Mutuyimana Ibrahim wari ufite imyaka 9, Izabayo Obed w’imyaka 5 na Rukundo Juvon w’imyaka 7 bahitanywe n’impanuka y’imodoka bashyinguwe ku 03/03/2015, ku bufatanye bw’imiryango yabo n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero.
Ahitwa i Hindiro mu karere ka Ngororero habereye impanuka imodoka ikoreshwa n’umuryango utegamiye kuri leta (ONG) igonga abanyeshuri, babiri bahita bahasiga ubuzima abandi benshi barakomereka, ubu bajyanywe kwa muganga.
Nyuma y’igihe kinini abarema isoko rya Rusumo riri mu Murenge wa Gatumba mu Karere ka Ngororero basaba ko bakubakirwa isoko rya kijyambere, ubu imirimo yo kuryubaka yamaze gutangira.
Muvara Potin, umubitsi w’impapuro mpamo mu ntara y’Iburengerazuba atangaza ko u Rwanda gifite umwihariko wo gucunga neza ubutaka muri Afurika. Yabitangaje mu nama itegura icyumweru cyahariwe serivisi z’ubutaka kizabera mu karere ka Ngororero mu kwezi kwa 3/2015.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba bwemeje ko Ikigo ngorora muco cya Ngororero (Transit Center) kiri mu Murenge wa Kabaya ari icyitegererezo mu bindi bigo nka cyo byo mu tundi turere tugize iyi ntara bityo abayobozi b’uturere bakaba basabwa kukigiraho mu kunoza imikorere y’ibigo ngororamuco byo mu turere twabo.
Ubuyobozi bw‘Akarere ka Ngororero buvuga ko bwiyemeje kwishyuza ku ngufu abantu ku giti cyabo cyangwa amatsinda y’abantu yahawe inguzanyo muri VUP ariko ntibayakoreshe ibyo bayasabiye ndetse bamwe bakaba nta n’ibikorwa bayakozemo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero ngo bumaze gusuzuma ibyari byasabwe n’intumwa za rubanda, umutwe wa sena, ko isoko rya Nyange rifungwa rikimurirwa ahandi kuko ngo ryubatse ahantu rishobora guteza impanuka kandi hari umwanda, ngo bwasanze butagomba kurisenya ko ahubwo buzarisana.
Kutagira inyubako zihagije bituma abarwayi baryamana ku gitanda kimwe ari babiri mu bitaro bya Muhororo biri mu Karere ka Ngororero mu Murenge wa Gatumba, ibi bikaba bishobora kubabangamira ndetse ntibyorohe kwita ku isuku no gutanga ubuvuzi ku barwayi.
Umushinga USAID Ejo Heza ku bufatanye n’Akarere ka Ngororero watangije gahunda yo kwigisha ingo abaturage bahabwa ubumenyi bw’ibanze ku gucunga imari, kwizigamira ndetse no gukorana n’amabanki mu bikorwa bibyara inyungu, mu rwego rwo kubafasha gucunga neza umutungo wabo.
Mu nama y’umutekano yaguye y’Akarere ka Ngororero yateranye ku wa kane tariki ya 12/02/2015, byagaragaye ko amakimbirane mu ngo, ubusinzi buterwa n’inzoga z’inkorano, kunywa ibiyobyabwenge arizo mpamvu z’ingenzi zikurura gukubita no gukomeretsa, iki cyaha ni nacyo gikunze kugaragara muri aka karere.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Ngororero baravuga ko batishimiye uburyo igikorwa cyo gushyira abaturage mu byiciro by’ubudehe kirimo gukorwa, kuko ngo hari bamwe mu bayobozi b’imidugudu ubwabo bafata icyemezo cyo gushyira umuturage mu cyiciro runaka.
Umugore witwa Nyirafaranga wo mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero yiyemeje kujya arara hanze kugeza igihe azabonera inzu ya Leta iri mu murenge atuyemo, kuko ngo adashaka gutaha iwabo naho muri uwo murenge ariko hitaruye umuhanda wa kaburimbo n’agace k’ubucuruzi.
Ubuyobozi bw’ishuri ryisumbuye rya Nyange mu Karere ka Ngororero (Nyange Secondary School, National Imena Heroes) hamwe n’abanyeshuri baryigaho bavuga ko bamaze imyaka 2 barakoze filimi igaragaza ubutwari bw’abanyeshuri b’i Nyange ikaba yararangiye ariko bakabura inkunga yo kuyimenyekanisha.
Ubwo zari mu ruzinduko rw’iminsi 10 mu Karere ka Ngororero, Intumwa za rubanda mu nteko ishinga amategeko, imitwe yombi zasabye ko uruganda ruzatunganya umusaruro w’imyumbati rutatangira gukora rudasuzumwe ubuziranenge n’ikigo cy’igihugu kibishinzwe, ndetse banasaba ko hakongerwamo ibindi bikoresho basanze bidatunganye (…)
Abaturage bo mu Murenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero cyane cyane abaharokokeye n’abandi bafite ababo bahiciwe muri jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 bahiritsweho kiliziya, bakomeje kubabazwa n’uko hatarubakwa urwibutso rutunganye rwo gushinguramo imibiri iharuhukiye ndetse no kubika amateka y’ibyahabaye.
