Kubera ko ubu babikora mu buryo gakondo ngo bifuza ko bafashwa kubona imashini ibaruhura gusekura, kuko byabafasha no kongera umusaruro batunganya ku munsi.
Abakora aka kazi ko gusekura no gutunganya isombe ni abagore bibumbiye mu ishyirahamwe ry’abantu bagera ku icumi. Tuganira nabo badutangarije ko ibi bikorwa babimazemo imyaka irenga itatu, kandi bemeza ko ibi bikorwa byabateje imbere, kandi binabafasha gutunga imiryango yabo.

Uwayezu Herena na bagenzi be, bavuga ko ibi bikorwa babikora ku minsi y’isoko n’ubwo babibangikanya n’indi mirimo, ngo babasha kubona amafaranga abatungira imiryango kuko bashobora gucyura amafaranga agera ku bihumbi 10 iyo akazi kagenze neza ku munsi.
N’ubwo aba bagore batunganya isombe ngo kubona aho bakura isombe biracyagoye kuko usanga bazigura mu giturage aho babwiwe ko zaba ziherereye bityo ngo igiti kimwe bakaba bashobora ku kigura amafaranga 200 y’u Rwanda kikavamo ibiro biri hagati ya bibiri na bitatu kandi ikilo kimwe kigura amafaranga 500.
Aba bagore bakora ibikorwa byo gutunganya isombe barasaba abaturage gutera ibiti byera isombe kuko bishobora kubyazwa umusaruro kuko bimaze kugaragara ko gutunganya isombe bishobora gukorwa mu buryo bw’umwuga.
Eric Muvara
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|