Kimwe mu byo akarere ka Musanze kesheje byari bikubiye mu mihigo kagiranye n’umukuru w’igihugu ni ugutangiza ikigo gishinzwe gutanga amakuru arebana n’ubukerarugendo. Aka karere kakaba kishimira ko n’uyu muhigo kawuhiguye.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, arasaba abaturage kwirinda imanza zidafite aho zishingiye kuko bikurura amacakubiri mu miryango bikanadinziza iterambere ryayo.
Abakozi ba sosiyete zifite inkomoko muri Afrika y’Epfo, bizihije isabukuru y’amavuko ya Nelson Mandela tariki 18/07/2013 basiga irange ku ishuri Groupe Scolaire de Bisate, riherereye mu murenge wa Kinigi akarere ka Musanze.
Umugore witwa Triphine Mukamukiza avuga ko yatangiye atira ingwate kugirango ahabwe amafaranga yo gutangiza umushinga we, none kuri ubu afite uruganda rukora amarangi rufite agaciro k’amafaranga miliyoni 25.
Umuntu umwe wagendaga n’amaguru yahitanywe n’imodoka yamugonze naho 19 bari bayirimo barakomereka, cyakora ngo umunani muri bo bakaba ari bo bakomeretse bikabije, bakaba barwariye mu bitaro bya Ruhengeri.
Mu gihe abacuruzi b’inyongeramusaruro bari bamaze imyaka itatu bunguka amafaranga 15 ku kilo, kuva mu gihembwe cy’ihinga 2014 A, bagiye kujya bunguka amafaranga 30 ku kilo. Ibi rero ngo ni intambwe ikomeye ituma barushaho gukunda no gutezwa imbere n’ubucuruzi bwabo.
Abasirikare n’abapolisi 35 barangije amasomo bari bamazemo ibyumweru 28 i Nyakinama mu karere ka Musanze, aho bigaga mu bijyanye no kuyobora abasirikare ku rugamba, ibijyanye gufata ibyemezo, gufata ibyemezo, ibirebana n’akazi ko mu biro n’ibindi.
Mu ijoro ryo ku wa 04 rishyira uwa 05/07/2013, abacuranzi ba Orchestre Impala de Kigali bifatanyije n’abatuye akarere ka Musanze babasusurutsa mu ndirimbo zabo zakunzwe cyane mu myaka yo hambere.
Abayoboke b’idini ya Islam bo mu mudugudu wa Gikwege, akagari ka Mpenge umurenge wa Muhoza mu karere ka Musanze baravuga ko bishimira ubwisanzure babonye ubwo igihugu cyibohoraga, none ubu ihezwa bakorerwaga rikaba ryarabaye amateka.
Umuyobozi w’akarere ka Musanze, Mpembyemungu Winifrida, aravuga ko mbere ya Jenoside, akamaro ka parike y’ibirunga ku bayituriye kari ako kwica inyamaswa zibarizwamo maze bakazirya gusa, ibintu byahindutse kuri ubu.
Buri munyarwanda afite inshingano yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko ibyabaye byakorewe Abanyarwanda, bikorwa n’Abanyarwanda ndetse bihagarikwa n’Abanyarwanda.
Nyuma y’uko ishuri Community Integrated Polytechnic (CIP) rifungiye imiryango by’abateganyo mu ntangiriro z’ukwezi kwa gatanu uyu mwaka, abaryizemo bakomeje guhangayikishwa n’uko barimo kudindira nyamara bo barakoze ibyo basabwaga ngo bakurikire amasomo yabo nta nkomyi.
Umubyeyi w’abana babiri witwa Kayitare Pierre Claver arangije Kaminuza abikesha akazi akora ko gutwara moto mu mujyi wa Musanze, kuko katumaga abona amafaranga yo kwiyishyurira ishuri ndetse no gutunga urugo rwe.
Abanyeshuri barangije amasomo yabo mu ishuri rikuru INES Ruhengeri bavuze ko batagiye kuba ikibazo ku isoko ry’umurimo, ahubwo bajyanye ubumenyi babonye ku isoko, kugirango bagire uruhare mu iterambere ry’aho bazakora.
Fabrice Mucyowintore uri mu kigero cy’imyaka 16 avuga ko ashushanya tableau yagura amafaranga ari hagati y’ibihumbi 10 na 15 mu gihe cy’isaha imwe.
