Rusizi: Abacungamutungo ba SACCO barasabwa kwirinda kwiba amafaranga y’abaturage

Guverineri wa Banki nkuru y’igihugu, John Rwangombwa, wari uri mu karere ka Rusizi tariki 28/10/2014 yagiranye inama n’abayobozi batandukanye bacunga amafaranga ya rubanda mu turere twa Rusizi, Karongi na Nyamasheke abasaba kudakoresha amafaranga y’abaturage babitse mu nyungu zabo bwite.

Guverineri John Rwangombwa yabwiye abayobozi b’ibigo by’imari biciriritse n’amabanki ko iyo bakoresheje amafaranga y’abaturage babitse mu nyungu zabo byangiza byinshi mu iterambere ry’igihugu by’umwihariko bigatuma n’abaturage batakaza icyizere cyo kugana ibigo by’imari kubera kutizera umutekano w’amafaranga yabo babikije.

Guverineri wa Banki nkuru asaba abayobozi b'ibigo by'imari kwirinda kunyereza umutungo wa rubanda.
Guverineri wa Banki nkuru asaba abayobozi b’ibigo by’imari kwirinda kunyereza umutungo wa rubanda.

Umuyobozi wa Banki nkuru y’igihugu yasabye abayobozi b’ibigo by’imari kugira imikorere ituma abaturage barushaho kubagirira icyizere gituma abo baturage barushaho kugira umuco wo kwizigamira muri ibi bigo by’imari hagamijwe kubateza imbere muri rusange.

Guverineri w’intara y’uburengerazuba, Mukandasira Caritas, we yasabye inzego zose zigomba kuba maso ku mafaranga y’abaturage babitsa mu bigo by’imari, asaba abashinzwe kuyacunga gucika ku muco wo kuyakoresha mun yungu zabo bwite.

Guverineri w'intara y'iburengerazuba asaba inzego zose kuba maso ku mafaranga y'abaturage.
Guverineri w’intara y’iburengerazuba asaba inzego zose kuba maso ku mafaranga y’abaturage.

Umuyobozi wa Banki ya KCB, Kabananiye Jean Claude, yavuze ko bashyizeho uburyo bwizewe bwo kubika amafaranga y’ibigo by’imari bya za Sacco bakorana aho ngo bayasanga kuri ibyo bigo bakayigereza muri banki yabo ibyo bikaba byarinda inyerezwa ryayo.

Mu turere twa Rusizi, Nyamasheke na Karongi, ibigo by’imari by’imirenge SACCO ngo zagaragaje umusaruro mwiza aho mu mwaka ushize wa 2013 zungutse miliyoni 350 mu gihe mu mezi icyenda gusa ashize y’uyu mwaka wa 2014 zimaze kunguka miliyoni 312.

Abayobozi b'ibigo by'imari bo mu turere twa Nyamasheke, Rusizi na Karongi bitabiriye inama na Guverineri wa banki y'igihugu.
Abayobozi b’ibigo by’imari bo mu turere twa Nyamasheke, Rusizi na Karongi bitabiriye inama na Guverineri wa banki y’igihugu.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka