Kuririmba cyangwa se gucuranga ibikoresho bitandukanye bitanga umuziki bifasha ubwonko kugira ubuzima bwiza no mu gihe umuntu ageze mu zabukuru, nk’uko byagaragajwe mu bushakashatsi bwakozwe n’Abongereza.
Abaturage bo mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke bavuga ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro babufata nk’akazi k’ibanze baboneramo amafaranga menshi ugereranyije n’indi mirimo, ibi bikaba bibafasha kwikemurira ibibazo by’imibereho mibi n’ubukene bahozemo, bakiteza imbere.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Gicumbi, Kamizikunze Anastase, arifuza ko umwarimu witwa HABINSHUTI Callixte ukekwaho amagambo agaragaramo ingengabitekerezo ya Jenoside yahanwa kuko aroga urubyiruko yigisha.
Buri zina rya buri gace mu Rwanda usanga rigira inkomoko yaryo n’impamvu ryahiswe. Nk’uko Kigali Today ibakusanyiriza inkomoko y’inyito z’amazina y’ahantu hatandukanye ubu yabakusanyirije amateka y’izina ry’ahitwa kuri Mbyo mu karere ka Bugesera.
Imbuga nkoranyambaga zirimo urw’ikinyamakuru The Chronicles, zazindutse zitangaza ko Umunyemari w’Umunyarwanda, Tribert Rujugiro Ayabatwa yitabye Imana ku myaka 82 y’amavuko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko bugiye kugenzura imikorere ya gahunda ya Girinka, kugira ngo harebwe uko itanga umusaruro n’aho yagiye igira ibibazo, cyane cyane nk’aho hari abaturage bahabwaga inka nyuma bakazinyagwa, kandi ubundi ngo inka yageze mu rugo igoma kurugumamo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Irere Claudette, ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30, abari abakozi ba Minisiteri y’Uburezi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yavuze ko ubumenyi butagira uburere buba butuzuye.
Minisiteri y’Uburezi ivuga ko Abakoloni bagize uruhare mu gutandukanya Abanyarwanda ndetse Repubulika ya mbere n’iya kabiri zakomeje kubiba urwango zihereye mu burezi ari byo byatumye habaho Jenoside yakorewe Abatutsi 1994. Nyuma yo gusobanura amateka yatumye habaho Jenoside yakorewe Abatutsi, urubyiruko rwasabwe gukomera ku (…)
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Dushimimana Lambert, aratangaza ko iyo Leta ibaye mbi n’abaturage baba babi, yaba nziza bakaba beza nk’uko bigaragara kuri Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda imaze imyaka 30 yubaka ubumwe, bwasenywe na Leta zabanje za Repubulika ya mbere n’iya Kabiri.
Mu ntangiriro z’itangazamakuru ry’u Rwanda, harimo igitangazamakuru cyigenga cyabayeho mu gihe cy’ubukoroni, ubwo Kiliziya Gatolika yari iri mu nkubiri yo kwamamaza ivanjili. Icyo gihe ni bwo habayeho ikinyamakuru cyitwaga Kinyamateka mu 1933 na Dialogue mu 1967 byari bifite umurongo ushingiye ku kwamamaza gahunda za Kiliziya.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr. Murangira B. Thierry, avuga ko mu cyumweru cyo kwibuka kuva tariki ya 07 kugera tariki ya 13 Mata 2024, hakiriwe amadosiye 52 y’ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha bifitanye isano nayo.
Mu irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo mu mukino wa Volleyball "CAVB Club Championship 2024" rikomeje kubera mu gihugu cya Misiri, ikipe ya Police VC yabonye intsinzi ya kabiri mu gihe Gisagara Volleyball Club yo bikomeje kwanga.
Umuhoza Brigitte warokokeye Jenoside ahahoze ari Urukiko rw’Ubujurire rwa Ruhengeri (Cour d’Appel de Ruhengeri), yavuze urugendo rugoranye yaciyemo ngo arokoke Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ikipe ya Gasogi United yatsindiye Police FC mu rugo kuri Kigali Pelé Stadium 1-0, mu mukino ubanza wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro 2023-2024 itera intambwe igana ku mukino wa nyuma.
Mu gihe mu Rwanda harimo kwitegurwa amatora y’Abadepite n’ay’Umukuru w’Igihugu, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) iravuga ko nta wemerewe gusinyira umukandida wigenga mu matora, atari kuri lisiti y’itora.
