Ikibazo cya barwiyemezamirimo bapatana amasoko baba baratsindiye ariko bakayata mu nzira ataruzura neza gikomeje kugaragara mu karere ka Rusizi kuko hari n’abambura abaturage bakoresheje.
Inzu y’umugore Mukazigama Vestine utuye mu karere ka Rusizi yibasiwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa saba z’ijoro rishyira tariki 03/07/2013 kandi hari hashize iminsi ibiri yibwe ihene.
Ahereye ku mihanda yakozwe ariko hakongera gusabwa amafaranga yo kongera kuyikora, umuyobozi w’inama njyanama y’akarere ka Rusizi, Kamanzi Symphorien, avuga ko hari amafaranga apfa ubusa kubera abakozi badakurikirana neza inshingano zabo.
Ubwo abacuruzi bo mu karere ka Rusizi bibukaga ku nshuro ya kabiri bagenzi babo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, abafashe amagambo hafi ya bose bibanze ku mbaraga abacuruzi bikorera bagaragaje mu gushyigikira Jenoside.
Ubwo umuyobozi w’akarere ka Ruzisi yasozaga ibikorwa byo kurugerero kuwa 29/06/2013, yashimye Intore ku bikorwa zageje ku murenge ariko agaragaza ko mu bukangurambaga zakoze ntaho rigaragaza umusaruro wagiye uvamo.
Umwe mu bagore bakoraga umwuga w’uburaya mu karere ka Rusizi yiyemeje kubireka ngo kuko amafaranga akuramo atera umwaku aho gutera imigisha; ngo iyo amaze kuyabona mu kanya gato amera nkutayakoreye.
Nyuma yaho mu tugari tumwe na tumwe hagiye habura ibikoresho, umuyobozi w’akarere ka Rusizi arasaba abayobozi kutarangara ngo bageze aho bibwa ibikoresho bya Leta. Mu kagari ka Shagasha baherutse kwiba televisiyo y’akagari yagenewe abaturage bayikuye mu biro by’ako kagari.
Abana 38 biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye mu karere ka Rusizi baratewe inda, abatungwa agatoki mu kubatera inda akaba ari abarezi babo akaba ariyo mpamvu ubuyobozi bw’akarere burimo inzego z’itandukanye batangiye igikorwa cyo kubakurikirana.
Abana 11 n’abagore 7 n’umugabo umwe bavuga ko bishimiye gutahuka mu gihugu cyabo nyuma y’imyaka 19 basiragira mu mashyamba ya Congo. Bageze mu Rwanda kuri uyu wa kabiri tariki 26/06/2013 binjiriye ku mupaka wa Rusizi ya mbere.
Mu ruzinduko abanyeshuli bo muri college de Nkaka yo mu Karere ka Rusizi bari gukorera mu gihugu cy’Ubudage kuva tariki 20/06/2013 kugeza 03/07/2013 , barishimira uburyo bakiriwe n’abaturage bo mu mujyi wa Speyer mu gihugu cy’Ubudage.
Abagore batatu hamwe n’abana babo bane banze kwakirwa mu nkambi yakira impunzi by’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi kubera ko bari baratahutse bakaza gusubira muri Congo rwihishwa bagamije kugera kunyungu bahabwa na HCR.
Urugaga rw’abikorera (PSF) mu karere ka Rusizi rwashyizeho itsinda ry’abacuruzi b’indashyikirwa bazajya bafasha bagenzi babo mu buryo butandukanye burimo kubagira inama no kubakorera ubuvugizi.
Kubera ukuntu Abanyekongo bakunda kuza kugura amakara mu karere ka Rusizi, ngo abaturage babyishinze bagakomeza gutema ibiti bivamo ayo makara, akarere kazahinduka ubutayu mu minsi mike.
Abatera ubwoba abaturage bakoresheje ibyo bita ubuhanuzi bimaze iminsi myinshi bigaragara mu karere Rusizi barasabwa kubicikaho kuko ngo hari n’ababurira abandi ngo bagiye gupfa bigatuma biheba.
Hagamijwe kuzagira uruhare rugaragara mu gikorwa cy’amatora y’abadepite ateganyijwe muri Nzeri uyu mwaka, ishyaka riharanira demokarasi n’imibereho myiza y’abaturage (PSD) ryakoze inama rusange mu karere ka Rusizi maze abayoboke baryo bashishikarizwa kwitabira kwiyamamariza iyo myanya.
