PGGSS III tangiriye i Rusizi

Primus Guma Guma Super Star icyiciro cya gatatu (PGGSS III) yatangiriye mu karere ka Rusizi tariki 11/05/2013 ubwo abahanzi 11 bataramiraga imbaga y’abantu bari bateraniye kuri stade y’ako karere.

Mc Tino na Mc Anita nibo bari bayoboye iki gitaramo.
Mc Tino na Mc Anita nibo bari bayoboye iki gitaramo.

Muri rusanga iki gitaramo cy’itabiriwe n’Abanyarusizi biganjemo urubyiruko aho bari bizihiwe n’umunezero mwinshi, buri wese agaragaza ishyaka n’urukundo by’umuhanzi akunze aho bigaragazwa no gufana mu gihe cyo kuririmba. Bamwe babigaragazaga bamanika ibyapa n’amaboko.

Urban Boyz babyina Sipiriyani na ba MC.
Urban Boyz babyina Sipiriyani na ba MC.

Muri abo bahanzi 11 buri wese yagiye agira umwanya wo kuririmba ndetse agafata n’umwanya wo gusaba abazamutora bahitamo nimero ye.

Muri aya marushanwa hari abahanzi bizaniye ababafasha kwiyamamaza aho umuhanzi Senderi yari kumwe n’umukinnyi wa filime uzwi ku izina rya Mukarujanga akaba kandi yariyazanye n’umusore wagize umwuga kuvuza vuvuzera.

Knowless yari afite abamushyigikiye benshi.
Knowless yari afite abamushyigikiye benshi.

Umuhanzi Knowless nawe yari afite uwamwamamazaga wari wisize amabara umubiri wose mu mugongo handitse nimero ye.

mu Karere ka Rusizi ababahanzi baririmbaga bakoresheje play back ariko umwe mu bashyushya rugamba witwa Anitha yatangaje ko bazaririmba live mu turere tune aritwo Musanze, Rubavu, Mahanga ndetse no mu mujyi wa Kigali.

Senderi abyinana na Mukarujanga.
Senderi abyinana na Mukarujanga.

Umuhanzi Senderi yasezeranyije abakunzi be ko nibaramuka ba mutoye azabitura kugurira Rayon sport abakinnyi babiri bo kugwego mpuzamahanga.

Muri icyo gitaramo, abakunzi b’akayoga bishimiye igabanuka ry’ibiciro bya Primus kuko ebyiri zaguraga amafaranga 500 bityo abantu bakica akanyota dore ko bari banaguye agacuho ko kubyina bafatanyije n’abo bahanzi.

Mico yazanye n'umuzungukazi kuri stage.
Mico yazanye n’umuzungukazi kuri stage.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

bakunzi ba rayon sport ngaho nimutore senderi turebeko imvugoye ariyo ngiro mubikore nzi yuko muri benshi.natabikora??????

ntezanas yanditse ku itariki ya: 18-05-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka