Umuyobozi w’akagari ka Ijwi mu murenge wa kamember ari mu maboko ya Polisi akekwaho gufata ruswa y’amafaranga ibihumbi 120 yahawe n’abo yari yafatiye imitego ya kaningini itemewe.
Umusore w’imyaka 20 wo mu murenge wa Kamembe yacunze umwana asohotse iwabo maze yica ingufuri yinjira mu nzu yiba matora ariko ubwo umwana wari ku rugo yagarukaga yahise asakirana na Havugimana yikoreye matora y’iwabo.
Guverineri wa Banki nkuru y’igihugu (BNR), Rwangombwa John, yasuye imishami rya banki nkuru y’igihugu mu karere ka Rusizi ndetse anareba uko imikorere imeze hagati y’ibigo by’imari n’abikorera.
Itsinda ryabantu bakora munzego zitandukanye bo mu gihugu cya Tanzania basuye abakora umwuga w’uburaya bo mu karere ka Rusizi bazwi ku izina ry’abatabazi uburyo bwiza bafite bwo kurwanda icyorezo cya SIDA.
Guverineri wa Banki nkuru y’igihugu (BNR) yasuye abakora umwuga wo gucuruza amafaranga mu karere ka Rusizi hafatwa ingamba zo gushakisha abakora uwo mwuga batabifitiye uburenganzira kuko bawukora nabi batuma ifaranga ry’u Rwanda rita agaciro.
Mu bice byegereye imipaka ihuza akarere ka Rusizi na Congo, hamaze iminsi havugwa abantu bavunja amafaranga n’Abanyekongo rwihishwa badakurikije uko igiciro cy’ifaranga gihagaze ku isoko.
Nyuma yuko Amosi Musa atanze inkwano y’ibihumbi 700 yifuza kuzarongora umwana w’umukobwa witwa Fatina Nyirahabimana w’imyaka 20; uyu mukobwa we yanyuze inyuma yisangira undi muhugu witwa Sadamu Harerimana bamaze imyaka itatu bakundana.
Umuyobozi w’akarere ka Rusizi,Nzeyimama Oscar, arasaba abashinzwe gushyira mu bikorwa imishinga yamurikiwe Perezida Kagame ubwo yasuraga ako karere gukora ibyo bamwemereye bitarenze amezi abiri.
Ku mugorobwa wo kuwa 22/05/2013, inzego z’umutekano z’ifatanyije n’ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi bashwanyaguje imitego ya kaningini yangiza amafi n’ibiyakomokaho mu kiyaga cya Kivu, banatwika urumogi bifite agaciro k’amafaranga 12.270.500.
Minisitiri w’ibikorwa remezo, Prof. Silas Lwakabamba, ari kumwe n’izindi ntumwa zo muri minisiteri ayobora basuye imishinga migari igiye kubakwa mu karere ka Rusizi harimo n’uruganda rwa Nyiramugengeri ruzabyazwa amashanarazi angina na MW15 azakoreshwa mu ruganda rwa SIMERWA rukora sima.
Mu gitindo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 21/05/2013, Pasiteri Bisimwa yaje kubwiriza mu mujyi wa Kamembe maze abwira abamotari ko kubera ibyaha bakora bagiye guhura n’impanuka 12 ndetse akaba yababwiye n’aho zizabera.
Antoine Twagirumukiza ushinzwe ishami ry’imari mu karere ka Rusizi yatoranyijwe nk’umukozi warushije abandi gukora neza muri uyu mwaka wa 2012-2013 ahabwa igihembo cy’amafaranga ibihumbi 150.
Abacuruzi bacuruza ibiribwa bibumbiye muri koperative TWUNGANE mu mujyi wa Rusizi baratangaza ko babangamiwe n’abagenzi babo bacuruza ibirayi byaboze kuko bizamura umwuka mubi bigatuma bakora batisanzuye ndetse n’abaguzi bakaba bake kuko baba bahunga umwuka mubi uva muri ibyo birayi.
Abagabo 10 bo mu midugudu itandukanye yo mu murenge wa Nkungu mu karere ka Rusizi banze kurara irondo mu ijoro rishyira tariki 18/05/2013 bituma inzego z’umutekano zibihanangiriza kuko ngo bimaze kuba akamenyero.
Polisi y’igihugu yagiranye amasezerano n’akarere ka Rusizi agamije ubufatanye mu gukangurira abaturage kurushaho kwibona mu bikorwa bigamije guhangana no gukumira icyo aricyo cyose cyagerageza guhungabanya umutekano mu karere no mu gihugu muri rusange.