Itsinda ry’Abarundi ririmo abayobozi b’inzego z’umutekano n’ab’amakomine baje kuganira n’abayobozi b’akarere ka Rusizi ku birebana n’igikorwa cyatuma ibihugu byombi bisenyera umugozi umwe cyane cyane mu birebana n’umutekano.
Ubwo hibukwaga ku nshuro ya mbere abaguye I Nyarushishi mu karere ka Rusizi, Guverineri w’intara y’Uburengerazuba, Kabahizi Celestin yavuze ko yiyamye ku mugaragaro abashyigikiye ko u Rwanda rushyikirana na FDLR kuko yahekuye u Rwanda.
Nyuma yo gufata icyemezo ko nta modoka ikora taxi-voiture izongera kuzana abagenzi mu Rwanda kubera ko hari Abanyarwanda babyihisha inyuma bagakwepa imisoro, Abarundi bakorera ku mupaka uhuza ibihugu byombi mu karere ka Rusizi ntibishimiye icyo cyemezo.
Abatwara abagenzi mu imodoka ntoya (taxi-voiture) bo mu murenge wa Bugarama bari bamaze iminsi bahomba kubera bagenzi babo bagura imodoka bakazambika purake z’u Burundi kandi ari Abanyarwanda kubera gukwepa imisoro.
Hari Abanyarwanda bakunze gufatirwa i Bukavu no mu nkambi ya Nyagatare barigize impunzi kubera impamvu zitazwi kuko ngo baba baratahutse kera kandi n’amazina yabo bakayasanga muri za mudasobwa cyane cyane muri HCR yo muri Congo.
Abayobozi n’abafatanyabikorwa muri gahunda yo guharanira ubuzima bw’umwana bo mu Karere ka Rusizi bahagurukiye kurwanya ibikorwa bibi bibangamira ubuzima n’uburenganzira bw’umwana.
Ibigo bitandukanye bikorera mu karere ka Rusizi byaba iby’ubucuruzi, amabanki, amakoperative n’ibindi birashaka uburyo byigurira imodoka zifashishwa mu kuzimya umuriro mu rwego rwo kurwanya inkongi z’umuriro zikunze kuvuka cyane cyane mubihe byimpeshyi.
Tariki 08/06/2013, abaturage bo mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi bibutse abantu biciwe muri kiliziya ya Gaturika ya Cyangugu muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umwana w’imyaka 11 wo mu mudugu wa Badura, akagari ka Kamashangi mu murenge wa Kamembe, yatwitswe amaboko na nyina umubyara witwa Uwizera amuziza ko afite ngeso yo kumwiba.
Umukecuru witwa Mukamuganga Thacienne w’imyaka 58 wo mu mudugudu wa Gahwazi, akagari ka Kamatita ho mu mu murenge wa Gihundwe yari agiye kwicwa n’umwana yibyariye witwa Ingoboke Egide w’imyaka 23.
Abayobozi ba pariki ya Nyungwe biyambaje inzego zitandukanye zo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke dore ko bose bahurira kuriyo Pariki kugirango babafashe gukumira barushimusi bakomeje kubangamira umutekano w’ibinyabuzima bituye muri iyi pariki.
Nubwo ubuyobozi buhora bukangurira ababyeyi gusobanurira abana ibirebana n’ubuzima bw’imyororokere, bamwe mu baturage b’akarere ka Rusizi bavuga ko iyi gahunda itari yabacengeramo neza.
Kuwa 01/06/2013, ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba mu kagari ka Kamashangi mu murenge wa Kamembe inzego z’umutekano zarabutswe umugabo wikoreye igikapu zimukekaho kuba yahungabanya umutekano dore ko aribwo bwa mbere bari bamubonye bashatse kumuhagarika kugirango bamubaze uwo ariwe ahita ajugunya igikapu yari afite ariruka.
Mu isuzuma mikorere ryakozwe n’umushinga wo muri munisiteri y’ubuzima witwa Single project implementation unit (SPIU) ufatanyije na laboratwari nkuru y’igihugu (NRL), Laboratwari y’ibitaro bya Gihundwe mu karere ka Rusizi yabonye amanota 85,6% ahanywe n’inyenyeri enye.
Inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Rusizi ziri mu gikorwa cyo guhiga umuntu wese waba ufite imitego itemewe ikoreshwa mu kuroba injanga, nyuma yo gusanga amafi ari mu kiyaga cya Kivu ashobora kuzimira kukoabenshi nta wundi mwuga bagira uretse uburyobyi.