Agasobanuye ni izina ryahawe filime zatangijwe n’umugabo uzwi ku izina rya Yanga (younger) ahagana mu 1997. aho azisobanura azikura mu ndimi z’amahanga akazishyira mu Kinyarwanda.
Hari amwe mu magambo waba warahoze wumva, bwacya kabiri ugasanga atacyumvikana cyangwa se atakinavugwa ukibaza aho yaba yararengeye ukahayoberwa.
Mützig, abayikunda bavuga ko ari inzoga ifite uburyohe bwihariye, yengwa n’uruganda rwa BRALIRWA.
Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’ikinyamakuru Jeunne Afrique, yavuze ko adatewe impungenge n’umukandida uwo ari we wese bazahatana mu matora ya Perezida wa Repubulika ateganijwe tariki ya 4 Kanama 2017.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, Perezida wa Niger Mahamadou Issoufou na Perezida wa Djibuti Ismaïl Omar Guelleh, bakiriwe ku kibuga cy’indege cy’i Kanombe, aho baje kwitabira inama ya Transform Africa iri kubera mu Rwanda ku nshuro ya gatatu.
Guhera ku wa Gatandatu tariki ya 6 Gicurasi 2017, igiciro cyo gusura Ingagi mu Birunga kikubye kabiri, aho cyavuye ku madolari 750 kigashyirwa ku madolari 1500 y’Amerika ku muntu umwe.
Rusiribana Jean Marie Vianney ni umwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko ibye ntibigarukira aho kuko yanarokotse Abarundi bendaga kumukuramo umutima ngo bawurye.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka, yasabye Intore 149 z’Abanyamakuru zasoje itorero, kwimakaza Ubunyarwanda kuko ariyo ntwaro izafasha Abanyarwanda kugera ku byifuzo byabo.
Muri ibi bihe Abanyarwanda boroherwa no kubona amakuru no kuyahanahana, bifashishije, telefoni, amaradiyo, ama televiziyo, imbuga za interineti, imbuga nkoranyambaga, amaposita atandukanye n’ibindi.
Minisitiri w’Ingabo Gen Kabarebe James yabwiye intore z’Impamyabigwi ziri gutorezwa mu Kigo gitoza Umuco w’ubutore ko, iyo urwana urwanira ukuri kandi uharanira uburenganzira bwawe wavukijwe, nta kabuza utsinda urugamba.
Umuyobozi w’Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere, Prof Shyaka Anastase, yasabye intore z’Abanyamakuru gukorana umwuga wabo umutima nama, birinda gukora bagamije indonke gusa, icyo mw’itorero bita kuba Mitima Nda.
Umuyobozi wa Komisiyo y’Igihugu y’Itorero akaba n’Umutahira mukuru w’intore, Rucagu Boniface, yatangarije abanyamakuru bitabiriye Itorero ko kubatoza umuco w’Ubutore, atari ukubangamira uburenganzira bwabo.
Abanyarwanda baba muri Koreya y’Amajyepfo, bifatanyije n’abanyeshuri biga mu Ishuri rikuru rya Gisirikare i Nyakinama ndetse n’inshuti nyinshi z’u Rwanda, mu muhango wo gutangiza kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Madamme Jeannette Kagame yasabye urubyiruko rw’abahungu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ko ntawe ugomba guterwa ipfunwe no kwivuza ihungabana
Ku Gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Ukwakira 2016, nibwo umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika John Kerry wari utegerejwe mu Rwanda yahageze.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA), cyamaze guhagarika iyinjizwa n’ikwirakwizwa rya Samsung Galaxy Note 7 ku isoko ryo mu Rwanda.
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatangaje ko bwahagaritse gukurikirana Dr Mukankomeje Rose, wahoze ari umuyobozi mukuru wa REMA.
Indege nini yo mu bwoko bwa Airbus A330-200 ya Kompanyi Nyarwanda itwara abantu n’ibintu mu ndege Rwandair, iragera bwa mbere mu Rwanda saa tanu z’amanywa zo kuri uyu wa Gatatu.
Ku mugoroba wo ku wa gatandatu tariki ya 17 Nzeli 2016, itsinda ry’abahanzi ryitwa "Sauti Sol" ryo mu gihugu cya Kenya, ryaje mu Rwanda, rimurika album nshya ryise" Live and Die in Afrika"
Bwa mbere mu mu Rwanda hagiye gutangizwa gahunda yo kwibagisha by’umurimbo, gahunda izwi ku izina rya "Cosmetic Surgery".
Abana bitabiriye igikorwa cyo kwita izina bavuga ko batahanye ishyaka ryo gutsinda, nyuma yo kubona bagenzi babo bashimwa ku mugaragaro.
Abitabiriye umuhango wo kwita izina ingagi ku nshuro ya 12, ku mugoroba ubanzirirza igikorwa nyirizina baraye bataramiwe Kinyarwanda.
Abakozi ba Parike y’igihugu y’ibirunga (Volcanoes National Park), baratangaza ko bamwe mu Banyarwanda bataragira imyumvire ifatika ku bukerarugendo.
Ubushakashatsi ku ruhare rw’abaturage mu miyoborere bwakozwe n’ikigo Never Again Rwanda, bugaragaza ko abaturage benshi baheruka abajyanama babahagarariye mu gihe cy’amatora.
Itorero ry′Igihugu ryahuguye abakozi ba Banki y′Abaturage bagera kuri 450, ku ndangagaciro zikwiye kubaranga ndetse na kirazira.
Muna Singth Ukomoka muri Zambiya yegukanye igice cya mbere cya Montain Gorilla Rally iri kubera mu Rwanda ku nshuro ya gatanu.
Isiganwa mpuzamahanga ry’amamodoka rizwi ku izina rya Rwanda Mountain Gorilla Rally rigiye kuba ku nshuro ya gatanu, rizagaragaramo udushya twinshi.
Kigali Today Ltd, kimwe mu bigo by’itangazamakuru byitabiriye imurikagurisha mpuzamahanga rimaze iminsi 11 ribera i Gikondo, mu Mujyi wa Kigali, yegukanye kimwe mu bihembo bikuru byahawe abaryitabiriye.
Likeri zikorwa n’uruganda 1000 Hills zatangiye kwibagiza abakunzi b’agasembuye izisanzwe zitumizwa hanze, nyuma y’amezi abiri gusa zigeze ku isoko.