Mu gihe abaturage bakoze imirimo yo kubaka laboratoire ebyiri zo kwigishirizamo amasomo ngiro ku ishuli ryisumbuye rya SOPEM Rukomo bavuga ko bambuwe amafaranga bakoreye, ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe gutezimbere uburezi (REB) buvuga ko bitarenze impera z’uku kwezi iki kibazo kizaba cyavugutiwe umuti.
Mu muganda ngarukakwezi wabaye kuwa gatandatu tariki 29/03/2014, mu karere ka Nyagatare hasijwe ibibanza ndetse hakanatangizwa iyubakwa ry’amazu 25 yagenewe Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzania bari mu murenge wa Matimba.
Ubwo hatangizwaga ubukangurambaga bugamije kumenya no kwirinda indwara yo kujojoba, abatuye akarere ka Nyagatare bakanguriwe ko ugaragaweho iyo ndwara yakwihutira kugera kwa muganga kuko iyi ndwara ivurwa igakira, mu gihe utayivuje imuteza ibibazo no kubangamirwa cyane mu bandi ndetse na buri wese akaba abangamiwe.
Mu ishuri rya Nyagatare aho kaminuza nkuru y’u Rwanda ifite ishami bateguye igikorwa cyo gutora Nyampinga na Rudasumbwa b’iri shami rya kaminuza nkuru y’u Rwanda mu mihango iza kuba ku mugoroba w’uyu wa gatanu tariki 21/03/2014.
Mu gihe bamwe mu baturage b’umudugudu wa Nshuli akagali ka Rutare umurenge wa Rwempasha bavuga ko kuba barakomeje kubaka amazu bari babujijwe kubaka mbere, atari ugusuzugura ubuyobozi ahubwo babyemerewe n’abayobozi bw’umudugudu, ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare bwo bwemeza ko aya mazu agiye gukurwaho n’abayobozi babyihishe (…)
Abaturage bahinga hafi y’ishyamba rya kimeza rikikije umugezi w’umuvumba mu karere ka Nyagatare bavuga ko inyamanswa zibonera, ubuyobozi bw’aka karere bwo buvuga ko bitemewe guhinga ku nkengero z’uyu mugezi.
Mu gihe Musabyemariya Jane wo mu mudugudu wa Kagitumba akagali ka Kagitumba umurenge wa Matimba avuga ko EWSA yamuranganye bigatuma inzu ya musaza we ishya igakongoka, ubuyobozi bwayo mu karere ka Nyagatare bwo buvuga ko icyo kibazo butari bukizi.
Abahinzi bo mu karere ka Nyagatare bakora ubuhinzi bifashishije uburyo butamenyerewe cyane mu Rwadna bwo kuhira imyaka, barishimira ko basigaye basarura no mu gihe cy’izuba, n’ubwo babitangiye bigoranye.
Gusiba ibinogo no gutema ibihuru bikikije ingo nibyo bisabwa abaturage batuye mu karere ka Nyagatare nyuma y’igenzura ryakozwe mu isozwa ry’igikorwa cyo gutera mu ngo umuti wica imibu itera Malariya.
Ubwo abatuye akarere ka Nyagatare bakiraga urumuri rw’icyizere rutazima kuri uyu wa 11/03/2014, bibukijwe ko kubaka Ubunyarwanda bikwiye gushingira ku mateka kuko ari byo bitanga ikizere ko Jenoside itazongera kuba ukundi.
Bamwe mu baturage b’akagali ka Kanyonza umurenge wa Matimba akarere ka Nyagatare barasaba ubuyobozi kubakemurira ikibazo cy’imvubu zabaciye ku guhinga indi myaka bagasigara ku masaka gusa.
Nyuma yo kwica umugore we bashakanye akoresheje umuhoro, Mugabonkundi Epimaque wo mu kagali k’Amahoro mu murenge wa Mimuri akarere ka Nyagatare ubushinjacyaha bwamusabiye gufungwa burundu.
Abanyamahanga baba mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa 10 Werurwe, batangiye kubarurwa no gufotorwa kugira ngo bahabwe icyangombwa kibemerera kuba mu Rwanda (Green Card).
Mu rugendo yagiriye mu karere ka Nyagatare tariki 04/03/2014, Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi Dr Agnes Kalibata, yifatanyije n’abaturage bo mu kagari ka Nyamirembe mu murenge wa Gatunda, mu gikorwa cy’umuganda wo kurwanya kirabiranya.
