Minisitiri w’Ubuzima Dr Agnes Binagwaho yavuze ko Leta y’u Rwanda yiyemeje kuvuza umwana witwa Tuyisenge Emile ufite uburwayi budasanzwe bwo kubyimba umunwa n’ururimi.
Guca ikoreshwa ry’amashashi mu Mujyi wa Kigali ryagabanyije umwanda wayaturukaga, nk’uko Ikigo cy’Igihugu kita ku Bidukikije (REMA) kibitangaza.
Umuyobozi wa Kigali Today Ltd Kanamugire Charles, yasabye abahuguwe na Kigali Today Ltd mu gufotora, kubyaza umusaruro ubumenyi bahawe, bagaragaza isura nziza y’igihugu.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima (RBC), cyegereje abakozi bakorera mu bigo bitandukanye byo mu Murenge wa Kimihurura, igikorwa cyo gupimwa indwara zitandura.
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali, Monique Mukaruliza yatangaje ko ku bushake bw’abazunguzayi, ikibazo cyabo kizakemurwa vuba kandi burundu.
Minisitiri w’Umutekano Sheihk Musa Fazili Harerimana, asanga Abanyarwanda bakwiye kwibuka, baharanira kubaka Ubunyarwanda muri bo banamagana ingengabikerezo ya Jenoside.
Barahira Tito na Ngenzi Octavien bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorwe Abatutsi, baratangira kuburanishwa n’Urukiko rw’abaturage rw’i Paris mu Bufaransa.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Karate mu Rwanda FERWAKA, rizibuka ku nshuro ya 22, abakarateka n’abakunzi b’umukino wa Karate muri rusange bazize Jenoside yakorewe abatutsi.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), Diane Gashumba, yatangaje ko u Rwanda ari urwa kabiri ku isi mu bamaze gusinya bashyigikira ihame ry’uburinganire muri gahunda ya "HeForShe", rukaba rukurikiye Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Kaminuza y’Abadivantisiti yo muri Afurika yo hagati (AUCA), igiye kubaka ishuri ry’ubuvuzi ku cyicaro cyayo giherereye i Masoro mu Karere ka Gasabo.
Muri Nyakanga uyu mwaka, u Rwanda ruzakira inama ya mbere ikomeye ku mugabane w’Afurika y’Afurika yunze Ubumwe (AU).
Uwitwa Minani Hussein ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yafatiwe i Remera mu Giporoso, aho yazaga aturutse muri Tanzania yabaga.
Ambasaderi w’igihugu cya Malawi mu Rwanda, Hawa Olga Ndilowe, yatangaje ko igihugu ahagarariye kizigira ku Rwanda gahunda yo kurwanya nyakatsi.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Kurwanya Jenoside (CNLG) irasaba urubyiruko gukoresha ubushobozi rufite rukarwanya ingengabitekerezo ya Jenoside kugira ngo rwubake ahazaza h’u Rwanda hatarangwa amacakubiri.
Abanyamuryango ba Koperative ZIGAMA CSS, basabye inama nkuru y’ubuyobozi y’iyi koperative ko bagabanyirizwa inyungu ku nguzanyo bahabwa n’iyi koperative.
Kigali Today Ltd yongeye guhugura abanyamakuru n’abandi bifuza kuba abanyamwuga mu gufata amafoto, amahugurwa iteguye ku nshuro ya gatatu.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, yibukije arahamagarira urubyiruko kudapfusha ubusa amahirwe rwahawe yo kwiga ahubwo akarufasha mu iterambere.
Umuyobozi wa IPRC Kigali, Eng. Murindahabi Diogene, yasabye abanyeshuri biga muri iki kigo ndetse n’abakizemo, guharanira kwigira, birinda gutegereza ak’imuhana.
Mu muco Nyarwanda, Abanyarwanda bagiraga imigenzo ikomeye yo “kwirabura no kwera” yabafashaga kwakira urupfu rw’uwabo, ikanabafasha kudaheranwa n’agahinda.
Itorero Inyamibwa rya AERG ya Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye, ryiyemeje kumara irungu abagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi, rikora ibitaramo bitandukanye.
Abanyarwanda 13 baraye bageze mu Rwanda bahunze ihohoterwa bakorerwaga mu gihugu cya Zambia, batashye imbokoboko kuko bambuwe ibyo bari batunze byose.
Abanyamuryango bagera ku 1000 b’ishyirahamwe ry’abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi (AVEGA Agahozo), bagiye kuvurwa indwara y’amaso.
Mu muco wa Nyarwanda, kuvuza ingoma ni kimwe mu bikorwa byafatwaga nk’ikizira ku bagore, ariko ubu hari benshi mu bagore bitunze n’imiryango yabo.
Ndayisaba Fabrice uhagarariye Ndayisaba Fabrice Foundation, yatangaje ko kwigisha abana bato amateka ya Jenoside, bizabafasha kwirinda ababashuka babashyiramo ingengabitekerezo yayo.
Perezida Kagame yijeje mugenzi we wa Tanzaniya, John Pombe Magufuli, ko u Rwanda ruzakomeza kubabera inshuti z’indahemuka, kandi bazahora bafatanya muri byose bigamije inyungu z’abaturage.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ubuhinzi muri MKinisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, yatangaje ko abashakashatsi mu buhinzi bagiye kongera ingufu mu mikoranire hagati yabo.
Mu rwego rwo gusoza ibikorwa byahariwe ukwezi k’umugore, muri Kaminuza y’Abalayiki b’Abadiventiste ya Kigali (UNILAK), batashye ku mugaragaro icyumba cy’abakobwa.
Ku nshuro ya kabiri, KT RADIO ya Kigali Today Ltd, yakoze Inkera y’Umwaka ikesha ijoro.
Umuryango Mustartd Seed Institute ufatanyije na Rwanda Youth Action Network,batangije urubuga rw’ibiganiro rwiswe “Kigali Business Roundtable” ruhuza ba rwiyemezamirimo, bakungurana ibitekerezo, bagasangira ubunararibonye n’amakuru yabafasha kwiteza imbere.
Mu isomwa ry’urubanza Col Tom Byabagamba na bagenzi be bari bakurikiranywemo n’ubushinjacyaha bwa gisirikare, Col Tom Byabagamba yakatiwe imyaka 21, anamburwa impeta za Gisirikare.