Umugabo witwa Fidele Gashema utuye mu mudugudu wa Kabajoba mu kagali ka Mushaka mu murenge wa Rwimbogo, afungiye kuri Station ya Polisi ya Kamembe akekwaho gufata ku ngufu umwana yibyariye w’imyaka 12 y’amavuko.
Umurambo w’umugabo witwa Munyantore Athanase wabonetse ahagana saa mbiri za mu gitondo cyo kuwa 07/02/2013 mu mudugudu wa Ndaberewe, akagari ka Kigenge, umurenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi.
Komite zishinzwe imiturire mu turere zirasabwa gukorera hamwe zikamenyekanisha gahunda ya Leta y’imiturire ivuguruye kugirango gahunda y’iterambere ry’imijyi n’imiturire ivuguruye mu cyaro igerweho mu gihe cyateganyijwe muri gahunda ya kabiri y’imbaturabukungu no kurwanya ubukene (EDPRS 2).
Abantu batandatu bo mu muryango umwe bo mu kagari ka Miko, umurenge wa Mururu mu karere ka Rusizi, mu gitondo cya tariki 05/02/2013, wafashwe n’indwara yo kuruka, guhitwa n’umuriro none umwana umwe amaze kwitaba Imana.
Mu bice bitandukanye by’akarere ka Rusizi ubujura bw’insinga z’amashanyarazi bubangamiye benshi kuko hari abasubiye mu kizima atari ukubura amafaranga ahubwo ari uko baba bibwe insinga zigeza amashanyarazi ku mazu yabo.
Abayobozi b’inzego z’ibanze barasabwa kwegera abaturage bafashe inguzanyo za VUP babakangurira kwishyura vuba kuko igihe bahawe cyo kuzishyura kiri kubarengaho.
Nyuma y’ukugabanuka k’urujya n’uruza rw’abantu ku mupaka wa Rusizi I kubera gutinya intambara ya M23, ubu ubuhahirane hagati ya Rusizi na Bukavu bwariyongereye ariko Abanyekongo binubira ko igihugu cyabo gifunga umupaka kare.
Umwana w’imyaka itanu witwa Niyitanga Steven wo mu mudugudu wa Nyange, akagari ka , umurenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi yafashwe n’insinga z’amashanyarazi ku mugoroba wo kuwa 03/02/2012 ahita yitaba Imana.
Abitandukanyije n’abacengezi bo mubyiciro bya 40, 41, 42 na 43 bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke barakangurirwa kwibumbira hamwe bashaka icyabateza imbere mu rwego rwo kwivana mu bukene.
Abaturage b’umurenge wa Nyakabuye mu karere ka Rusizi barakangurirwa kwigira ku bikorwa by’ubutwari byaranze ingabo zahoze ari iza FPR-Inkotanyi zitanze zikabohora igihugu ndetse n’izindi ntwari zibukwa buri tariki ya mbere Gashyantare kuko bigaragaza urukundo bakunda igihugu cy’u Rwanda.
Abana 11 bo mu murenge wa Nkanka mu karere ka Rusizi bariye inyama zihene yipfishije, mu gitondo cya tariki 01/02/2013 zibagwa nabi boherezwa ku kigo nderabuzima cya Nkaka bahageze babona bibarenze bahita bajyanywa mu bitaro bikuru bya Gihundwe.
Abandi Banyarewanda 24 batahutse kuri uyu wa kane tariki 30/01/2013, bakigera mu nkabi ya Nyagatare bahise batangaa ko ubuzima bwo mu mashyamba bumaze kubava ku nzoka, kuko bose uko batahutse nta numwe ufite ubuzima bwiza.
Musabyimana Jean w’imyaka 44 wari ufungiye kuri sitasiyo ya Porisi ya Muganza mu karere ka Rusizi ashinjwa gutunga imbunda mu buryo butemewe n’amategeko yatorotse aho yari afungiye anyura mu gisenge cy’inzu mu ijoro rya tariki 28/01/2013.
Nduwimana Jean Paul uzwi ku izina rya NOOPJA, wamenyekanye cyane mu ndirimbo MURABEHO irimo ubutumwa bukangurira Abanyarwanda kwirinda SIDA ,yashyize hanze indirimbo ebyiri zifite ubutumwa bwo gukunda igihugu.
Abanyeshuri bigaga mu mashuri abanza yose yo mu murenge wa Bugarama batsinze ku kigerenyo cya 100% naho abasoza icyiciro rusange (tronc commun) batsinda kuri 99%. Ngo rimwe riburaho ryatewe no kuba hari umwana utarabashije kurangiza ibizamini byose bitewe n’uburwayi nk’uko Niyindagiye Lucie ushinzwe uburezi muri uyu (…)
Abanyarwanda bari gutahuka bava muri Congo ngo bagomba guhozwaho ijisho kuko ntawabashira amakenga igituma abagore n’abana aribo baza ku bwinshi kandi abagabo babo aribo babarizwa mu mutwe wa FDLR.