Igisirikare cya Israel yatangaje ko izihorera ku gihugu cya Iran, ikayisubiza ku bitero yayigabyeho tariki 13 Mata 2024.
Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu uri mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, avuga ko kuba we n’abandi bakiriho, babikesha amagambo y’Umukuru w’Igihugu abakomeza, arimo iryo yavuze atangiza gahunda yo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Urwibutso rwa Jenoside rwa Musanze, rwubatse ahahoze Ingoro y’ubutabera (Cour d’Appel de Ruhengeri), ni hamwe mu Rwanda mu hazwi amateka yihariye ya Jenoside yakorewe Abatutsi, dore ko inzirakarengane z’Abatutsi basaga 800 biciwe kuri urwo rukiko mu gihe bari bazi ko bizeye ubutabera.
Rugamba Focas uyobora Umudugudu wa Rubaya, wari hamwe n’umunyerondo witwa Habyarimana Félix akaba anashinzwe umutekano mu Mudugudu ndetse na SEDO w’Akagari ka Kabuga, mu Murenge wa Masoro mu Karere ka Rulindo; ubwo bari mu nzira bajya gukemura ikibazo cy’umuturage wari ubatabaje ko yakubiswe, bahuriyemo n’insoresore (…)
Ubuyobozi bw’Ibihugu bigize Umuryango w’Isoko Rusange ry’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba n’Amajyepfo (COMESA), buratangaza ko imishinga y’ibikorwa remezo za Leta zifatanyamo n’abikorera ikiri micye, kandi na yo ikadindizwa n’amikoro macye.
Abantu babarirwa mu bihumbi bahuriye muri gahunda yo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi ku Rwibutso rw’i Ruhanga mu Karere ka Gasabo, banashyingura mu cyubahiro indi mibiri 16 yabonetse hirya no hino muri ako Karere.
Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yatangaje ko gutakaza ubuzima uri mu Gisirikare ari ubutwari. Ibi yabitangaje tariki 15 Mata 2024 mu ijambo rye nyuma yo kwinjiza mu Ngabo z’u Rwanda ba Ofisiye 624 abaha ipeti rya Sous-Lieutenant.
Mu rwego rwo kurwanya ibikorwa bya Magendu, Polisi y’u Rwanda Ishami rishinzwe kurwanya abanyereza imisoro (RPU), yafashe imodoka yo bwoko bwa Fuso yari ipakiye amabalo 52 y’imyenda ya caguwa ya magendu.
Ikipe ya APR FC yatangiye ibiganiro na rutahizamu w’Umunya-Nigeria Ani Elijah ukinira Bugesera FC.
Ikipe ya POLICE VC ihagarariye u Rwanda mu mikino ya Volleyball ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo "CAVB Club Championship" irimo kubera mu gihugu cya Misiri, yateye mpaga y’amaseti 3-0 ikipe ya Volleyball Garde Republicaine yo muri Congo.
Kuri uyu wa Mbere, ikipe ya APR FC yatakaje amahirwe yo kurara itwaye igikombe cya 22 cya shampiyona nyuma yo kunganya na AS Kigali 2-2 mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa 26.
Inzu 1595 mu Karere ka Musanze ni zo zabaruwe ko zikeneye gusanwa harimo n’izigomba kubakwa bundi bushya, bikaba byafasha abatishoboye kubona aho buba.
Mu Karere ka Muhanga, mu murenge wa Rugendabari akagari ka Nsanga, umudugudu wa Nyundo kuri uyu wa mbere tariki ya 15 Mata 2024 umugabo utaramenyekana amazina yafatanywe inyama z’inka bikekwako yibye.
Perezida Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yinjije mu Ngabo z’u Rwanda aba ofisiye 624 bari bamaze igihe mu masomo ya gisirikare, abaha ipeti rya Sous-Lieutenant.
Mu Karere ka Gicumbi, huzuye urwibutso rwa Jenoside rujyanye n’icyerekezo cy’igihugu, rwavuguruwe hagendewe kuri gahunda y’Akarere ka Gicumbi yo guhuza inzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuyobozi wa IBUKA mu Karere ka Gisagara, Jérôme Mbonirema, aributsa abarokotse Jenoside bacikirije amashuri, ko babegereye bafashwa bakabasha kuyasubiramo, hanyuma bakiga ibyabagirira akamaro.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bafite ababo bajugunywe mu mugezi wa Mukungwa mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bashengurwa n’uko hari amazina atigeze yandikwa ku Rukuta Ndangamateka y’Abatutsi bajugunywe muri uwo mugezi, nyamara ayo mazina azwi.