Mu gihe usanga ku mupaka wa Kagitumba Abanyarwanda bava guhaha Uganda baza bafite ibyo bahashyeyo, ku rundi ruhande Abagande bahashye mu Rwanda bo binyurira mu mugezi w’Umuvumba bahunga imisoro y’iwabo.
Abashoferi bakoresha umuhanda Nyagatare-Ryabega kimwe n’uwa Ryabega-Matimba barifuza ko iyi mihanda yashyirwamo ibyapa bibemerera guhagarara akanya gato bashyira cyangwa bakuramo abagenzi.
Ubwo Makoden Negatu uhagarariye Banki Nyafurika itsura Amajyambere BAD, Banque Africaine de Development, mu Rwanda yasuraga akarere ka Rulindo kuwa gatatu tariki ya 11/12/ 2013 yemeje ko iyo banki yiteguye gutanga amafaranga akenewe ngo hubakwe umuhanda uzahuza uturere twa Rulindo mu majyaruguru na Nyagatare mu burasirazuba.
Abanyeshuri bigaga muri Kaminuza yitwaga Community Intergrated Polytechnic CIP baravuga ko bahejejwe mu gihirahiro n’ubuyobozi bw’iyo kaminuza, nyuma y’aho ifungiwe kubera kutuzuza ibyangombwa.
Abatuye centre ya Kabeza mu murenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare, batangaza ko biteguye kubyaza umusaruro ikigo cyubatswe n’idini ya Islam bakamenya ibijyanye n’ikoranabuhanga.
Intore 1735 ziri ku rugerero ku ma site ya Nyarurena, Rukomo n’iya Nsheke mu murenge wa Nyagatare, mu karere ka Nyagatare ziratangaza ko urugerero ari amahugurwa bazungukiramo byinshi.
Mu gihe mbere bari batunzwe no guca incuro, abatuye mu mudugudu wa Kirebe akagali ka Kirebe umurenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare bitiriye zone yabo umukuru w’igihugu kuko iterambere bamaze kugeraho barikesha ubutaka bahawe igihe cy’isaranganya.
Ababyeyi batwite barakangurirwa kwitabira kwisuzumisha inda kugira bibafashe kumenya ubuzima bw’abo batwite dore ko iyo habaye ikibazo muganga atamenye mbere bigorana kugikemura.
Abubakar Nsengiyumva w’imyaka 33 afungiye kuri Police Post ya Gatunda ho mukarere ka Nyagatare azira gukomeretsa Felecian Bazatsinda w’imyaka 44 amuziza kumusambanyiriza umugore.
Kuba urugaga rw’abikorera mu gihugu rutegura amamurikaguriaha hirya nohino mu gihugu, ngo ni intwaro ikomeye yo kunganira gahunda y’igihugu y’imbaturabukungu (EDPRS); nk’uko bitangazwa na bwana Rugambwa Oreste, umujyanama uhoraho w’urugaga rw’abikorera (PSF).
Abikorera bo mu ntara y’iburasirazubiza barashimira uburyo Leta y’u Rwanda ishyikira imurikagurisha hagamijwe kubafasha gutera imbere banungukira ubumenyi ku bandi.
Bamwe mu bitabiriye imurikagurisha ririmo kubera mu karere ka Nyagatare barasaba ko ryajya riba igihe cy’impeshyi aho kuba icy’imvura kuko bituma rititabirwa neza.
Abantu babiri bo mu mudugudu wa Kayange ya mbere akagali ka Ndama umurenge wa Karangazi akarere ka Nyagatare, bari mu maboko ya Polisi Station ya Karangazi bakekwaho gutema inka za Gakuru Geoffrey bitewe n’uko zaboneye imyaka irimo amasaka.
Mukeshimana Agnes ukomoka mu murenge wa Rwimiyaga arasaba ubufasha bwo kurera abana batatu yabyariye mu bitaro bya Nyagatare kuko ngo atakwishoboza kubarera nkuko bitangazwa na muganga wamubyaje ari nawe ukurikiranira hafi ubuzima bwe n’abo yibarutse.
Nyuma yo gutangira guhinga umuceri, abaturiye igishanga kizwi ku izina ry’Ikirimburi ku ruhande rw’umurenge wa Rwempasha mu karere ka Nyagatare batangiye no guhinga imboga nka kimwe mu bibunganira mu bikorwa bakorera imusozi.
Mu gihe bamwe mu baturage bahitamo kuva mu gihugu bajya mu kindi banyuze mu nzira zitemewe kubera ko nta byngombwa baba bafite, ubuyobozi burabakangurira gucika kuri iyo ngeso kugira ngo birinde ingaruka bashobora guhura nazo harimo no kwamburwa utwabo.