Ababyeyi barerera mu ishuri rya G.S. St Joseph Muhato bavuga ko bahangayikishijwe n’uburyo umunyamabanga nshungamutungo, Karamira Jacques yananiwe kugaragaza irengero ry’amafaranga arenga miliyoni 1 n’ibihumbi 200 akandika avuga ko azayasubiza ikigo ariko imyaka ikaba ishize ari ibiri atarayagarura.
Ubuyobozi bw’umuryango wita ku mbabare (CICR) bushinzwe amazi n’isuku bwamurikiye gereza ya Rubavu ikigega cya biyogazi (biogas) izajya ikoreshwa mu gutekera abagororwa no kongera isuku n’isukura muri iyi gereza, kuko abagororwa bazajya bahabwa amazi ashyushye yo gukaraba bidahenze gereza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buvuga ko bwatangiye igikorwa cyo kugaruza amafaranga yagenewe abatishoboye bashyirwa muri gahunda ya VUP (Vision 2020 Umurenge Program) yagiye afatwa n’abayobozi b’inzego z’ibanze hamwe n’abifite bari bashinzwe kurebera abatishoboye.
Itsinda ry’abadepite b’Abadage bashinzwe Uburasirazuba bw’Afurika batunguwe no gusanga imibanire y’Abanyarwanda n’Abanyekongo imeze neza, mu gihe bari bazi ko ibibazo by’umutekano muke byagiye bivugwa hagati y’ibihugu byombi byaba byarawangije.
Abitabiriye umwiherero w’u rwego rw’ubutabera mu Rwanda, bavuga ko kugira ngo umubare w’ibirego bijya mu nkiko bigabanuke hakwiye kuboneka ubundi buryo bucyemura ibibazo biboneka mu muryango Nyarwanda.
Perezida w’urukiko rw’ikirenga, Prof. Sam Rugege avuga ko bimwe mu bizibandwaho mu mwiherero wa Kane w’urwego rw’ubutabera harimo kureba uburyo imanza zakwihutishwa hamwe no kurwongerera ubushobozi, kuko byagaragaye ko uru rwego rugifite imbogamizi zo kugira abakozi bake, itumanaho, hamwe no kugira imanza nyinshi kurenza (…)
U Rwanda rwashyikirije Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) umusore w’imyaka 25 washakishwaga kubera ibikorwa by’ubwicanyi akurikiranyweho.
Minisitiri w’Imari n’igenamigambi (MINECOFIN), Ambasaderi Gatete Claver arahamagarira abashoramari b’abanyamahanga kuza gukorera mu Rwanda kubera amahirwe ahari mu kongera ubukungu bw’igihugu n’abagituye.
Polisi y’igihugu yashyikirije ibihembo itorero Twizerane ryo mu Karere ka Rubavu ryatwaye umwanya wa kabiri mu ntara y’Uburengerazuba mu gukora ibihangano bishishikariza abantu gukorana na Polisi y’igihugu mu bikorwa byo kwirindira umutekano.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu basanga ibyiciro by’ubudehe bashyirwamo bidakwiye gushingirwaho na Minisiteri zose igihe zifata ibyemezo.
Abanyeshuri 989 bashyikirijwe impamyabumenyi zo kugororwa no kwiga imyuga nyuma y’umwaka bamaze mu kigo ngororamuco no kwigisha imyuga cya Iwawa, mu muhango wabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 31/1/2015.
Minisitiri w’umuco na siporo Joseph Habineza yashishikarije abanyeshuri biga mu kaminuza yigenga ya ULK ishami rya Gisenyi ko buri wese ashobora kuba intwari abiharaniye, kuko biharanirwa bitavukanwa.
Umuyobozi w’ingabo z’ u Rwanda mu ntara y’Iburengerazuba, Maj Gen Mubarakh Muganga avuga ko ibikorwa byo kurwanya FDLR muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) ntacyo bizahungabanya ku mutekano w’u Rwanda kuko urinzwe neza.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu bavuga ko badashaka gukura ibirayi mu murima kubera igiciro gito bahabwa, bagasaba ko leta yacyongera kikagera ku mafaranga 120 ku kilo.
Imiryango 27 y’abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bakaza gutuzwa mu Karere ka Rubavu ivuga ko ihangayikishijwe no kuba ababacumbikiye mu mazu babasaba kuyavamo kandi ayo bubakiwe n’akarere ataruzura.
Urugomero rwa Keya rukoresha amazi ya Sebeya ntirurashobora kugeza ku ntego rwari rwitezweho kuko rutanga Kilowati 900 (900Kw) aho gutanga Megawati 2 (2MW) nk’uko byari biteganyijwe rwubakwa.
Abanyarwanda 69 batahuka bavuye mu buhunzi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) bari bamaze icyumweru mu mujyi wa Goma kubera imyigaragambyo yahaberaga ubu bageze mu Rwanda.
Urukiko rwisumbuye rwa Rubavu rwahanishije igifungo cy’imyaka 20 abapolisi babiri bishe umukozi wa Transparency international Rwanda witwaga Makonene Gustave tariki ya 18/7/2013 bamuhoye kubabuza gukora ubucuruzi bwa magendu bakoranaga n’abanyekongo.
Ubuyobozi bw’ishuri ry’ababikira ryigisha ibirebana n’amahoteri riri mu Karere ka Rubavu muri Paruwasi Muhato buvuga ko uyu mwaka butazakira abanyeshuri mu mwaka wa kane kubera kutamenya gahunda y’ivugurwa ry’ikibuga cy’indege, kandi aho riri harabaruwe mu hazagurirwa ikibuga cy’indege.
Uhagarariye Leta zunze ubumwe z’Amerika (USA) muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) Ambasaderi James C. Swan avuga ko imitwe ibangamiye umutekano mu karere ibarizwa mu burasirazuba bwa RDC igomba kurwanwa kugira ngo abaturage bashobore gukora bafite umutekano n’ibikorwa by’iterambere byiyongere.
Inzego z’umutekano mu Karere ka Rubavu zitangaza ko abagore 167 aribo bafatiwe mu bikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge mu mwaka wa 2014, mu gihe hafashwe abagabo 80 n’abana 9.
Abayobozi b’Akarere ka Rubavu n’abatuye mu mujyi wa Gisenyi bagaragarijwe igishushanyo cy’umujyi wa Rubavu mu myaka 30 iri imbere basabwa gutanga ibitekerezo by’ibyo bifuza byashyirwamo, kuwa kabiri tariki ya 13/1/2015.
Nyuma y’imyaka ibiri isoko rya Kijyambere rya Gisenyi risubitswe kubaka, Akarere ka Rubavu gatangaza ko ryamaze kwegurirwa abikorera bagomba kuryubaka mu mezi atandatu rigakorerwamo.
Ihene 756 zari zifungiye ku ibagiro rya Kijyambere rya Gisenyi zahawe ibyangombwa bizemerera kwambutswa umupaka Kuwa mbere tariki ya 12/1/2015, mu gihe hari hamaze gupfamo esheshatu zishwe n’inzara.
Umuyobozi w’umuryango RPF-Inkotanyi mu Ntara y’uburengerazuba, Nkurikiyinga Jean Nepomuscene arahamagarira abanyamuryango bayo kugira imyumvire, imitekerereze n’ibikorere bya RPF-Inkotanyi.
Ku mupaka uhuza akarere ka Rubavu mu ntara y’Iburengerazuba n’umujyi wa Goma muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, hafatiwe ihene zigera kuri 700 zifungiye mu ibagiro rya Kijyambere rya Rubavu zenda kujyanwa mu mujyi wa Goma.
Iyo winjiye mu mujyi wa Gisenyi uhingukira ku busitani bwubatsemo inyubako izengurutswe n’amashitingi, umwaka ukaba ushize iyo nyubako itarashobora kurangira.
Inkuba yakubise abantu 7 barimo umwana w’imyaka 3 witwa Uwitonze Sandrine wo mu Kagari ka Gikombe, Umurenge wa Nyakiriba ahita yitaba Imana, naho abandi bana 2 bari kumwe ntibagira icyo baba.
Leta ya Kongo yagaragaje itangazo rivuga ku gikorwa cya FDLR cyo gushyira intwaro hasi ku bushacye, igikorwa inenga uburyo cyagenze.
Uwitwa Uwiringirimana Jean Pierre wo mu Mudugudu wa Kiraro, Akagari ka Gasizi ko mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu, yafashwe n’abaturage ari kubaga imbwa yo kurya mu yishimira gusoza umwaka wa 2014 atangira uwa 2015 mu gitondo cyo kuwa 31/12/2014.