Ku Ishami rya Polisi rikorera i Remera mu Karere ka Gasabo, Polisi yamurikiye itangazamakuru abantu 29 bafatiwe mu bikorwa bihabanye n’amabwiriza yo kwirinda ikwirakwiza ry’Icyorezo cya Coronavirus cyugarije u Rwanda ndetse n’isi muri rusange.
Kuri iki cyumweru, Umuryango mugari w’aba Islam ku isi urizihiza Umunsi mukuru wa Eid El Fitr, usoza ukwezi kw’igisibo cya Ramadhan.
Prof Laurent Nkusi wakoze imirimo itandukanye muri Guverinoma y’u Rwanda no mu burezi yitabye Imana mu gicuku cyo kuri uyu wa mbere azize uburwayi.
Tariki ya 11 Gicurasi ya buri mwaka, ni umunsi mukuru ukomeye aba Rasta bafata nka Noheli ku bakirisitu, kuko ari wo bibukaho Robert Nesta Marley, ( Bob Marley) bafata nk’Umwami wa Reggae.
Nyuma y’icyumweru imirimo isubukuwe mu Mujyi wa Kigali, irungu ryari rimaze ukwezi kurenga muri uyu Mujyi ryatangiye gushira.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 04 Gicurasi 2020, nibwo Abanyarwanda bari bamaze iminsi isaga ukwezi muri gahunda ya #GumaMuRugo mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa rwa Coronavirus, bemerewe gusubukura imirimo.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu , CP John Bosco Kabera, yatangaje ko nubwo ingamba zo kurwanya ikwirakwizwa rya Coronavirus mu baturage zorohejwe, bitavuze ko Coronavirus u Rwanda rwayitsinze, bityo Polisi ikaba itari buhagarike ubukangurambaga yakoraga bwo kwirinda iki cyorezo cyugarije isi.
Itariki ya 01 Gicurasi buri mwaka, u Rwanda rwifatanya n’amahanga, mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Umurimo. Muri uyu mwaka, uyu munsi wiziihijwe mu gihe Abanyarwanda basabwe kuguma mu ngo zabo, mu rwego rwo gukumira ikwirakwizwa ry’Icyorezo cya Coronavirus cyugarije u Rwanda ndetse n’isi muri rusange.
Nyuma y’uko gahunda ya Guma mu rugo igamije gufasha Abanyarwanda kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Coronavirus cyugarije u Rwanda n’isi muri rusange itangijwe mu Rwanda, benshi bibazaga niba agace ka Biryogo na Nyamirambo gakunze kugaragaramo urujya n’uruza amanywa n’ijoro, kazabasha kuyubahiriza.
Abanyarwanda ndetse n’Isi muri rusange, barimo kwitegura kwibuka ku nshuro ya 26, Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994. Kuri iyi nshuro, kwibuka bizakorwa ariko hubahirizwa amabwiriza yatanzwe na Guverinoma y’u Rwanda yo kwirinda no kurwanya icyorezo cya Coronavirus cyugarije Isi n’u Rwanda rurimo.
Nyuma y’uko mu mpera z’icyumweru gishize mu Rwanda hagaragaye abantu batanu bafite uburwayi bwa Coronavirus, Leta y’u Rwanda yakajije ingamba zo kurwanya ikwirakwizwa ry’iki cyorezo, ndetse inatanga inama ku baturage zo kwirinda uko bashoboye kose kugira ngo babashe guhagarika iki cyorezo.
Kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2020, Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bitabiriye umuhango wo gutaha ku mugaragaro Hoteli y’inyenyeri eshanu yitwa One & Only Gorilla’s Nest iherereye mu Kinigi mu Karere ka Musanze.
Umuhanda Huye - Rusizi ni umuhanda agace ka Gatatu ka Tour du Rwanda kanyuzemo. Uyu muhanda ukaba urangwa n’uduce twinshi dutohagiye kuburyo abitabiriye iri rushanwa banaboneyeho akanya ko kubona ibyiza bitatse u Rwanda.
Ahagana mu ma saa cyenda n’iminota cumi n’umwe (03h11min) mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 19 Gashyantare 2020, nibwo abanyarwanda 15 bari bafungiye mu Gihugu cya Uganda mu buryo butemewe n’amategeko, bashyikirijwe u Rwanda, banyujijwe ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda uherereye i Kagitumba mu Ntara y’Iburasirazuba
Umwiherero ni umwanya abayobozi b’igihugu mu nzego zitandukanye bafata, bakiherera bagatekereza kuri ejo heza hazaza h’igihugu, bakajya Inama zizatuma bafatanya ntawe usigaye inyuma bakageza iterambere rirambye ku baturage bayobora. .
