Ahagana saa mbili na mirongo itanu z’ijoro ryo kuri uyu wa gatanu tariki 24/05/2013, abaturage bo mu murenge wa Kinigi mu karere ka Musanze, bakanzwe n’urusaku rw’amasasu gusa kugeza ubu icyateye aya masasu ntikiramenyekana.
Urubyiruko rwiga mu ishuri ryisumbuye (Ecole Secondaire Islamique de Ruhengeri ‘ESIR’), ruravuga ko rutazubakira ejo hazaza harwo ku bitekerezo bibi by’amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside byaranze inshabwenge za Jenoside.
Abana b’abakobwa 6000 nibo barebwa na gahunda yo gukingira kanseri y’inkondo y’umura, yibasira abagore, nyamara ngo ikaba ishobora kwirindwa igihe umwana w’umukobwa afashe urukingo rwayo hakiri kare.
Bamwe mu bahinzi bo mu karere ka Musanze baravuga ko gukoresha imashini mu buhinzi bwabo bituma bakoresha amafaranga make, bikihutisha igikorwa ndetse bikanatuma umurima umera neza kuko imashini igera ku mu butaka kurusha amaboko y’abantu.
Abayobozi b’imirenge 15 igize akarere ka Musanze, biyemeje ko munyubako z’utugali ndetse n’izindi zose bagiramo uruhare bazajya bazirikana ko bazaganwa n’abafite ubumuga, bityo babategurira aho bashobora kunyura.
Abantu 14 bafashwe bashaka gukorera abandi ikizamini cy’uruhushya rw’agateganyo rwo gutwara ibinyabiziga, mu gihe abandi batatu bo bari bafite impapuro zemeza ko bishyuye (guitence) z’impimbano.
Umuhanzi Frere Manu, mu gikorwa arimo cy’ivugabutumwa agiye kwerekeza mu karere ka Musanze, aho azaririmbira abantu anabacurangira gitari, nyuma yo kumva ubutumwa bwa bamwe mu bavugabutumwa bo mu ntara y’Amajyaruguru.
Abagore bo mu murenge wa Kinigi, Nyange na Musanze yo mu karere ka Musanze bafite ingeso yo gusinda barasabwa kugendera kure iyo ngeso, ntibishingikirize ihame ry’uburinganre maze ngo bishore muri iyo ngeso itatuma bageza ku iterambere ingo zabo.
Abakozi babiri b’ikigo nderabuzima cya Muhoza mu karere ka Musanze, bafunze bazira kwiba amafaranga agera kuri miliyoni 57 banyereje kandi bari bashinzwe kuyakira no kuyabitsa kuri konti y’ikigo nderabuzima ibarizwa muri Banki ya Kigali (BK).
Ubwo hizihizwaga isabukuru ya Henry Dunant Gustave Moynier washinze umuryango Croix Rouge, abanyamuryango bayo mu karere ka Musanze tariki 09/05/2013 baranzwe n’ibikorwa birimo gutanga ibiribwa ku miryango 21 itishoboye mu murenge wa Remera.
Ubwo basozaga icyumweru cyaharikwe kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi kuri uyu wa kane tariki 08/05/2013, abanyeshuri basaga 620 biga mu ishuri ryisumbuye ESA Ruhengeri bibukijwe ko icyo basabwa ari uguharanira kwigira bubaka ejo hazaza heza.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 07/05/2013, umuhanda uva Musanze werekeza ku rugomero rwa Mukungwa, wahagaritse urujya n’uruza rurimo imodoka zijyana mazutu ku rugomero kugirango rubashe gutanga amashanyarazi.
Kubera impamvu z’ibiza byaturutse ku mvura nyinshi, bigatuma igice cy’umuhanda Kigali-Musanze cyangirika bikomeye kigacikamo kabiri, uwo muhanda wabaye ufunzwe kubera ko nta modoka zishobora kunyura aho wangiritse.
Abanyeshuri icyenda barimo batanu barangizaga amashuri mu ishuri rikuru ry’ubuhinzi n’ubworozi (ISAE- Busogo) bahawe impapuro zibahagarika mu masomo yabo baregwa kugira imyitwarire mibi imbere y’ubuyobozi bw’iri shuri.
Abakozi b’ibitaro bya Ruhengeri barinubira ko imishahara yabo iza itinze ndetse no kudahabwa agahimbazamusyi kabo nk’uko bakemerwa. Ibi ngo bigira ingaruka ku mitunganyirize y’inshingano zabo.
Abahejejwe inyuma n’amateka bo mu murenge wa Nyange mu karere ka Musanze bashima ko Leta y’ubumwe yabavanye mu mashyamba, ikabubakira amazu meza ku buryo nta hezwa ndetse n’inenwa rikibakorerwa, cyakora ngo kutagira itaka ryo guhoma birabangamiye umutekano wabo.
Abatuye santere ya Kagano, umurenge wa Nyange mu karere ka Musanze, baravuga ko barambiwe kubona amapoto ahagana babwirwa ko bagiye guhabwa umuriro nyamara bikaba bidakorwa, none amapoto akaba atangiye kwangizwa n’ibiza.
Abanyeshuri, abayobozi n’inshuti z’ishuri rikuru INES Ruhengeri, kuri uyu wa Gatanu tariki 26/04/2013 bibutse abazize jenoside yakorewe abatutsi, ari nako abanyeshuri basabwa guharanira kwigira, kandi baca ukubiri n’abantu bagifite uguhembera ingengabitekerezo ya Jenoside.
Umuyobozi w’ihuriro ry’imiryango y’abafite ubumuga mu Rwanda (NUDOR) aravuga ko nta mpamvu yo guha abafite ubumuga amashuri yihariye. Akaba ariyo mpamvu buri mwarimu wese uri kurangiza amashuri aba yarigishijwe uburyo bwo gufasha ababarirwa muri iki kiciro.
Imvura idasanzwe ivanze n’umuyaga yaguye ku mugoroba wo kuwa gatatu tariki 24/04/2013 yangije ibikorwa birimo amazu agera kuri 50 mu mirenge itandukanye igize akarere ka Musanze.
Mu marembo y’amacumbi y’ikigo cyakira abashyitsi Sainfop mu karere ka Musanze hatoraguwe umurambo w’uruhinja watangiye kwangirika, bigaragara ko yapfuye nyina akimara kumwibaruka.
Umugore witwa Justine Nyiraneza utuye mu kagali ka Cyabararika, umurenge wa Muhoza wakorewe ibikorwa by’itotezwa n’abantu bataramenyekana mu cyumweru cy’icyunamo, yahawe ubufasha n’abanyeshuri bo mu ishuri rikuru INES Ruhengeri.
Abantu bane bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Muhoza mu karere ka Musanze, bazira ubucuruzi bw’ikinyabutabiriye cyitwa ‘mercure’ bashyizeho ibimenyetso by’ibihimbano kuko bavuga ko yasuzumwe n’umuhanga w’umurusiya witwa Mendeleev.
Abagore bo mu karere ka Musanze batanze ibitekerezo ku byo babona byashingirwaho hategurwa intego z’ikinyagihumbi za nyuma y’uriya mwaka, mu rwego rwo gukusanya ibitekerezo ku ntego z’ikinyagihumbi za nyuma ya 2015.
Abakora umwuga wo gutwara ba mukerarugendo mu bice nyaburanga bitandukanye mu gihugu, basanga ubuvumo bwa Musanze ari umwimerere kuko uretse gutunganya aho umuntu akandagira ibindi bice byose nta cyahinduwe.
Kuwa kabiri tariki 16/04/2013, imbogo zasenye urukuta rutandukanya parike y’ibirunga n’imirima y’abaturange, maze zikomeretsa abantu bane barimo n’umwana w’uruhinja, bo mu mirenge ya Kinigi na Musanze.
Abakozi batanu b’ibitaro bya Ruhengeri bahagaritswe ku mirimo yabo na komisiyo y’umurimo, nyuma y’uko hakozwe raporo ku bijyanye no gukoresha inyemezabwishyu z’impimbano, maze bigafata abakozi biganjemo abaforomo.
Mu gihe imirimo yo gukora gare ya Musanze iri kugana ku musozo, abakoresha iyi gare bavuga ko ntacyo byaba bimaze ikozwe nyamara umuhanda uyigana wo ukirimo ibinogo birekamo amazi.
Itsinda ry’abantu 28 baturutse i Burundi bakora muri minisiteri ifite mu nshingano itarambere ry’amakomini mu Burundi, ryageze mu karere ka Musanze kuri uyu wa kane tariki 11/04/2013, aho ryeretswe byinshi mu bikorwa byateje aka karere imbere.
Nyiraneza Justine warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi utuye mu kagali ka Cyabararika, umurenge wa Muhoza muri Musanze, akomeje kwibasirwa n’abantu bataramenyekana, aho mu ijoro ryo kuri uyu wa 09/04/2013 baje bagakura ihembe ry’inka ye, maze inyana bakayizirikanya n’imbwa.