Raporo igaragaza ikibazo cy’ibibanza byatanzwe hatubahirijwe amategeko yakozwe n’abajyanama mu karere ka Rubavu kuri uyu wa kabiri taliki 30/12/2014 ntiyashoboye kuvugwa uko bikwiye nyuma y’uko umuyobozi w’akarere ka Rubavu Bahame Hassan ayibuzemo.
Nturanyenabo Jean Claude yafatiwe ku mupaka munini uhuza umujyi wa Goma na Gisenyi atwaye urumugi udupfunyika 120 mu mapine y’igare kuri uyu wa kabiri tariki 30/12/2014.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Akimpongo, Akagari ka Mutovu mu Murenge wa Bugeshi wo mu Karere ka Rubavu, mu rucyerera rwo kuri uyu wa mbere tariki ya 29/12/2014 batewe n’Imbogo 3 zibasira imyaka yabo, mu gihe bagize ngo ni inka bagiye kuzirukana zirabakomeretsa.
FDLR yatangaje ko nyuma ya taliki 2/1/2015 abagize akana k’umuryango w’abibumbye (UN) aribo bazi ikizaba, kuko uyu mutwe wo ukomeje gutsimbarara ko uzataha mu rwanda binyuze mu biganiro wifuza na leta y’u Rwanda.
Mbere y’iminsi ine kugira ngo itariki ntarengwa FDLR yahawe ngo ibe yashyize intwaro hasi, uyu mutwe uratangaza ko ko witeguye kuba washyizw intwaro hasi ku bushake.
Ingabo z’igihugu (RDF) zirashimira abaturage bo mu Kagari Muhira, Umurenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu kubera kugira uruhare mu gucunga umutekano, bakoma mu nkokora abashaka guhungabanya umudendezo w’abaturage.
Abaturage bafite amatungo mu kagari ka Rusura mu murenge wa Busasamana bavuga ko bacyeneshejwe no guturira ikibaya kibagabanya na Kongo kirimo abasirikare bababira amatungo, mu gihe iki kibaya cyagombye kubafasha guteza imbere ubworozi.
Guverineri w’intara y’Uburengerazuba, Cartas Mukandasira aravuga ko ibikorwa byo kubaka umupaka wa La Corniche uhuriweho n’u Rwanda na Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo (RDC) mu Karere ka Rubavu bitazabangamira igikorwa cyo kuvugurura imipaka hagati y’ibihugu byombi cyatangiye muri uyu mwaka wa 2014.
Mu rwego rwo kwirinda guha icyuho abamamyi b’ibirayi, nta modoka yemerewe gupakira ibirayi nyuma ya saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kuko hari aho byagaragaye ko abamamyi bananiza amakoperative yemerewe kugura umusaruro w’abaturage.
Nyuma y’imyaka umunani abaturiye ikibuga cy’indege cya Rubavu batemerewe kugira icyo bakorera ku butaka bwabo kubera imirimo yo kicyagura iteganwa, ubu barahabwa ikizere ko icyo kibazo kizakemuka vuba.
Uko imvura iguye mu mashyamba ya Gishwati no mu nkengero yaho, abatuye umugi wa Gisenyi no mu nkengero zawo bahita babura amazi atangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe gutanga amazi (WASAC).
Abanyarwanda batahuka bavuye mu bice bitandukanye bya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) bavuga ko inzitizi zababujije gutaha ari abarwanyi ba FDLR babatera ubwoba, ariko ngo baramutse bashyize intwaro hasi abanyarwanda benshi bahejejwe mu buhunzi bagaruka mu gihugu cyabo.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB) burahamagarira abanyeshuri barangiza muri Kaminuza n’amashuri makuru gukora ubushakashatsi bugira impinduka ku mibireho y’abanyarwanda bubafasha kubona ibisubizo by’ibibazo bifitemo.
Ku isaha ya 18h40 taliki ya 09/12/2014 mu mudugudu wa Bereshi mu kagari ka Hehu mu murenge wa Bugeshi akarere ka Rubavu hegeranye n’umupaka wa Kongo, umusirikare wa Kongo yahateye igisasu by’amahirwe ntihagira uwo gikomeretsa.
Abagabo 10 biganjemo abatwara moto n’imodoka bafungiye kuri polisi mu Karere ka Rubavu bakurikiranyweho icyaha cyo gushaka gutanga Ruswa ubwo babaga bafatiwe mu makosa.
Abaganga bo mu bitaro bya Gisirikare bari mu karere ka Rubavu aho bazamara ibyumweru bibiri mu bikorwa byo gupima Virusi itera Sida no gucyeba (gusiramura) abagabo ibihumbi bitanu hakoreshejwe uburyo bugezweho bwa Prepex.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu avuga ko nubwo akarere ayobora gahanganye no kugeza ku gipimo 100% mu bwisungane mu kwivuza, hari abayobozi bashatse kunyereza amafaranga atangwa n’abaturage abandi batinda kuyashyira aho agomba kujya bitinza abaturage kwivuriza igihe.
Abahinzi b’ibirayi mu Karere ka Rubavu bavuga ko igiciro bahabwa kitabateza imbere ahubwo kibasubiza inyuma bitewe n’ibyo baba batanze ku buhinzi bw’ibirayi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko bitemewe kugura imitungo y’abatishoboye bahawe na leta cyangwa inyubako zubakiwe abarokotse jenoside yakorewe abatutsi kuko uzajya abigura azajya abyamburwa bigasubizwa uwabihawe.
Abagize inama njyanama y’umujyi wa Kigali bari mu mwiherero w’iminsi ibiri kugira ngo baganire uburyo bakwihutisha ibikorwa by’iterambere n’ubwiza, ku mikorere y’umujyi n’ibyo bategerejweho mu gufasha umujyi gutera imbere, ariko begera n’abaturage bakagira uruhare mu kugira uyu munjyi mwiza.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu bavuga ko bafite ikibazo cyo kubona aho bashyingura abantu bitabye Imana kubera imiturire yabo.
Mu gihe abanyarwanda bamwe bajya muri Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo bagashimutwa bamwe mu baturage bakomeje gushaka kujyayo baciye inzira zitemewe. Igikomeje gutera amakenga ni uburyo abagore n’abakobwa bakiri bato aribo bakunze gufatirwa mu nzira zitemewe bashaka kujya Kongo aho bavuga ko baba bagiye gusura (…)
Mu gikorwa cyo gutangiza ishuri ry’umuziki mu Rwanda, Minisitiri w’umuco na Siporo Joseph Habineza yagaragaje ko n’abayobozi bafite impano yo kuririmba no gucuranga badakwiye kuyihisha ahubwo bakagaragaza icyo bazi.
Mu karere ka Rubavu hafatiwe umugabo witwa Habarugira Jean de Dieu ukurikiranyweho icyaha cy’ubujura bushukana agatwara umugore amafaranga arenga miliyoni 10 amubeshya ko azayamutuburira akamugira umukire.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka yijeje abayobozi b’akarere ka Rubavu gukora ubuvugizi ku kibazo cy’abaturage batuye mu mbago z’ikibuga cy’indege mu karere ka Rubavu basabwe kwimuka, ariko bakaba batarahabwa ingurane kuva muri 2007.
Uwari umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rugerero, Dukuze Christian, tariki ya 15/10/2014 yasezeye ku mirimo ye nyuma y’uko hari hashize ukwezi abaturage bavuga ko atabegera ngo akemure ibibazo byabo.
Tariki ya 25/7/2014 nibwo Gahekukokari yagiye gusezerana imbere y’amategeko na Uwimana Séraphine mu murenge wa Gisenyi basezerana ivanga mutungo rusange, bakaba bateganya gusezerana imbere y’Imana mu itorero rya Anglican mu mujyi wa Gisenyi tariki ya 25/10/2014.
Mu kagari ka Mahoko, umurenge wa Kanama mu karere ka Rubavu, umugabo w’imyaka 34 witwa Munyarukumbuzi Godfrey yishe nyina Nyirabakwiye Marie Gorette hamwe n’umwishwa we witwa Iradukunda abatemaguye.
Ikigo cy’Imari iciriritse cyitwa RIM ishami rya Rubavu cyibwe amafaranga 6971320 mu ijoro rishyira kuri uyu wa 9 ukwakira 2014 nyuma yuko abajura bagiteye bakaboha umuzamu usanzwe akirinda.