Ubwo yarahizaga abahesha b’inkiko batari ab’umwuga batanu bo mumirenge itandukanye yo mukarere ka Rusizi, kuri uyu wa 28/01/2013, intumwa ya Leta muri minisiteri y’ubutabera, Kabanda Ildephonse, yabasabye kudahubuka mu kurangiza imanza.
Abandi banyarwanda 34 baturutse mu bice bya congo bitandukanye bagarutse mu gihugu cyabo, nyuma y’igihe kirekire barahungiye muri congo. Bose batangaza ko batari bazi amakuru y’impamo ku birebana n’u Rwanda, aho ngobumvaga bafite ubwoba bwo kugaruka.
Umusore witwa Tuyisenge Jean de Dieu yatahutse mu Rwanda tariki 24/01/2013 avuye mu mashyamba ya Kongo aho yabaga mu mutwe wa FDLR muri zone ya Mwenga.
Abantu 25 ba mbere babashije kwizigamira muri banki y’ubucuruzi (BCR) ishami rya Kamembe bahawe amahirwe yo gutombora begukanira ibihembo bitandukanye birimo amaradiyo n’amateleviziyo.
Perezida wa Komisiyo y’Amatora mu Rwanda, Prof. Karisa Mbanda, yatangaje ko mu matora y’Abadepite ateganyijwe muri Nzeri 2013 nta muturage uzatorera muri shitingi.
Abakora umwuga w’uburaya mu mujyi wa Kamembe mu karere ka Rusizi batangiye kujya batera amahane ku bagabo baba babasambanyije, kugeza naho uwanze kwishyura indaya zimwishyurije ku karubanda ku manywa y’ihangu.
Byari bimaze iminsi bivugwa ko ishuri ryisumbuye rya Rususa rishobora kuzakinga imiryango bitewe n’imiyoborere n’imicungire mibi y’abayobozi bari barishinzwe, ariko kubw’amahirwe Kiriziya Gaturika Diyoseze ya Cyangugu yaje kurigoboka ariko biba ngombwa ko rihindura icyerekezo ryari rifite.
Kimwe n’ahandi mu Rwanda, mu Karere ka Rusizi hatangijwe ku mugaragaro ibikorwa by’Intore zo kurugerero. Umuhango wabereye mu murenge wa Nkungu, kuri uyu wa kabiri, tariki 22/01/2013, ahari hateraniye abaturage bose b’uwo murenge ndetse n’intore zo kurugerero zigera kuri 169.
Mu ijoro rishyira kuri uyu wa mbere, tariki 21/01/2013, imodoka yo mu bwoko bwa Fuso ifite pulake RAA 636X yari ivuye ahitwa ku cyapa yerekeza ku Rusizi rwa mbere yagonze imwe mu nyubako z’itorero Anglican mu murenge wa Kamembe, mu karere ka Rusizi.
Mukarusagara Maria utuye mu mudugudu wa Mont Cyangugu, akagari ka Cyangugu, umurenge wa Kamembe ho mu Karere ka Rusizi, wafatanywe amasasu abiri y’imbunda yo mu bwoko bwa SMG.
Abakoporali babiri Mbananabenshi na mugenziwe Nzeyimana, baraye bageze ku mupaka wa Rusizi ya mbere ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 18/01/2013. Batangaza ko bitari byoroshye gutahuka n’agato kubera ko FDLR izira kumva abantu batahutse.
Impunzi z’Abanyarwanda zari zaraheze muri Repubulika iharanira Demokaresi ya Congo zikomeje gutahuka mu Rwanda, aho ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 18/12/2013 abagera kuri 29 nabo bageze mu nkambi ya Nyagatare.
Kuri uyu wa 18/01/2013, Perezida Kagame yaganiriye n’abaturage b’akarere ka Rusizi ababwira ko hoteli ikomeye igomba kubakwa mu karere ka Rusizi mu bihe bya vuba kuko ngo ikenewe cyane kandi yashishishikarije abashoramari guhuza imbaraga kugira ngo yubakwe kuko aribo izagirira akamaro gakomeye.
Kuri uyu wa 17/01/2013, Perezida wa Repubulika yakomereje uruzinduko rwe mu karere ka Rusizi aho yashimye abatuye aka karere kuko hari icyahindutse mu bikorwa byabo ugereranyije n’igihe ahaherukira ndetse abizeza ko Leta izakomeza kubafasha mu iterambere.