Mu bubasha ahabwa n’amategeko , Perezida Kagame yongeye kubabarira abana 18 bari bafungiye muri Gereza ya Nyagatare, batsinze neza ibizami bya Leta .
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rweretse abanyamakuru Herman Nsengimana wasimbuye Callixte Nsabimana, ku buvugizi bw’umutwe wa FLN.
Ahagana saa sita n’iminota 15 mu ijoro rishyira ku wa kane tariki 09 Mutarama 2020 nibwo Abanyarwanda icyenda bari bamaze igihe bafungiye mu gihugu cya Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko basesekaye ku butaka bw’u Rwanda, banyujijwe ku mupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda.
Kuri uyu wa 27 ukuboza 2019, ni bwo Abanyarwanda 15 bakora mu kigo cyitwa RICEM bari bamaze amezi abiri mu gihugu cy’Ubuhinde bahugurirwa gufungura ishami ryihariye mu kigo cyabo rizafasha mu guhugura ba rwiyemezamirimo, basoje amahugurwa bagahabwa impamyabushobozi.
Umushyikirano wa 17 wasoje kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Ukuboza 2019, wagaragayemo umwihariko wo kwimakaza imyambaro ikorerwa mu Rwanda. Ibi birashimangira Politike y’Igihugu yo gushyigikira ibikorerwa mu Rwanda bizwi nka Made in Rwanda mu rwego rwo kugabanya ibitumizwa mu mahanga.
Inama y’igihugu y’Umushyikirano yitabirwa n’Abanyarwanda baturutse hirya no hino ku isi, aho baba baje guhura na bagenzi babo mu Gihugu bakungurana ibitekerezo mu buryo bwo kwihuta mu iterambere, banarushaho gusigasira ibyo u Rwanda rumaze kugeraho kugira ngo bitazasubira inyuma.
Muri ibi bihe by’imvura, ikirere cyo hirya no hino mu gihugu cyakundaga kwirirwa kijimye aho umwanya uwo ari wo wose cyatangaga imvura. Icy’uyu munsi mu Mujyi wa Kigali Kiriwe gikeye kibereye ijisho ubona ko bitari bisanzwe mu gihe cy’imvura nk’iki.
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 9 Ukuboza 2019, mu Rwanda habereye igikorwa cyo Guhemba indashyikirwa mu kurwanya Ruswa , kitwa Anti Corruption Excellence Award 2019, gitegurwa n’umuyobozi w’ikirenga wa Qatar Sheikh Tamim bin Hamad al Thani ari na we cyitiriwe.
Kuri uyu wa Gatandatu, Itsinda ry’Abanyarwanda 15 baturutse mu kigo cyitwa RICEM, bari mu mahugurwa mu gihugu cy’Ubuhinde mu Mujyi wa Ahmedabad, bifatanyije na bagenzi babo bo muri icyo gihugu mu gikorwa cy’Umuganda rusange usoza ukwezi kwa 11.
Kuva tariki 25 kugera kuya 27 Ugushyingo2019, mu Rwanda hari kubera inama mpuzamahanga yiswe ‘Global Gender Summit 2019’, yiga ku iterambere ry’umugore, uburinganire n’ubwuzuzanye.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’umuco, Edouard Bamporiki, yagabiye inka umuhanzi Social Mula, ubwo yamurikaga umuzingo (Album) we wa mbere yise ‘Ma Vie’.
Uwikunda Jean de Dieu, umusore ufite imyaka 25 y’amavuko, akaba afite ubumuga bwo kutabona, yatewe n’uburwayi bukomeye yahuye na bwo mu myaka ibiri ishize.
Burya ngo, “utazi iyo ava, ntamenya iyo ajya”. Iyo ukebutse gato ukareba mu myaka 12 ishize, uko tumwe mu duce tw’umujyi wa Kigali twasaga, bikwereka imbaraga zakoreshejwe kugira ngo umujyi wa Kigali ugere ku iterambere rishimishije ugaragaza.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rutegetse ko Bayigamba Robert wakekwagaho ibyaha birimo icyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya no kugurisha ikintu cy’undi cyangwa kugitangaho ingwate, arekurwa by’agateganyo agakurikiranwa ari hanze.
Mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ubushinjacyaha bwa Leta buregamo Robert Bayigamba, Ubushinjacyaha bumusabiye gufungwa by’agateganyo iminsi 30.