
Ni muri urwo rwego ku mipaka ihuza u Rwanda na Congo hari abakozi b’ inzego z’ubuzima bapima buri muntu winjira mu Rwanda avuye muri Congo.
Kigali Today yasuye imipaka ya Croniche na Petite Barriere yasanze urujya n’uruza rusanzwe kuri iyi mipaka rukomeje, gusa abakozi b’ ibitaro bya Rubavu barapima umuntu wese winjiye mu Rwanda avuye Congo.
Aba baganga bitwaje ibikoresho bipima umuriro umuntu afite abarengeje igipimo cya 38 cy’umuriro, ntibemerwa kwinjira mu Rwanda ahubwo basabwa gusubirayo bakabanza kwivuza.
Imipaka ihuza Goma na Gisenyi ikoreshwa n’abantu babarirwa mu bihumbi 45 ku munsi bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka.

Inzego z’ubuvuzi zikaba zahagurukiye gupima buri wese, mu rwego rwo gukumira iki cyorezo kizwiho guhitana abantu benshi mu gihe gito.
Ku itariki ya 1 kanama 2018, Minisiteri y’Ubuzima yashyize hanze itangazo rihumuriza Abanyarwanda, ko iki cyorezo cya Ebola ntaho cyamenera ngo kigere mu Rwanda.
Ni muri urwo rwego imwe mu ngamba yo gukumira iki cyorezo harimo no gupima abinjira ngo hatarira ubaca mu rihumye akinjiza Ebola mu gihugu.



Ohereza igitekerezo
|