Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 26/10/2013, umugabo witwa Elie Renzaho w’imyaka 54 yagwiriwe n’ikirombe kiramuhitana, naho bagenzi be batanu bajyanwa mu bitaro bya Ruhengeri.
Nyuma y’uko ubuyobozi bwa RFTC ifite gare ya Musanze, RURA n’abafite amasosiyete atwara abantu bagiranye ibiganiro biyobowe n’umuyobozi w’intara y’Amajyaruguru, hemejwe ko haba hakurikizwa amabwiriza asanzwe ariho, ibitanoze RURA ikabyigaho mu gihe kitarenze icyumweru.
Ikibazo cy’umusoro w’imodoka cyongeye guteza impagarara muri gare ya Musanze, aho kuva kuri uyu wa gatatu tariki 23/10/2013 nta modoka n’imwe ya agences wabona muri iyi gare, ahubwo za twegerane zikaba arizo ziri kujyana abantu muri Kigali na Rubavu.
Abategera muri gare ya Musanze bananiwe kwerekeza mu byerekezo byabo mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 22/10/2013 bitewe n’uko amasosiyete atwara abantu yari yabujijwe gusohoka muri iyi gare bitewe no kutishyura umusoro mushyashya.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, aranenga cyane abatuye umurenge wa Busogo, batitabira ku rugero rushimisha ubwisungane mu kwivuza, nyamara umurenge wabo nta kibazo kijyanye n’ubukene kiwugaragaramo.
Umuyobozi mukuru wungirije w’itorero ry’igihugu avugako Abanyarwanda ba kera bari abantu basobanutse kandi bazima kuko bari bafite itorero ryatozaga abayobozi mu nzego zose. Akemeza ko uyu muco u Rwanda ruri kuwugarura kandi ukareba Umunyarwanda wese uri mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 20 na 35.
Umujyi wa Musanze ni umwe mu mijyi itera imbere ku rugero rwiza mu gihugu, cyakora abatuye agace kitwa “Tete à Gauche » gaherereye mu nkengero z’amarembo y’uyu mujyi barahamya ko iterambere risa nk’iryabateye umugongo.
Ushinzwe ubugenzacyaha mu karere ka Musanze arasaba urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge kuko bigira uruhare runini mu kubicira ejo heza, ndetse ngo bikanabashora mu byaha bitandukanya bihanwa n’amategeko.
Abasore batatu bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Busogo mu karere ka Musanze, nyuma yo gufatanwa urumogi ubwo bari barutwaye kuri moto bari kurunyuza mu karere ka Musanze bagerageza kwerekeza mu mujyi wa Kigali.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Aime Bosenibamwe, arasaba aboyobozi b’inzego z’ibanze kumva kimwe gahunda za leta, kugirango babashe gesenyera umugozi umwe, maze gahunda ziba zatekerezwe zishyirwe mu bikorwa nta nkomyi.
Umubyeyi witwa Agnes aravuga ko yafashwe ku ngufu n’abagabo babiri atabashije kumenya agahita asama none yabyaye abana batatu basanga abandi bane yari afite, bityo agasaba ubufasha buri wese ufite umutima ufasha.
Abanyafurika 23 barimo n’Abanyarwanda barangije amahugurwa y’ibyumweru bibiri i Nyakinama mu karere ka Musanze, baravuga ko biteguye kuba batangira gutanga umusaruro mu butumwa bw’amahoro igihe cyose bagirirwa ikizere.
Umusore witwa Maniriho Yassin utwara abagenzi ku igare mu karere ka Musanze avuga ko yiyumvira indirimbo akura kuri interineti akoresheje telefoni ye igendanwa, bityo ngo bigatuma atananirwa nyamara akazi akora gasaba imbaraga nyinshi.
Umugore witwa Musanibawo Beatrice, avuga ko ubwo umwana we yatsindaga ikizamini cy’umwaka wa gatatu wisumbuye yagize ubwoba bwinshi kuko yumvaga atazabasha kumurihira ngo akomeze, kandi umubyeyi wese asabwa kujyana umwana we mu ishuri.
Bamwe mu batuye umujyi wa Musanze, bavuga ko byinshi mu bibazo bibonekamo mu mitangire ya serivisi buturuka ku kugira abakozi bacye, ndetse no kutihuta mu mitangire ya serivisi y’inzego zimwe na zimwe.
Abaturage b’umurenge wa Kinigi mu karere ka Musanze, kuri uyu wa kabiri tariki 10/09/2013 bavugiye mu gikorwa cyo kwiyamamaza cyabereye mu murenge wabo ko bazatora uyu muryango kuko bafitanye igihango cy’uko ariho yanyuze ibohora icyahoze ari Ruhengeri.
Ambasaderi w’ubuyapani mu Rwanda, nyakubahwa Kazuya Ogawa aravuga ko igihugu cye cyishimira kuba kigira uruhare mu bikorwa bigamije gukumira amakimbirane ndetse no kuyashakira umuti binyuze mu bikorwa birimo gufasha mu kwigisha ababungabunga amahoro n’abacyemura impaka aho zivutse.
Abasivile 23 baturuka mu bihugu umunani by’Afurika, bahuriye I Nyakinama mu karere ka Musanze kuva kuri uyu wa mbere tariki 09/09/2013 kugira ngo bige uko bakwitwara mu gihe boherejwe mu butumwa bw’amahoro mu bihugu birimo imvuru cyangwa intambara.
Am-G The Black, umuhanzi wo mu Rwanda uririmba injyana ya Hip Hop yasusurukije abatuye umujyi wa Musanze mu karere ka Musanze, benshi mu biyabiriye igitaramo baranyurwa cyane, abiganjemo urubyiruko buzura aho yaririmbiraga babyina.
Umugore witwa Louise Uwizeyimana w’imyaka 25 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Busogo mu karere ka Musanze azira kugerageza kwihekura, kuko yashatse kujugunya umwana mu musarani ubwo yari akimara kumubyara.
Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu Parti Liberal (PL) ririzera abatuye akarere ka Musanze ko rizongera umuvuduko w’uko ibikorwaremezo byiyongera, igihe bazaba barihundagajeho amajwi mu matora y’abadepite ateganyijwe mu kwezi gutaha.
Komiseri mu muryango FPR-Inkotanyi akaba na Minisitiri w’Intebe yabwiye abatuye umurenge wa Remera akarere ka Musanze ko FPR-Inkotanyi itazigera itenguha Abanyarwanda, nk’uko itigeze inabikora mu gihe cyose imaze.
Bamwe mu baturage bo mu turere dukora kuri Pariki y’ibirunga bagiye kugabanywa miliyoni 124, zizajya mu mishinga igamije kuzamura imibereho myiza y’abaturiye iyi parike, kurinda urusobe rw’ibinyabuzima ndetse no kubungabunga ibikorwa remezo.
Umusore witwa Hitabatuma Jean Baptiste afungire kuri sitasiyo ya polisi ya Muhoza mu karere ka Musanze, nyuma yo gufatanwa udupfunyika 1887 tw’urumogi ubwo yari arujyanye i Kigali aruvanye mu karere ka Rubavu.
Umuyobozi w’umuryango FPR-Inkotanyi mu ntara y’Amajyaruguru akaba n’umuyobozi w’iyo ntara, Bosenibamwe Aime, avuga ko abanyamuryango ba FPR bagomba kuba umusemburo w’iterambere muri byose.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare, burasaba abanyeshuri n’abarimu bo mu ishuri rikuru INES Ruhengeri kwifashisha imibare igaragazwa n’iki kigo, mu gihe bakora ubushakashatsi butandukanye.
Umuyobozi ushinzwe ubutegetsi n’imicungire y’umutungo mu bitaro bya Ruhengeri acumbikiwe na polisi y’umurenge wa Muhoza akurikiranyweho ibyaha birebana no gukoresha nabi umutungo. Abandi babiri ntibabashije kuboneka ubwo polisi yabashakaga.
Abakozi 400 bakoreye sosiyete Rural development Solution Company (RDSCO), baravuga ko bategereje guhembwa amafaranga yabo bakoreye mu bikorwa byo gukora umuhanda none amaso yaheze mu kirere.
Kuri uyu wa mbere tariki 05/08/2013, imashini ikora isuzuma ry’ibinyabiziga (control technique) yatangiye gukorera mu karere ka Musanze, aho izamara icyumweru mbere yo gukomereza ahandi.
Dynamo za sosiyete Chico y’Abashinwa ikora imihanda mu ntara y’Amajyaruguru zafashwe zimaze hafi ukwezi zibuze, kuko byavuzwe ko zibwe tariki 02/07/2013 zikaza kuboneka tariki 31/07/2013.