Abiganjemo urubyiruko ruturutse mu matorero atandukanye, bahuguwe ku buryo bwiza bwo gukemura amakimbirane badateje ayandi no gufasha abagizweho ingaruka n’ibyo banyuzemo. Bavuga ko bagiye gufasha abandi cyane cyane abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ikipe ya Bayern Leverkusen yo mu gihugu cy’u Budage, yegukanye Igikombe cya mbere cya Shampiyona mu gihugu ihagarika Bayern Munich, yari imaze imyaka cumi n’umwe igitwara yikurikiranya.
Abanyarwanda n’inshuti zabo batuye muri Mali, tariki ya 13 Mata 2024, bahuriye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 cyabereye muri Centre International de Conférence de Bamako (CICB).
Intambara mu Burasirazuba bwo Hagati ku mugabane wa Aziya, itangiye gutera impungenge ko ishobora guhinduka iy’Isi yose, nyuma y’uko igisirikare cya Iran kimishagiye imvura y’ibisasu n’indege za ’drone’ kuri Israel, ku wa Gatandatu tariki 13 Mata 2024.
Ku wa 11 Mata 2024 ni bwo hasohotse amakuru yavugaga ko ikipe ya APR FC yifuje Umunya-Burkina Faso Stéphane Aziz Ki ukinira Young Africans muri Tanzania ariko icibwa akayabo.
Ubuyobozi bw’Umuryango IBUKA mu Karere ka Gasabo, buvuga ko hari abahesha b’inkiko bahishe amarangizarubanza y’abarokotse Jenoside, bikabaviramo kutishyurwa imitungo yabo yangijwe, Perezida wa IBUKA muri ako Karere, Théogène Kabagambire, akaba yabitangarije abitabiriye gahunda yo Kwibuka yabereye mu kigo cy’Abayezuwiti cya (…)
Abakinnyi b’ikipe ya AS Kigali bamaze iminsi itanu baranze gukora imyitozo kubera kudahembwa ukwezi kwa Mutarama, Gashyantare na Werurwe 2024 mu gihe bitegura gucakirana na APR FC kuri uyu wa Mbere.
Umuyobozi wa IBUKA mu Karere ka Kayonza, Ndindabahizi Didace, avuga ko Inkotanyi zabasogongeje ijuru ubwo zirukanaga ababicaga, zigahumuriza abasigaye.
Umurenge wa Kacyiru mu Karere ka Gasabo ni umwe mu Mirenge y’Umujyi wa Kigali igaragaramo ibikorwa binini by’iterambere. Ni Umurenge mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi wabarizwagamo inzego zitandukanye z’ubuyobozi.
Amakipe ya Gisagara Volleyball Club na Police Volleyball Club, ahagarariye u Rwanda mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri volleyball (CAVB Club Champions League), yamenye amakipe bari kumwe mu matsinda.
Louise Mushikiwabo wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga mu Rwanda, ubu akaba ari Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), Aganira na Jeune Afrique, yatanze ubuhamya bw’uko yibuka urupfu abe bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko ubu nyuma y’imyaka 30 bishwe ngo (…)
Bamwe mu bakinnyi bakomeye bakinaga muri shampiyona ya basketall mu gihugu cy’u Burundi, bakomeje gusohoka iki gihugu aho nyuma ya Israel Otobo, ubu Nijimbere Guibert na we yasesekaye mu Rwanda, bombi bavuye mu ikipe ya Dynamo Basketball Club, yabuze ayo icira n’ayo imira nyuma yo gusezererwa mu irushanwa rya BAL 2024 kubera (…)
Ku wa 13 Mata 2024, Ambassade y’u Rwanda muri Mozambique, yakoze urugendo rwo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, igikorwa cyabimburiwe no gushyira indabo ku kimenyetso cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bikaba byabereye ku cyicaro cya Ambasade, i Maputo, hakorwa n’urugendo rw’ibilometero 2.3, uhereye (…)
Umuyobozi wa IBUKA mu Karere ka Rwamagana, Musabyeyezu Dative, avuga ko n’ubwo Laurent Semanza, wayoboye Komini Bicumbi yakatiwe n’Urukiko mpanabyaha, ariko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 batabonye ubutabera, kuko yakabaye yaratanze n’indishyi z’akababaro.