Nigeria: Abajenerali 30 babasanzemo COVID-19 nyuma yo guhurira mu nama

Igisirikare cya Nigeria kivuga ko abajenerali bagera kuri 30 basanze baranduye covid-19; nyuma yo kwitabira inama ngarukamwaka ya gisirikare yatangiye tariki 7 Ukuboza 2020.

Perezida wa Nigeria Muhamadu Buhari ahagaze hagati y'abasirikare bakuru
Perezida wa Nigeria Muhamadu Buhari ahagaze hagati y’abasirikare bakuru

Itegeko ryo gupima aba basirikare bakuru uko bose ari 417 ryasohotse nyuma y’aho umusirikare ukomeye ufite ipeti rya Major General John Olubunmi Irefin apfuye igitaraganya nyuma yo kugwa hasi akabura umwuka aho iyo nama yaberaga mu murwa mukuru Abuja bikaza kwemezwa ko yari arwaye covid-19 ikaba ari yo yatumye agira ikibazo cyo guhumeka akitura hasi.

Inama yari yahuje inzego nkuru z’igisirikare yahise ihagarikwa ibisubizo by’aba basirikare bakuru bikigera ahagaragara bigaragaza ko ababarirwa muri 30 muri bo banduye icyo cyorezo.

Muri Nigeria mu cyumweru gishize hagaragaye ukwiyongera kw’iki cyorezo, aho umubare w’abandura warushijeho gutumbagira bituma impungenge ziyongera bitewe n’icyiswe umuhengeri wa kabiri w’iki cyorezo ngo wateye iki gihugu ari na ko ubwoba burushaho kwiyongera. Muri Nigeria abantu barenga 1700 bamaze kwitaba Imana bazize covid-19 naho abarenga ibihumbi 80 ni bo bamaze kwandura.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka