• Abayobozi basuye aho abacuruzi b

    Rusizi: Abacuruza umucanga ngo babangamiwe no gusora badakora

    Abacuruzi b’umucanga bakorera ahitwa kuri Depo mu karere ka Rusizi bavuga ko batishimiye gusoreshwa badakora nyuma yo gufungirwa bagasabwa kujya gukorera ku cyambu cya Busekanka.



  • Orchestre Amis des Jeunes bashimishije abitabiriye igitaramo.

    Kagame yahaye Orchestre Amis des Jeunes ibikoresho bya muzika

    Orchestre Amis de Jeunes ikorera mu murenge wa Rwimbogo mu karere ka Rusizi yakoze igitaramo kidasanzwe cyo gushimira Perezida Kagame inkunga y’ibikoresho bya muzika bifite agaciro k’amafaranga asaga miliyoni eshanu yabagejejeho mu mpera z’umwaka ushize nkuko yari yabibasezeranyije ubwo yasuraga akarere ka Rusizi muri 2010.



  • Ako ni agafuka Kubwimana atwayemo utwo yahahiye urugo.

    Rusizi: Umugabo yirirwa asabiriza n’umwana mu mugongo

    Kubwimana Gaspal w’imyaka 41 utuye mu karere ka Rusizi yirirwana umwana w’imyaka 4 mu mugongo asabiriza cyangwa yisuma mu mujyi wa Kamembe kubera ubukene yatewe no kuvuza umugore we.



  • Abakora umwuga w

    Nkombo: Uburobyi bukomeje kuba imbogamizi mu kuringaniza urubyaro

    Kuba 80% by’abatuye Umurenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi batunzwe n’uburobyi mu kiyaga cya Kivu ngo bigira ingaruka ku kuboneza urubyaro kuko igihe kinini aba bakora uburobyi bibera mu mazi bityo ubukangurambaga bukorwa kuri iyi gahunda bukaba butabageraho.



  • Abitabiriye imyiteguro yo kwibuka kucuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Rusizi: Imibiri y’abazize Jenoside yigiye kwimurirwa mu rwibutso rw’icyitegererezo rwa Nyarushishi

    Imibiri y’abazize Jenoside mu karere ka Rusizi ishyinguwe mu nzibutso zitameze neza cyane cyane urwa Nyakanyinya, Nyakarenzo na Isha izimurirwa mu rwibutso rw’icyitegererezo rurimo kubakwa i Nyarushishi.



  • Kwizera emmanuel ushinzwe amahugurwa y

    Rusizi: Umushinga RDIS wamuritse ibyo wakoreye abaturage

    Umushinga RDIS ukorera mu itorero ry’Abanglicane mu Rwanda ku nkunga ya Guverinoma ya Scotland, kuwa 28/03/2013, wamuritse ibikorwa by’iterambere wagejeje ku baturage 200 batishoboye mu midugudu ibiri y’akagari ka Cyangugu mu murenge wa Kamembe akarere ka Rusizi.



  • Rusizi:Yaroze umwana wa mukuru we bikurura impaka ndende

    Umusaza witwa Habiyaremye Enock wo mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi arashinjwa kuroga umwana wa mukuru we witwa Buntu Emmanuel ibisazi byo kwiruka ku musozi.



  • Abaganga n

    Rusizi: Abagabo barasabwa kwitabira gahunda yo kuboneza urubyaro bya burundu

    Abaganga n’abaforumu bo mu bitaro bya Bushenge, Mibirizi na Kibogora bari guhugurwa ku buryo bugezweho bwo kuboneza urubyaro bwa burundu basanga abagabo bakwiye kwitabira ubu buryo kuko bwunganira ubwari busanzwe ku bagore.



  • Rusizi: Umuyaga wasenye amazu y’abaturage ba Nyakarenzo

    Imvura nyinshi ivanze n’inkubi y’umuyaga yaguye ku mugoroba wa tariki 25/03/2013, yasenye inzu eshanu z’abaturage hamwe n’urusengero rwa EAR mu murenge wa Nyakarenzo mu karere ka Rusizi.



  • Abagororwa barishimira ko basigaye basurwa n

    Rusizi: Ngo nubwo bafunze barifuza ko imiryango yabo yakemurirwa ibibazo

    Ubwo basurwaga n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge ya Gitambi, Nyakabuye na Nzahaha, bamwe mu bagororwa bari muri gereza nkuru ya Cyangugu basabye ko ibibazo by’imiryango yabo byajya bikemurwa kugira ngo idasigara inyuma mu iterambere igihugu kiri kuganamo.



  • Abakora uburaya bitabiriye inama yiga ku gukumira SIDA mu karere ka Rusizi.

    Rusizi: Abakora uburaya mu rugamba rwo gukumira ubwandu bwa SIDA

    Abakora uburaya bo mu karere ka Rusizi biyemeje kugira uruhare mu gukumira ubwandu bushya bwa SIDA birinda kwandura ndetse bakarinda ababagana.



  • Inkambi ya Nyagatare nta mashanyarazi ifite.

    Rusizi: MIDMAR yasuye inkambi ya Nyagatare

    Muri gahunda ye yo gusura inkambi zakira impunzi z’Abanyarwanda zitahuka, Minisitiri w’Imicungire y’ibiza no gucyura impunzi, Mukantabana Seraphine, yasuye inkambi ya Nyagatare mu Karere ka Rusizi aho yagejejweho bimwe mu bibazo iyi nkambi ifite.



  • Abitabiriye umunsi mpuzamahanga wo kurwanya igituntu.

    U Rwanda rwarengeje ibipimo bya OMS mu kuvura igituntu

    U Rwanda rwarengeje imibare isabwa n’umuryango mpuzamahanga wita ku buzima (OMS) mu kuvura igituntu kuko ikigereranyo cy’abavurwa igituntu mu Rwanda bagakira kigeze kuri 89% mu gihe OMS ivuga ko abagomba gukira bagombye kuba nibura 85%.



  • Rusizi: Yashinjwe amarozi arakubitwa kugeza agagaye

    Umusaza Hakuzimana Anicet utuye mu murenge wa Butare, tariki 20/03/2013, yakubiswe n’abaturanyi be yenda gushiramo umwuka bamushinja kuroga abaturage bagenzi babo.



  • Inkeragutabara ziyemeje gucunga ikiyaga cya Kivu.

    Rusizi: Inkeragutabara ni urwego rwizewe mu kubungabunga ibidukikije

    Mu biganiro byateguwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) bikitabirwa n’Inkeragutabara 56 zo mu mirenge 5 y’akarere ka Rusizi (Mururu, Kamembe, Gihundwe, Nkanka na Nkombo) ikora ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu byagaragaye ko Inkeragutabara zifite uruhare rukomeye mu kwita ku bidukikije.



  • Rusizi:Baracyekwaho guhotera umukobwa

    Abana babiri b’abahungu bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Kamembe mu karere ka Rusizi bakurikiranyweho gufata ku ngufu umukobwa w’imyaka 22 utuye Murenge wa Gihundwe ariko bo barabihakana.



  • Abagabo bafashwe basarura urumogi muri Nyungwe.

    Abagabo babiri n’abana babo bafashwe basarura urumogi muri Nyungwe

    Ntibigirwa w’imyaka 45 na mugenzi we Nayirwanda w’imyaka 39 hamwe n’abana babo babiri baguwe gitumo n’abacunga pariki ya Nyungwe tariki 18/03/2013 aho babasanze bari gusarura umurima w’urumogi bari bahinze mu ishyamba rya Nyungwe.



  • UNHCR iremeza ko Abanyarwanda bari kwitabira gutaha ari benshi

    Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kwita ku Mpunzi UNHCR ryatangarije i Bukavu muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo ko mu mwaka ushize wa 2012 ryacyuye impunzi z’Abanyarwanda 1,154 babaga muri Kivu y’Amajyepfo, barimo abari abarwanyi ba FDLR 390.



  • Ntahomvukiye na Nyirahabimana baje kwemererwa gusezerana imbere y

    Rusizi: Ntahomvukiye yabyutse mu rugo rumwe ajya gusezerana mu mategeko n’umugore wo mu rundi rugo

    Umugore Mukanyandwi Esperance yabwiye abari bitabiriye gusezerana imbere y’amategeko mu murenge wa Muganza mu karere ka Rusizi ko Ntahomvukiye Jean Pierre wari ugiye gusezerana na Nyirahabimana Elisabeth ari umugabo we babyaranye, ndetse bakaba bari banararanye mu ijoro ryo kuwa 27 rishyira kuwa 28/02/2013 ku munsi yari (…)



  • Abayobozi mu nzego zitandukanye bitabiriye imurikabikorwa.

    Rusizi: RGB irishimira ibikorwa byo mu kwezi kw’imiyoborere

    Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB) kirishimira umusaruro uva mu kwezi kw’imiyoborere kuko ibibazo by’abaturage bigabanuka bitewe no kubiha umurongo n’icyerekezo cy’uburyo bikemukamo.



  • Guverineri wa BNR mu nama n

    Rusizi: Guverineri wa Banki Nkuru y’igihugu arasaba ko amafaranga agera kuri buri Munyarwanda

    Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Ambasaderi Gatete Claver arasaba abayobozi b’amabanki n’ibigo by’imari korohereza abaturage bose, by’umwihariko abagore kubona amafaranga babashishikariza gusaba inguzanyo.



  • Mwene iyi mitego ifata amafi atarakura bigatuma umusaruro wari kuzaboneka mu minsi iri imbere ugabanuka.

    Rusizi:Hari abagikoresha imitego yangiza amafi

    Nubwo ishami rya Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi rishinzwe uburobyi b’ubworozi bw’amafi ryishimira ko umusaruro w’amafi mu Kiyaga cya Kivu ugenda wiyongera, ngo haracyari imbogamizi z’uburobyi bukoresha Imitego yangiza amafi aba atarakura.



  • Rusizi: Urubyiruko rwahoze rutwara amagare rwahisemo kwiga amategeko y’umuhanda

    Urubyiruko rwahoze rutwara amagare mu muhanda Bugarama-Nzahaha rwashinze Koperative yigisha amategeko y’umuhanda kugira ngo ruzabashe gutwara za moto ndetse n’imodoka gusa barasaba ubwunganizi kuko aribwo koperative yabo igitangira.



  • Abo nibo batahutse tariki 15/02/2013.

    Abandi banyarwanda 30 batahutse

    Abanyarwanda 30 babaga muri Congo batahutse mu Rwanda ku gicamunsi cya tariki 15/02/2013 binjiriye ku mupaka wa Rusizi ya mbere bahita bajyanwa mu nkambi ya Nyagatare iri mu murenge wa Gihundwe.



  • Harimo amashashe yafashwe akiri mashya.

    Rusizi: Hafashwe imifuka 10 y’amashashe

    Nubwo hafashe ingamba zo guca amashashe mu gihugu mu rwego rwo kurengera ibidukikije mu karere ka Rusizi haracyari abaturage bakiyagurisha. Kuri uyu wa 14/02/2013 Polisi yageze mu mazu y’ubucuruzi ndetse hanatoragurwa amasashe yo mu muhanda mu mujyi wa Kamembe haboneka imifuka 10.



  • Abitabiriye inama ku gihingwa cya kawa.

    Rusizi: Abanyenganda barasabwa kudatererana abahinzi ba kawa

    Abanyenganda bagura umusaruro wa kawa mu karere ka Rusizi baragawa ko baharanira ko inyungu zabo zagerwaho bigatuma batubahiriza ibiciro bya kawa by’umvukanyweho ku rwego rw’igihugu.



  • Abayobozi batandukanye bakanguriye abaturage akamaro k

    Rusizi: Abaturage barasabwa gukomeza kwicungira umutekano

    Ubwo yatangizaga icyumwru cya community policing, tariki 11/02/2013, umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar, yasabye Abanyarusizi gufatanya n’inzego z’umutekano mu kwibungabungira umutekano.



  • Umukecuru yafunze amazu ayicara iruhande.

    Rusizi: Bafungiwe amazu bakodesha kubera amakimbirane yo mu miryango

    Umukecuru witwa Nyiramuzungu Talaka yafunze amazu akodeshwa n’abantu batandukanye mu mujyi wa Rusizi kubera ko atabona ku mafaranga ava mu bukode bw’ayo mazu kandi nawe ari mu bo ayo mazu yarazwe.



  • Abafungwa 34 bo muri gereza ya Ruysizi bahindutse abayoboke b

    Rusizi: Abafungwa 34 barabatijwe

    Ijambo ry’Imana ku bagororwa ngo rituma babasha kuba abantu babereye umuryango nyarwanda ndetse bakanabera Itorero ry’Imana kuko nyuma yo kwihana bagaruka mu nzira itunganye.



  • Muri uwo muhango, habayeho igikorwa cyo kwipimisha agakoko gatera SIDA.

    Rusizi: Ababyeyi barasabwa kwigisha abana urukundo nyakuri

    Ababyeyi bo mu karere ka Rusizi barasabwa gushishikariza abana gukura bazi gutandukanya urukundo nyakuri n’urukundo rubabeshya kuko ari byo bizabafasha mu guhagarika ubwandu bushya bwa SIDA mu rubyiruko no mu muryango nyarwanda.



Izindi nkuru: