Uruganda rukora amarangi n’ibikoresho bw’ubwubatsi mu Rwanda, Ameki Color, rwahagurukiye gufasha abasiga amarangi kugira ubumenyi mu gusiga amarangi no kuba abanyamwuga kuko byagaragaye ko kuba hari abasiga amarangi nabi bigira ingaruka kubasigisha amarangi.
Abacuruzi b’amaterefoni, abahanzi n’abandi bikorera harimo n’abafite ubumuga mu mujyi wa Goma, basabye umuyobozi wa Kivu y’Amajyaruguru gusaba Perezida wa Kongo kubahiriza itegeko nshinga mu kwiyamamariza umwanya wo kuyobora igihugu.
Uwari Umuyobozi wa Orphelinat Noel de Nyundo, Ikigo cyakiraga abana b’imfubyi, Nyirabagesera Athanasia, avuga ko nubwo cyafunzwe kubera gahunda ya Leta yo kurera abana bose mu miryango, we ngo ahora atekereza ku buzima bw’abana babura ababyeyi bakivuka.
Leta ifite gahunda yo gutangira gushyira ahagaragara amakuru yose arebana n’ukuri ku Rwanda, kugira ngo yorohereze abikorera bashaka kumenya byinshi ku Rwanda kandi afashe no gukora igenamigambi ry’igihugu.
Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa 10 Kamena 2014, yahaye amakoperative abiri akorera mu Kiyaga cya Kivu inkunga ya miliyoni 2 z’amafaranga y’u Rwanda izayafasha mu gukora neza no gucunga umutekano mu Kivu.
Bamwe mu baturage bo mu ntara y’Uburengerazuba babashije kwikura mu bukene, barasaba ko Perezida Kagame yakwemererwa gukomeza kubayobora kuko ibyo bagezeho ari we babikesha nyuma yo kubafasha kwiteza imbere akanabagezaho umutekano urambye.
Sgt. Hakorimana Eldephonse wari umurwanyi wa FDLR mu bice bya Rutshuru na Masisi akaza kujyanwa mu nkambi ya Kisangani muri gahunda yo gushyira intwaro hasi ku barwanyi ba FDLR, avuga ko nyuma yo kuzenguruka amashyamba ya Kongo akajyanwa mu nkambi ya Kanyabayonga na Kisangani asanga nta nyungu yabonye uretse guta igihe.
Abakora umwuga w’ubuhinzi mu karere ka Rubavu, bavuga ko bagorwa no kwishyura inguzanyo z’ubuhinzi baba bafashe kubera Ibiza bigwira imyaka yabo, bigatuma za banki ziganyira kubaha inguzanyo zo gukomeza guhinga.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Ibirunga bwihanangirije abaturage bo mu Kagari ka Butaka mu Murenge wa Bugeshi kubera ibikorwa byo kwangiza pariki bamwe muri bo bakoramo.
Urukiko Rwisumbuye rwa Rubavu rwateye utwatsi icyifuzo cya Bahame Hassan, wahoze ari Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, cyo kuburana ari hanze kuko uwo bareganwa ngo wafatanywe igihanga na we yafunguwe, rwemeza ko akomeza kuburana afunzwe.
Ku ishami rya Polisi y’u Rwanda mu ntara y’Iburasirazuba, hafungiye abantu 16 bakurikiranweho ubujura bw’inka bwakorewe mu bice bitandukanye by’iyi ntara, by’umwihariko mu turere twa Nyagatare, Gatsibo na Kayonza.
Umugabo witwa Butera Desire wo mu karere ka Rubavu aguye mu mpanuka y’imodoka imutaye mu Kivu, ubwo yaturukaga ku mupaka munini yerekeza mu mujyi wa Rubavu, mu masaha y’isaa tanu zo kuri uyu wa gatatu tariki 3/6/2015.
Abagororwa 1724 bibumbiye kuri Club y’ubumwe n ubwiyunge muri Gereza ya Rubavu basabye ko ingingo ya 101 yo mu Itegeko Nshinga ry’u Rwanda ihindurwe Perezida Kagame ashobore kongera gutorwa n’Abanyarwanda.
Uwahoze ari umuyobozi w akarere ka Rubavu Bahame Hassan, ukurikiranyweho icyaha cyo kwaka no kwakira Ruswa, yasabye kuburana ari hanze, nyuma uko Kayitesi Judith bareganwa afunguwe kubera yabyaye abazwe.
Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Caritas Mukandasira, yasabye abayobozi bashya b’Akarere ka Rubavu batowe tariki ya 29 Gicurasi 2015 kwirinda amarira y’abaturage kuko akungura.
Urubyiruko rwo mu karere ka Rubavu rwashyize ahagaragara ibitekerezo bafite ku guhindura itegeko nshinga ingingo ya 101 ivuga ko Perezida atagomba kurenza manda ebyiri mu kuyobora, bavuga ko ridahinduwe cyangwa ngo Kagame yiyamamaze batazajya mu matora.