Bamwe mu baturage bo mu mirenge inyuranye igize Akarere ka Ngororero baratakambira akarere basaba ubuyobozi bwako kubarenganura kuko hari abayobozi bababuza kwivuza ku buryo bwa gakondo kandi ubundi buvuzi bwarananiwe indwara bafite bavuga ko zikomoka ku marozi.
Amakuru atangwa n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Gatumba mu Karere ka Ngororero aravuga ko umuntu umwe yamaze kwitaba Imana naho abandi 9 harimo 3 barembye bakaba bari mu bitaro kubera impanuka y’modoka itwara abagenzi (minibus), yabaye kuwa 02/02/2015.
Mu rwego rwo gukomeza gushishikariza abaturage gukoresha ifumbire no kubereka uko hakorwa ifumbire y’imborera ikozwe nk’ikirundo, umuganda usoza ukwezi kwa Mutarama 2015 mu Karere ka Ngororero wibanze cyane cyane ku gukora iyo fumbire hifashishijwe ababifitemo ubumenyi hamwe n’abaturage ubwabo.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero, Niyonsaba Ernest avuga ko kuba ku ishuri ry’Intwari rya Nyange hatarubakwa imva rusange nk’urwibutso rw’Intwari z’Imena zahaguye, byatewe no kutumvikana ku ngurane akarere kagombaga guha nyiri ubutaka gashaka gukoreraho icyo gikorwa.
Nyuma y’uko Ikigo mpuzamahanga gishinzwe kongera umusaruro hakoreshejwe amafumbire (IFDC/International Fertilizer development Center) gitangirije ubukangurambaga mu gukoresha amafumbire ndetse abacuruza inyongeramusaruro bakaba basabwa kugira imirima y’icyitegererezo berekeramo abahinzi, bamwe muri aba bacuruzi bavuga ko (…)
Perezida w’urugaga rw’abikorera (PSF) mu Karere ka Ngororero, Ibrahim Kanyambo akaba ari nawe ukodesha amazu y’akarere yubakiwe kwakira abakagana n’ibindi bikorwa (Guest House y’Akarere ka Ngororero) avuga ko kuba muri aka karere nta mahoteri ahagije ahari biteza igihombo gikomeye ku bacuruza serivisi zakira abagenzi.
Abahinzi b’icyayi bo mu Karere ka Ngororero bakomeje kwinubira igiciro bahabwa ku musaruro w’icyayi bagurirwa n’uruganda rwa Rubaya rugitunganya.
Amakuru aturuka mu Karere ka Ngororero aravuga ko Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kageyo muri aka karere witwa Mutoni Jean de Dieu yataye akazi ubu akaba ari ahantu hatazwi.
Abaturage bo mu Karere ka Ngororero bafite ibikoresho biborohereza kubona amakuru baracyari bake.
Umugabo witwa Munyengabe Alphred ufite imyaka 50 utuye mumudugudu wa Nyenyeri, akagari ka Kamasiga murenge wa Gatumba ho mu karere ka Ngororero avuga ko nubwo basabwa kongera ubumenyi ngo banoze akazi kabo adateze kureka gukora ubucuzi gakondo kubera ko ariwo mwuga w’abasekuruza be.
Nyuma y’uko Ikigo mpuzamahanga gishinzwe kongera umusaruro hakoreshejwe amafumbire IFDC (International Fertiliser development Center) gishyiriyeho gahunda yo kwegurira abikorera ku giti cyabo ubucuruzi bw’amafumbire n’izindi nyongeramusaruro, aba barasabwa kugira imirima y’icyitegererezo ifasha abahinzi gusobanukirwa (…)
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Ngororero bakomeje kugirana ubushyamirane n’urugomo bituruka ku kurogana hakoreshwe ibyo bita “ibigambwa” cyangwa “ibitama”, bifatwa nk’ibyitwa “amagini” cyangwa “ibitega” mu tundi duce.
Umugore witwa Mukantaganzwa Priscille utuye mu Mudugudu wa Mpara mu Kagari ka Cyome ko mu Murenge wa Gatumba mu Karere ka Ngororero yemeza ko ubu abarirwa mu bantu bakize mu Karere ka Ngororero abikesha Agakiriro kataramara n’umwaka gatangiye.
Abatuye mu mujyi wa Ngororero hafi y’ahari ibagiro ry’umujyi barasaba ubuyobozi bw’akarere kuryimura kuko ngo ribabangamiye. Bavuga ko umwanda uriturukamo ubateza umunuko ndetse n’ibisiga hamwe n’imbwa bihahora bishaka ibyo kurya bikaba bibateza umutekano mukeya.
Nyuma y’igihe kirekire abakeneye kwiga imyuga mu karere ka Ngororero bajya kuyigira ahandi naho abadafite amikoro bakayiga ku buryo bwa gakondo, mu mwaka wa 2014 habonetse amashuri abiri anafite ibikoresho bigezweho.