Minisitiri w’umuco na Siporo Uwacu Julienne yatangaje ko u Rwanda nta mwanya rufitiye abanyamahanga bapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuhanzi Paul Maurix wamenyekanye muri Maurix Music Studio, yatangaje agiye kuririmba indirimbo z’ibihe byose, zirimo ubutumwa bukora ku mutima ya benshi.
Jacqueline Kamanzi Masabo wagizwe umunyamabanga uhoraho muri Minsitieri y’Uburinganire n’iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) yatangaje ko, agiye kongera ingufu mu kurwanya ikibazo cy’abana bo mu muhanda.
Mu Rwanda hagiye kubakwa ikigo kizigisha ubuhanga mu kunoza imitangire y’imiti n’ibindi bikoresho byo kwa muganga mu Karere k’Afurika y’Uburasirazuba.
Minisitiri wa Minisiteri yo Gucyura Impunzi no gukumira Ibiza, Mukantabana Seraphine, arasaba Plan International Rwanda kwita ku mwana, idasize abo mu muryango we bose.
Umuyobozi mu Kigo cy’u Rwanda gishinzwe gutera inkunga ibikorwa by’iterambere by’inzego z’ibanze (LODA),yavuze ko gutinda kwishyura abagenerwabikorwa ba VUP bigiye kurandurwa.
Bwa mbere mu mateka y’isi, indashyikirwa mu guharanira uburenganzira bwa muntu izashyikirizwa igihembo cyiswe “Prix Aurora Awards” gifite agaciro ka miliyoni 1US$.
Huye ni kamwe mu turere umunani tugize Intara y’amajyepfo. Gafite ubuso ubuso bwa kirometero kare 581,5 kakagira Imirenge 14, utugari77 n’imidugudu 509.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) Dr Alvera Mukabaramba, yatangaje ko mu Rwanda hagiye gutangira ubukangurambaga ku isuku yo mu Kanwa.
Urubyiruko rwihangiye imirimo “Young Entrepreneurs”, rurakangurirwa guhuza imbaraga, rwitabira ihuriro ryarushyiriweho ryiswe “ Chamber of young Entrepreneurs”.
Polisi y’u Rwanda irakangurira abaturage kudakomeza gushukwa bizezwa ibitangaza n’ababahamagara kuri terefone, bagamije kubiba.
Perezida Kagame yatangaje ko nubwo ruswa idateze gucika burundu mu bantu, ariko idakwiye kwihanganirwa yaba ku bayitanga n’abayihabwa.
Umugore wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yasabye abagore gukoresha ububasha n’imbaraga bahawe mu kuzamura iterambere ry’abagore, by’umwihariko abakiri inyuma mu bikorwa by’iterambere n’abakitinya.
Hassan Boubacar Jallow, Umushinjacyaha Mukuru ucyuye igihe mu rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyirireho u Rwanda, arashimira ubufatanye yagiranye n’u Rwanda agikora.
Mu muhango wo kwakira Perezida wa Djibuti Ismail Omar Guelleh,Perezida Kagame yamushimiye impano y’ubutaka bwa Hegitare 20 igihugu cye cyahaye u Rwanda.
Umuyobozi Mukuru wa Rotary International, Ravi Ravindran, yagiranye ibiganiro na Perezida Kagame, anatangaza ko ashimishijwe cyane n’intambwe u Rwanda rwateye nyuma y’igihe gito rubayemo Jenoside.
Ubushakashatsi bwiswe FinScope buragaragaza ko kugeza muri uyu mwaka wa 2016, 89% by’ Abanyarwanda bamaze gutera intambwe mu kwitabira kugana ibigo by’imari.
Mutesi Jolly, Nyampinga w’u Rwanda 2016, kuri uyu wa 3 Werurwe 2016, yasinyanye amasezerano y’imikoranire na COGEBANQUE.
Ubushinjacyaha Bukuru bwa Gisirikare bwasabiye Col. Tom Byabagamba igifungo cy’imyaka 22 ku byaha akurikiranyweho birimo n’ibyo kwangisha rubanda ubutegetsi.
Impanga zavukanye igihimba kimwe ku itariki ya 23 Gashyantare 2016 mu Karere ka Kirehe, zamaze kwitaba Imana.
KT RADIO, ubusanzwe yumvikanaga gusa ku murongo wa 96.7 FM mu Mujyi wa Kigali no mu nkengero zawo, ubu yatangiye kumvikana mu zindi ntara ku yindi mirongo.
Urubanza rwa Col Tom Byabagamba n’abo baregwana mu bushinjacyaha bwa Gisirikare, rwimuriwe itariki 2 werurwe 2016.
Umuyobozi w’ishuri rikuru ryigisha ubumenyingiro rya IPRC- KIGALI Eng Murindahabi Diogene, arakangurira abana b’abakobwa kurushaho kwitabira amasomo y’ubumenyingiro.
Abahatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda wa 2016, basuye icyicaro cya Banki ya COGEBANQUE ari na yo muterankunga mukuru w’iki gikorwa.
Abakozi ba Loni bashimiye u Rwanda ko rumaze gukataza mu kwihutisha serivisi zihabwa abaturage, hifashishijwe ikoranabuhanga.
Abahanga bakaba batangaza ko ubusitani n’ubwo bwongera uburanga bw’ahantu, atari umutako gusa kuko bunongerera umwuka mwiza ababuturiye.
Umubare w’abashaka kubona amanota mu bizami bya Leta mu buryo bw’uburiganya, waragabanutse cyane mu bizamini bisoza umwaka wa 2015.
Abanyeshuri 600 bize ubudozi bagiye guhabwa akazi binyuze mu bufatanye bw’ikigo giteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (DWA) n’ikigo C&H Rwanda kidoda kikanacuruza imyenda.
Umuryango AHF Rwanda utangaza ko buri mwaka mu Rwanda hasigaye hinjizwa udukingirizo tugera kuri Milioni eshanu kandi tugakoreshwa tugashira.
Col Tom Byabagamba, kuri uyu wa 13 Mutarama 2016, yatangiye kwiregura ku byaha aregwa ko yakoreye i Djuba muri Sudani y’Amajyepfo, byo “gukora ibikorwa bigamije gusebya Leta kandi uri umuyobozi.”