• Inyubako Access Bank ikoreramo mu karere ka Rusizi.

    Rusizi: Amabanki amaze kwegera abaturage

    Abaturage bo mu karere ka Rusizi bemeza ko urwego rw’amabanki rumaze gutera imbere ndetse abaturage benshi basigaye bashobora gukorana nayo bitandukanye na mbere aho wasangaga amabanki aganwa n’abakire gusa.



  • Abo muri FDLR batahutse tariki 15/01/2013.

    Abo muri FDLR bakomeje gutahuka

    Kaporali Niyonzima na Karisa babaga muri FDLR n’imiryango yabo batahutse mu Rwanda ku mugoroba wo kuwa 15/01/2013 bavuye muri kongo. Binjiriye ku mupaka wa Rusizi ya kabiri bahita bajyanwa mu nkambi y’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi.



  • Akakekwaho kugira uburwayi bwo mu mutwe bafatiwe mu mujyi wa Kamembe.

    Rusizi: Abakekwaho uburwayi bwo mu mutwe bafashwe kugira ngo bitabweho

    Abakekwaho kugira uburwayi bwo mu mutwe 15 bo mu karere ka Rusizi bafashwe ku mugoroba wa tariki 14/01/2013kugira ngo babajyane kubavuza i Ndera.



  • Ikiraro gishya kirimo kubakwa iruhande rw

    Rusizi: Imirimo yo kubaka ikiraro gishya gihuza u Rwanda na Congo igeze kure

    Imirimo yo kubaba ikiraro cyo ku mupaka wa Rusizi ya mbere gihuza akarere ka Rusizi n’umujyi wa Bukavu muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo igeze kure.



  • Iyi nzu ikora nk

    Rusizi: Havumbuwe icumbi rikora mu buryo butazwi

    Ubwo abashinzwe kugenzura isuku mu karere ka Rusizi bakomezaga igikorwa cyo kureba aho isuku igeze ishyirwa mu bikorwa, kuri uyu wa 10/01/2013, baje kugwa ku inzu icumbikira abantu ariko itazwi mu murenge wa Kamembe ihita ifungwa.



  • Akekwaho guca umwana ikirimi hanyuma agapfa.

    Rusizi: Ubuvuzi bwa magendu bwahitanye umwana w’uruhinja

    Nsabiyumva Erneste w’imyaka 36 wo mu murenge wa Muganza afungiye kuri sitasiyo ya Polisi i Kamembe akurikiranweho urupfu rw’umwana w’uruhinja ubwo yageragezaga kumuca ikirimi hanyuma bikamuviramo urupfu.



  • Rusizi: Yagiye kwishyingira agezeyo abura umugabo

    Umukobwa w’imyaka 20 witwa Nkejuwimye Gentille wo mu murenge wa Gihundwe yahamagawe n’umuhungu kuri telefone amusaba kuza bakabana, ariko ubwo nyamukobwa yazingaga utwe yageze aho umuhungu atuye aramubura ahamara iminsi igera kuri ibiri amutegereje.



  • Rugiramavuga na Bagirinshuti bafunze bazira kwihanira.

    Rusizi: Yafashwe yiba amakara baramutema umubiri wose

    Umusore w’imyaka 33 witwa Kayisire Theogene yatemaguwe n’umusaza witwa Rugiramavuga Emmanuel w’imyaka 50 wo mu murenge wa Kamembe, ahagana saa munani z’ijoro rishyira tariki 09/01/2013, ubwo yamusangaga mu ifuru ye agiye kwiba amakara ye.



  • Rusizi: Umuryango FPR inkotanyi mu migambi mishya yo kwihutisha iterambere

    Abagize ikipe ya tekiniki y’umuryango FPR ku rwego rw’igihugu n’abayobozi b’umuryango ku rwego rw’Akarere ka Rusizi, abakuriye umuryango n’abashinzwe iyamamaza matwara mu mirenge yose y’Akarere ka Rusizi, baremeza ko umuryango FPR-Inkotanyi ufite imigambi mishya yo kwihutisha itera mbere mu Rwanda.



  • Imiryango irimo abana n

    Rusizi: Abitandukanyije n’umutwe wa FDLR bakomeje gutahuka kubwinshi

    Abandi barwanyi bo mumutwe wa FDLR bagera kuri 47 muri bo harimo abasirikare 13, abagore icyenda n’abana 25, batahutse baturutse muri zone ya kabare muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ku mugoroba wo kuwa 05/01/2013.



