Barishimira umusaruro uva mu biti batarinze kubitema

Abavumvu bo mu mirenge ya Ruheru na Busanze mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko amashyamba baturiye bayabyaza umusaruro kandi batayatemye.

Bavuga ko bamaze gusobanukirwa uburyo agace batuyemo kiganjemo amashyamba ku buryo kabereranye n’ubworozi bw’inzuki, biyemeza gutangira kuzorora kuko ngo basanze ubuki bubaha umusaruro, kandi amashyamba yabo agakomeza kubagirira akamaro.

Bahawe n'indobo zo guhakuriramo
Bahawe n’indobo zo guhakuriramo

Ngo mbere bamwe muri bo bororaga inzuki ariko ngo bakabikora batita cyane ku mashyamba, bakayatema uko bishakiye.

Ibi ngo byatumaga umusaruro uba muke ugereranyije n’uwo babona ubu. Nzabampirwa Silas wo mu Murenge wa Busanze amaze imyaka irenga 20 yorora inzuki.

Avuga ko mbere yezaga ubuki ariko ngo bwabaga ari buke ku buryo nta mafaranga ahagije yabubonagamo.

Amakoperative y'abavumvu yahawe imizinga ya kijyambere
Amakoperative y’abavumvu yahawe imizinga ya kijyambere

Nyuma yo guhabwa amahugurwa ku bworozi bw’inzuki bwa kijyambere, Nzabampirwa avuga ko afite abana 16, ariko abasha kubarihira amashuri kandi akanababonera ibyangombwa byose.

Agira ati "Ubuki busigaye bwera tubifashijwemo n’aya mashyamba. Iyo tutayatemye, inzuki zacu zibona aho zihova tugasarura, kandi amashyamba yacu agakomeza kuduha umwuka mwiza no kurwanya isuri”.

Akomeza agira ati“Dore nk’ubu mfite abana 2 ndihira Kaminuza ku giti cyanjye”.

Nzabampirwa avuga ko amashyamba ariyo yongereye umusaruro w'abavumvu
Nzabampirwa avuga ko amashyamba ariyo yongereye umusaruro w’abavumvu

Serubibi Sotere uhagarariye umushinga FAO, ufasha aba bavumvu kubaha ibikoresho bya kijyambere no kubahugura, avuga ko kuva aho utangiye gukoranira n’aba bavumvu umusaruro wabo wazamutse ku buryo bugaragara.

Uyu muyobozi kandi ahamya ko umushinga watangiye gukorana na bo ubwabo babishaka,kandi ko umusaruro bamaze kubibonamo utatuma bafata nabi ibikoresho bahabwa.

AtiA "ba bantu tumaze iminsi dukorana, ni na bo ubwabo bifuje ko tubafasha. Rwose nta mpungenge dufite ko ibi bintu bitazaramba, kuko birimo amafaranga”.

Serubibi Sotere ahamya ko abaturage batazareka ubuvumvu kuko bufite amafaranga
Serubibi Sotere ahamya ko abaturage batazareka ubuvumvu kuko bufite amafaranga

Umukozi muri Minisiteri y’Umutungo Kamere ushinzwe Amashyamba, Bakundukize Dismas, asaba aba baturage gukomeza kubyaza umusaruro amahirwe bafite yo guturira amashyamba, bakayabyaza umusaruro bitagombeye ko bayatema.

Amashyirahamwe 22 y’abavumvu afashwa n’umushinga FAO muri Nyaruguru, kuri uyu wa kabiri tariki 17 Ugushyingo 2015 yashyikirijwe imizinga 74 ya kijyambere,Indobo zo guhakuriramo, ndetse n’amabati yo kubakira imitiba yabo.

Charles RUZINDANA

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

bakomeze aka kazi kabo kabateje imbere kandi batangije ibidukikije

Teta yanditse ku itariki ya: 18-11-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka