Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwahamagariye abaturage kwitabira kureba umukino uhuza Uganda na Mali utangira 18h kuko hari imodoka zibacyura n’urangira.
Kasongo Mbuyi Clement, umusirikare wa RD Congo, wafatiwe mu Rwanda ku wa 7 Mutarama 2016, yashyikirije itsinda rya EJVM kugira ngo asubizwe iwabo.
Abanyamahirwe 50 begukanye ibihembo muri Tombola ya fagitire z’imashine itanga inyemezabwishyu (EBM) mu Karere ka Rubavu bakoresheje fagitire zo m’Ukuboza 2015.
STIPP Hotel yo mu Karere ka Rubavu yari iteganyijwe kwakira amakipe ya Mali na Zimbabwe muri CHAN yafunzwe kubera umwanda.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo, yatangaje ko yashimye imyitwarire y’Abafana b’Abakongomani, nyuma yo gutsindwa n’Amavumbi mu mukino wa gicuti wabahuje.
Abakinnyi n’abayobozi b’ikipe ya Congo yageze mu Rwanda kwitegura imikino ya CHAN basabye Abanyekongo kubaba hafi mu gihe k’imikino babashyigikira.
Umupaka wa Grande Barriere urakora amasaha 24 kuwa 10 Mutarama 2016 mu korohereza abanyekongo baza kureba ikipe yabo ikinira Rubavu.
Umutoza wungirije w’ikipe ya Congo ari we Raoul Shungu yatangaje ko umukino uzabahuza n’u Rwanda uzatuma bitwara neza muri CHAN.
Ikipe ya Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo yitegura gukina umukino wa gicuti n’Amavubi, yageze mu Rwanda kuri uyu wa kane.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko ibiciro by’umukino wa Congo-Rwanda bizaba bikubye inshuro ebyiri ibiciro by’umukino uhuza u Rwanda-Cameroun.
umutoza w’ikipe ya Cameroun Martin Felix Ndtoungou Mpile yatangarije Kigali Today ko hamwe n’abakinnyi n’abayobozi bishimiye uko bakiriwe mu Rwanda.
Abaminisitiri batatu barimo uw’Ingabo n’uw’Umuco na Siporo bakoreye uruzinduko kuri sitade y’Akarere ka Rubavu ahari kubera imyitozo y’ikipe ya Cameroun.
U Rwanda rwashyikirije Itsinda rihuriweho n’ingabo zo mu Biyaga Bigari (EJVM) abasirikare babiri ba Congo bafatiwe ku butaka bwarwo basinze.
U Rwanda rusanga ibikorwa by’ingabo za Congo mu kurwanya FDLR umwaka ushize bitaratanze umusaruro nk’uko byari byitezwe, ahubwo byabangamiye abashaka gutaha.
Abagenzi bajya hirya no hino mu ntara barasaba Leta gufatanya n’amashyirahamwe y’ingendo, gukemura ikibazo cyo kubura imodoka mu minsi mikuru.
Abarwanyi batatu ba FDLR bitandukanyije na yo ngo bashaka gutangirira ubuzima bushya mu Rwanda n’imiryango yabo.
Abana biga ku Kigo cy’Inshuke cya Key of Life mu Murenge wa Rugerero basangijwe Noheri na Kivu Serena Hotel.
Ikigo Vision Jeunesse Nouvelle kitwa ku rubyiruko cyasangiye Noheri n’abana 162 biganjemo abana bo ku muhanda bo mu Mujyi wa Rubavu.
Ingabo z’u Rwanda zikorera muri Batayo 75 zasangiye Noheri n’Abanyarwanda birukanywe Tanzaniya batujwe mu Karere ka Rubavu.
Ikibazo cy’isuku, umutekano n’urusaku mu mazu acumbikira abagenzi, utubari n’uburiro mu mujyi wa Gisenyi kirakemuka mbere y’itangira ry’imikino ya Chan.
Abikorera bo mu karere ka Rubavu barashishikarizwa gukoresha imashini mu gutanga inyemezabuguzi kuko n’ubwo 89% baziguze bose batazikoresha batanga inyemezabuguzi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu buvuga ko mu kwezi ku Kuboza abantu 828 barwaye Malariya, bagasaba abaturage gukoresha inzitiramubu mu kuyirinda.
Abanyarwanda 150 biganjemo abagore n’abana batashye mu Rwanda bavuye mu Burasirazuba bwa Kongo Kinshasa bahunga ibibazo by’intambara.
Ubuyobozi bw’Urugaga rw’Abikorera, PSF, mu Ntara y’ Iburengerazuba ku wa 19 Ukuboza 2015 bwatangije imurikagurisha ry’iminsi icumi rizabafasha kwizihiza minsi mikuru.
Abarwanyi ba FDLR bayirwaniye mu ibirindiro bya Gen Rumuri Rusamambo na Buleusa bagatsindwa bitahiye mu Rwanda kuwa 17 Ukuboza 2015.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu bijeje Inteko Ishinga Amategeko kuzatora “Yego” muri referendum kandi bayituma kuri Perezida Kagame ngo azabasure bishimane.
Mu mezi atatu ashize y’igihe cy’imvura mu Rwanda inkuba zahitanye 26 naho ababarirwa muri 50 barakomereka hapfa n’amatungo 24.
Abanyarwanda 26 nibo bamaze gukubitwa n’inkuba kuva imvura yatangira kugwa muri Nzeri 2015 naho 50 barakomeretse hapfa amatungo 24.
kuva Nzeri kugera kuwa 24 Ugushyingo 2015 imvura yaguye mu Rwanda yatwaye ubuzima bw’abantu 31 ikomeretsa 57 isenya amazu 933.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bufatanyije n’umuryango “Uyisenga ni Imanzi“ baratangaza ko bagiye guca umuco wo gusiga abana ku mupaka.