Abana b’ingagi 12 n’umuryango bahawe guhabwa amazina mu gikorwa ‘kwita izina’ cyaberaye mu murenge wa Kinigi akarere ka Musanze, kuri uyu wa Gatandatu tariki 22/06/2013. Benshi mu bayatanze bakurikije uko babona u Rwanda muri iki gihe.
Umuhango wo kwita izina wari umaze iminsi witegurwa watangiye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 22/06/2013, witabiriwe n’abaturiye Kinigi, Abanyarwanda baturutse mu bindi bice by’igihugu n’abanyamahanga barenga 450.
Igiko gishinzwe gukora ubushakashatsi ku ngagi KARISOKE Project Center, kiravuga ko cyakira byibura abanyeshuri bari hagati y’100 n’150 ba za kaminuza zitandukanye zo mu gihugu bari mu bushakashatsi ku bijyanye n’ingagi, iyo bari mu bushakashatsi bwabo.
Ubwo basuraga ahantu himikirwaga abami b’u Rwanda (hitwa i Buhanga cyangwa mu Ruhondohondo), abari mu rugendo kwita izina caravan batangajwe n’uburyo aho hantu hafite amateka akomeye ndetse acyubashywe n’abahaturiye.
Inama y’igihugu y’abagore mu karere ka Musanze, kuri uyu wa gatatu tariki 19/06/2013 yibutse ku nshuro ya mbere abana n’abagore bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Gutunganya ahantu habera umuhango wo Kwita Izina ndetse n’indi mirimo ijyanye n’imyiteguro biha akazi abaturage benshi kuburyo bamwe bamaze kwikenura bagura amatungo abandi bakarihira abana amashuri babikesheje amafaranga bavana muri iyo mirimo.
Abana bo mu mashuri yisumbuye batangiye gutegurirwa imikino jeux olympiques kugirango nibakura bazabashe guhagararira igihugu bariteguye neza.
Icyumweru cy’umuco ‘annual cultural tourism week’ cyatangiye ku cyumweru tariki 16/06/2013 mu karere ka Musanze, mu rwego rwo kwitegura igikorwa cyo ‘kwita izina’ giteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru, ngo kigamije kwerekana ko hari byinshi byasurwa na ba mukerarugendo.
Abaturage bo mu murenge wa Remera, mu karere ka Musanze bavuga ko imihanda yaho imeze nabi kandi nta modoka ibasha kubageraho ngo ibageze mu yindi mirenge ndetse n’ibonetse nta bushobozi iba ifite bwo gutwara abifuza kujyana nayo.
Abanyabukorikori bo mu karere ka Musanze, bari gukora amanywa n’ijoro, kugirango babashe kubona umusaruro uhagije w’ibyo bakora bitewe n’uko umunsi wo ‘kwita izina’ utuma ababagana baba benshi.
Umugabo w’imyaka 52 yafatanywe udupfunyika 200 tw’urumogi ku bufatanye n’abaturage, ahita afungirwa kuri sitasiyo ya polisi ya Muhoza, akurikiranywe gucuruza no gukoresha icyo kiyobyabwenge.
Ubwo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda yaganiraga n’abaturage b’akarere ka Musanze kuri uyu wa kabiri tariki 11/06/2013, bamwijeje ko batamutererana mu rugamba rwo kwigira n’iterambere igihugu cyiyemeje, nawe abizeza hamwe n’Abanyarwanda bose muri rusange umutekano usesuye.
Vice perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Sylvie Kayitesi Zainabu, arasaba abacamanza kwihutisha imanza z’imitungo y’abarokotse Jenoside ibyo bibazo bikarangira, abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bakabona ubwo butabera.
Akimanizanye Belancile, umugore uri mu kigero cy’imyaka 55 utuye mu mudugudu wa Kibingo, akagali ka Musezero, umurenge wa Rwaza avuga ko kuva aho ubutaka bwe butangiriye kurigita mu ntangiriro za 2012, imibereho ye yasubiye inyuma, kuko ngo nta cyamusimburira ubutaka yatakaje.
Kugeza ubu mu karere ka Musanze harabarurwa imirenge SACCO 15; ifite inyubako zayo bwite ikaba ari 10, cyakora ngo n’indi itanu isigaye izaba ifite inyubako zayo bwite bitarenze impera z’uyu mwaka.