Nyuma y’uko Inama njyanama y’Akarere ka Rubavu yeguje komite nyobozi y’akarere ikanirukana uwari umunyamabanga nshingwabikorwa wako tariki ya 27 Werurwe 2015, ikanashyiraho Kaduhoze Jeanne nk’umuyobozi w’akarere w’agateganyo, ku wa 29 Gicurasi 2015 hatowe abayobozi bashya.
Nyuma y’umwaka n’amezi abiri batawe muri yombi bashinjwa gukorana na FDLR, kurwanya ubutegetsi buriho no kugambirira guhungabanya umudendezo w’igihugu, abantu 11 basabiwe n’ubushinjacyaha gufungwa imyaka 25 naho Mukashyaka ufatwa nk’uwabajyanye muri FDLR asabirwa n’ubushinjacyaha kugabanyirizwa igihano.
Nyuma y’icyumweru intumwa za Sena zisura Akarere ka Rubavu mu kugenzura gahunda y’imiturire no kunoza umujyi, tariki ya 27 Gicurasi 2015, zagaragaje ko hakiri ikibazo mu myubakire no gutunganya Umujyi wa Gisenyi ufatwa nk’uwa kabiri nyuma ya Kigali.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu bavuga ko gahunda y’iminsi 1000 yo kwita ku buzima bw’umwana itafashije abana gusa, ahubwo ngo yanafashije abantu bakuru kwifata neza no kurya indyo yuzuye intungamubiri aho kuzura igifu.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari mu turere twa Rubavu bagize itorere “Rushingwangerero” bahuye n’ubuyobozi bw’akarere n’ubw’Intara y’Uburengerazuba kugira ngo barebere hamwe ibituma akazi kabo katagenda neza hamwe n’icyakorwa kugira ngo imihigo bahize ishobore kugerwaho.
Abagize inteko ishinga amategeko y’u Rwanda, umutwe wa Sena, kuva tariki ya 18 kugeza ku ya 29 Gicurasi 2015, bari gukora ingendo mu turere bareba uburyo imiturire ishyirwa mu bikorwa mu kubahiriza gahunda y’imbaturabukungu icyiciro cya II (EDPRS2) igomba kuba yagezweho mu mwaka wa 2018.
Ubuyobozi bw’inama y’igihugu y’urubyiruko (NYC) hamwe n’abakozi ba Minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT), tariki ya 15 Gicurasi 2015 bafashe mu mugongo imfubyi za Jenoside zibana mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu.
Abaturage basenyewe n’umuyaga mu kwezi kwa Mata 2015 barasaba Misitiri y’ Ibiza no gucyura Impunzi, MIDIMAR, kubafasha kubona isakaro kuko n’amatafari ari kubakwa ari gusenywa n’imvura.
Abasirikare bavuye ku rugerero bibumbiye muri Koperative COPIBU ikora isuku mu Mujyi wa Gisenyi bashyikirije inka ebyiri abacitse ku icumu batishoboye mu Kagari ka Mbugangari ho mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu.
Ku wa 7 Gicurasi 2015, Abakozi b’Akarere ka Rubavu barindwi bagize akanama gashinzwe amasoko bashinjwa gufatanya na Kalisa Christophe, wari umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere kwemeza ko ABBA Ltd yegukana isoko rya kijyambere rya Gisenyi mu buryo butubahirije amategeko ndetse ntatange n’amafaranga bagejejwe imbere (…)
Nkundiye Jeannette, umuturage wo mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Cyanzarwe, Akagari ka Busigari, Umudugudu wa Bugu, avuga ko ahangayikishije no kubona ikizatunga abana batatu yabyaye, kuko nta bushobozi bwo kubona ibibatunga birimo n’amashereka bitewe n’ubukene.
Urubyiruko rwiga mu bigo by’amashuri yisumbuye 15 byo mu Karere ka Rubavu rwanenze abaharanira uburenganzira bwabo bakoresheje ibikorwa byo kwigaragambya n’urugomo, kuko basanga umuti ukwiye ari ibiganiro.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bafite abantu babo biciwe kuri Komini Rouge yari iri mu karere ka Rubavu, bavuga ko hari abantu babo batarashobora kubona ngo bashyingurwe mu cyubahiro kandi barajyanywe kwicirwa Komini Rouge.
Ku wa 30 Mata 2015, urukiko rwisumbuye rwa Rubavu rwakatiye Kalisa Christophe, wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Rubavu gufungwa by’agateganyo iminsi 30, kugira ngo ubushinjacyaha bukusanye ibimenyetso bigaragaza uruhare yagize hamwe nabo bari bafatanyije mu kwegurira ABBA Ltd isoko rya Gisenyi mu buryo (…)