Abantu 18 barimo abagore batanu n’abana 13 bafatiwe mu nkambi ya Nyagatare biyita impunzi. Abagore bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda, mu gihe abana babo bavuga Igiswahiri bavuga ko bashakanye n’Abakongomani ariko abagabo babo baza gupfa niko kwgira inama yo gutahuka, nk’uko babitangarije Kigali Today, kuwa Kane tariki 17/05/2013.
Abatuye mu karere ka Rusizi barasaba Abanyarwanda bitabiriye Rwanda Day i London mu Bwongereza bavuye mu Rwanda kubwira ababa mu mahanga ko u Rwanda rwabaye igihugu cyiza gitera imbere umunsi ku wundi, bikaba ari impamo izira amakabyankuru.
Abanyarwanda 42 harimo abagabo 6, Abagore 16 n’abana 22 zasesekaye ku mupaka wa Rusizi ya mbere, ku gicyamunsi cyo kuwa 16/05/2013, bavuye muri Congo.
Ntamahungiro Claude, umusore wo mu murenge wa Nkungu atangaza ko kuva mu bwana bwe yakoze imirimoye y’ingufu bigeza aho avumburiye ubwenge bwo gukora akazi k’ubucukuzi akoresheje ipine.
Abanyamabanga bahoraho b’amahuriro y’abafatanyabikorwa b’uturere (JDAF) baturutse mu gihugu hose bakoreye urugendoshuri rw’umunsi umwe mu karere ka Rusizi baje kubigiraho ibyiza bagezeho.
Ministri w’Ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, yasuye abashoramari bo mu karere ka Rusizi kuwa 14/05/2013, anashyira ibuye ry’ifatizo ahazubakwa inyubako y’isoko mpuzamahanga ryo kwagura ubucuruzi bwo bwambukiranya umupaka wa Rusizi ya mbere.
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 umuryango utabara imbabare Croix Rouge umaze ugeze mu Rwanda, abakorerabushake b’uwo muryango biyemeje gukomeza guharanira gufasha ababaye kurusha abandi nta gihembo, guharanira ubuzima bwiza hitabwa ku isuku n’isukura banabyigisha abandi.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, arakangurira abacuruzi bo mu karere ka Rusizi kubaka amasoko arimo ibicuruzwa byifuzwa n’ababagana cyane cyane Abanyekongo dore ko bakunze cyane ibicuruzwa byo mu Rwanda.
Primus Guma Guma Super Star icyiciro cya gatatu (PGGSS III) yatangiriye mu karere ka Rusizi tariki 11/05/2013 ubwo abahanzi 11 bataramiraga imbaga y’abantu bari bateraniye kuri stade y’ako karere.
Umwana w’imyaka 5 witwa Tuyishime Gadi ukomoka mu mudugudu wa Nyawenya, akagari ka Bigoga mu murenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi yitabye Imana tariki 11/05/2013 yishwe n’inzuki.
Mu runzinduko yagiriye mu karere ka Rusizi, tariki 09/05/2013, Perezida w’urukiko rw’ikirenga Prof. Sam Rugege, yasabye abayobozi b’inkiko kimwe n’abayobozi b’inzego za Leta gutanga ubutabera bwihuta kandi bunogeye buri wese.
Ubwo Uhoranyingoga Methode w’imyaka 30 wo mu murenge wa Kamembe yafatanywaga ibipfunyika 120 by’urumogi, tariki 09/05/2013, yatangaje ko kujya mu rumogi yabitewe n’inzara.
Umusirikari ifite ipeti rya Lieutenant witwa Hagenimana Théophile yitandukanyije n’umutwe wa FDLR akaba yageze mu Rwanda ku mupaka wa Rusizi ya mbere tariki 09/05/2013.
Kaporari Harerimana Pascal na mugenzi we kaporari Bahizi bavuye mu mutwe wa FDLR baratangaza mu myaka 19 bamaze mu mashyamba ya Congo abayobozi b’umutwe wa FDLR bahoraga bababeshya ngo bazaza mu Rwanda binyuze mu biganiro cyangwa hakoreshejwe imbaraga zabo.
Abanyarwanda 22 barimo abana 15, abagore 6 n’umugabo umwe baraye bafatiwe i Bukavu muri Congo bashaka kwiyandikisha mu ishami ry’umuryango w’abibubye ryita kumpunzi (UNHCR) ariko bigaragara ko bari baratahutse bakongera gusubira muri Congo rwihishwa.