  • Umusaruro w

    Rusizi: Gutangira umwaka ngo ntibyabagendekeye neza nk’uko bisanzwe

    Abaturage bo mu murenge wa Bweyeye ho mu karere ka Rusizi baratangaza ko iminsi mikuru isoza umwaka yaje nta mafaranga bafite bityo bakaba batarishimye nkuko bari basanzwe babigenza.



  • Rusizi: Iminsi mikuru yabagushishe mu ikosa ryo gukora ibagiro mu rugo rwabo

    Mukeshimana Pascal wo mu murenge wa Kamembe yafashwe ahagana saa cyenda z’ijoro tariki 31/12/2012 arangije kubaga inka ebyiri mu rugo iwe kandi bitemewe.



  • Nzakizwanayo washatse kwiyahura kubera gufatanwa insinga z

    Rusizi: Yafashwe ari kwiba insinga za EWSA ashaka kwiyahura

    Emmanuel Nzakizwanayo wo mu karere ka Nyamasheke Mu murenge wa Cyato, yafatiwe ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu ashaka kwiyahura, nyuma y’uko inzego z’umutekano zamuhigaga azira kwiba ibizingo by’insinga za EWSA.



  • Abagore bitabiriye Inteko rusange mu karere ka Rusizi.

    Rusizi: Abagore basabwe gushishikarira gahunda ya Hanga Umurimo

    Umuyobozi w’akarere ka Rusizi wungirije ushinzwe Ubukungu n’Imari, Habyarimana Marcel, yasabye abagize inteko rusange y’abagore muri ako karere gushyigikira gahunda ya Hanga Umurimo nk’ imbarutso y’iterambere.



  • Musabyimana yiyemerera ko yari atunze iyo mbunda.

    Rusizi: Yafatanywe imbunda yo mu bwoko bwa Pisitori

    Musabyimana Yohani w’imyaka 44 ukomoka mu karere ka Nyamasheke mu murenge wa Kagano ariko akaba atuye mu murenge wa Gitambi mu kagari ka Hangabashi mu karere ka Rusizi yafatanywe imbunda yo mu bwoko bwa pisitori irimo n’amasasu yayo 6.



  • Mukandabunga yateshejwe agiye kwiyahura hamwe n

    Rusizi: Yafashwe agiye kwiyahura mu Kivu

    Mukandabunga Cecile w’imyaka 24 y’amavuko wo mu kagari ka Burunga, umurenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi yafatiwe ku kiyaga cya Kivu afite umwana we w’uruhinja agiye kwiyahura mu gitondo cya tariki 28/12/2012.



  • Abatekinisiye b

    Rusizi: Nta muhigo w’uyu mwaka uragera kuri 50%

    Nyuma yo kutishimira umwanya wa 27 akarere ka Rusizi kegukanye mu mihigo y’umwaka ushize, itsinda ry’abatekinisiye b’akarere ka Rusizi bakoze inama yo kurebera hamwe uko imihigo y’uyu mwaka yakwihutishwa kugira ngo izarangire hakiri kare.



  • Rusizi: Hafashwe imodoka itwaye magendu

    Polisi ishinzwe kurwanya magendu yafashe amakarito 30 ya divayi itukura (red wine) ya magendu yari atwawe n’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Prado saa 05h30 tariki 26/12/2012 iyavanye ku mupaka wa Rusizi ya mbere iyajyanye i Kigali.



  • Bigaragambije basaba guhembwa amafaranga bakoreye mu mezi ane.

    Rusizi: Kudahembwa byatumye bigararambya ku bakoresha babo

    Abakozi bubaka isoko ry’abashoramari riri mu murenge wa Kamembe bakoze imyivumbagatanyo bavuga ko bamaze amezi ane badahembwa. Ngo Gasana Pascal ushinzwe kubahemba amaze iminsi ababeshya ngo arabahemba ariko byagera ku munsi yababwiye akababwira ngo bazagaruke.



  • Habiyaremye afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kamembe.

    Rusizi: Umusaza wimyaka 56 araryozwa gufata ku ngufu umwana w’imyaka 13

    Kuri sitasiyo ya Polisi ya Kamembe hafungiwe umusaza witwa Habiyaremye wo mu murenge wa Rwimbogo akekwaho gufata umwana w’imyaka 13 ku ngufu.



  • Bafashwe bavuga ko bataye ibyangombwa byabo.

    Rusizi: Abantu 19 bafatiwe mu mukwabo batagira ibyangombwa

    Mu bantu 23 bafatiwe mu mukwabo wabaye mu mujyi wa Rusizi tariki 25/12/2012 harimo 19 badafite ibyangombwa. Harimo n’abagore 4 bafatanywe urumogi aho bari bararuhinze mu mirima yabo.



  • Imbangukiragutabara yo ku bitaro bya Gihundwe.

    Abagana ibitaro bya Gihundwe bahamya ko basigaye bahabwa serivise nziza

    Abivuriza ku bitaro bya Gihundwe biri mu karere ka Rusizi bavuga ko muri iki gihe serivise bitanga zavuguruwe bitandukanye na mbere ubwo hari abaforomo n’abaganga banengwaga kurangarana abarwayi.



  • Rusizi: Umuntu yishe undi amushinja kuroga mushiki we

    Abagabo barindwi bo mu karere ka Rusizi bafungiye kuri station ya Polisi ya Muganza bakurikiranyweho icyaha cyo kwica Samvura Yohani bamuziza kuba ngo ari umurozi.



  • Ngo batahutse kubera barambiwe amacakubiri ari muri FDLR

    Abakaporari babiri: Ntezimana Emmanuel na Ntawumenyiryayo; n’umu sordant umwe bitandukanyije n’umutwe wa FDLR bageze mu nkambi ya Nyagatare mu karere ka Rusizi ku mugoroba wa tariki 21/12/2012.



  • Inyubako y

    Rusizi: Imyiteguro y’iminsi mikuru ibangamiwe n’ibura ry’amafaranga

    Bamwe mu bahahira n’abacururiza mu isoko rya Kamembe mu Karere ka Rusizi bavugako imyiteguro y’iminsi mikuru isoza kandi ikanatangira umwaka, idashyushye nk’uko bisanzwe kubera ibura ry’amafaranga kubahaha n’ubwo ibiciro by’ibicruzwa byagabanutse.



  • Rusizi: Umukecuru yahitanywe n’umugezi

    Umukecuru Mukandori Costasiya yatwawe n’umugezi wa Nyagahanga ubwo yari avuye ku isoko rya Mwezi, mu murenge wa Karengera ho mu Karere ka Nyamasheke ku mugoroba wa tariki 20/12/2012.



  • Abitabiriye inama biyemeje gukora cyane ngo abakwepa imisoro nabo basoreshwe.

    Rusizi: Imisoro yinjizwa ni mike ugereranyije n’ibikorwa bihakorerwa

    Umuyobozi w’a karere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar, arahamagarira ba rwiyemeza miririmo batsindiye kwishyuza imisoro muri ako karere gukora iyo bwabaga kugira ngo hagaragare umusaruro ushimishije.



  • Rusizi: Babiri bari mu maboko ya polisi bazira urumogi

    Bashinguriki Damascene w’imyaka 21 wo mu murenge wa Gihundwe na mugenzi we Mwitirehe Baritazari w’imyaka 32 nawe wo muri uwo murenge bafatanywe udupfunyika 14 tw’urumogi ahagana mu masaa tanu z’amanywa zo kuwa 16/12/2012.



  • Nongo barushijeho gukunda igihugu.

    Rusizi: Urubyiruko ruri mu itorero ngo rugiye kuba umusemburo w’iterambere

    Abasore n’inkumi bo mu Karere ka Rusizi barangije amashuri yisumbuye ubu bakaba bari mu Itorero baravuga ko iyi soko bayikuyemo byinshi byiza bizaba umusemburo w’impinduka nziza mu muryango nyarwanda.



  • Mu kabari kitwa NZANGA Na BISU ahabikwa imyenda ni naho habikwa ibyo kunywa.

    Rusizi: Bongeye gufunga ibikorwa by’abatagira isuku

    Nyuma y’ibyumweru 2 mu mujyi wa Kamembe hakozwe isuzuma ry’isuku, tariki 14/12/2012 hakozwe irindi suzuma maze hafungwa akabari kitwa NZANGA Na BISU aho igenzura ryasanze umusarani bakoresha ubangikanye n’aho batekera ibiryo ndetse n’ibikoresho bikaba nta suku bifite.



Izindi nkuru: