizimushake amategeko yubahirizwe pe.amuhe urumukwiye ,nabandi barebeho,mbega umutima wakinyamaswa wee.Murakoze.

niyonshima ezekiel yanditse ku itariki ya: 5-05-2015  →  Musubize

Abana be bagiye kurerwa gipfubyi,umugore abandi bamucyure nawe akanirwe urumukwiye mu nkiko.imana nayo izabimubaze! kubura ubwenge.com

Laurent Dusabimana yanditse ku itariki ya: 5-05-2015  →  Musubize

rwose kwihanira sibyiza

muhayimana michel yanditse ku itariki ya: 4-05-2015  →  Musubize

umuryango wvuwo musore wihangane *

uwamahoro Rehema yanditse ku itariki ya: 4-05-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka