Abagore 9 n’abagabo batatu bose bakomoka mu muryango umwe wa Maj. Murwanashya Juvenal uzwi ku izina rya Blaise ukuriye iperereza mu mutwe wa FDLR bakekwaho gukorana na FDLR bagejejwe imbere y’Urukiko rwisumbuye rwa Musanze, babiri bakatirwa igifungo cy’agateganyo cy’iminsi 30, abandi 10 bararekurwa.
Umuryango uhuje Abanyeshuri barokotse Jenoside barangije Kaminuza n’Amashuri makuru (GAERG) urasaba ubuyobozi bukuru bw’igihugu kuwufasha kwihutisha igikorwa cyo kubarura imiryango yazimye muri Jenoside yakorewe Abatutsi kuko uko bitinda ni ko hari impungenge z’uko amazina yabo yazibagirana burundu.
Abakozi b’ibitaro bya Ruhengeri n’ibigo nderabuzima bibishamikiyeho bibukatse abakozi, abarwayi n’abarwaza 27 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu buhamya n’amagambo byavuzwe, byagarutse ku ruhare abakozi b’ibyo bitaro bagize, aho batanze bagenzi babo bakoranaga umunsi ku wundi bakicwa.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yujuje inzu igiye gukorerwamo n’ishami ryayo rya Musanze. Iyi nzu ijyanye n’icyerekerezo tuganamo yuzuye itwaye hafi miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda izatahwa ku mugaragaro kuri uyu wa gatandatu tariki 24/05/2014.
Mu masaha ya mugitondo kuri uyu wa Kabiri tariki 20/05/2014 mu Isantere ya Byangabo mu Murenge wa Busogo inzego zishinzwe umutekano zitaye muri yombi umusore ufite gerenade imwe mu gikapu agiye kuyigurisha.
Amakuru dukesha Polisi y’igihugu avuga ko uwari umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze, Alfred Nsengimana, yishwe arashwe ubwo yageragezaga gutoroka kuri uyu wa gatanu tariki 16/5/2014.
Umwe mu bayobozi bakuru ba FDLR witandukanyije na bo afata icyemezo cyo gutaha mu rwamubyaye atangaza ko umutwe wa FDLR udafite imbaraga zo gufata igihugu kuko intambara urwana zigamije ko abayobozi bakuru bayo bacuma iminsi ngo bazageze igihe cyo gupfa bataryojwe ibyaha bakoze.
Uwamahoro Sarah washakanye na Hitimana Dieudonne wari umurwanyi wa FDLR mu mashyamba ya Kongo, kuri uyu wa Gatatu tariki 14/05/2014 yakiriwe mu Karere ka Musanze, avuga ko babanje kuba i Nyabyondo mu Karere ka Masisi umugabo aza kumwimurira mu Mujyi wa Goma kuko hari hafi y’aho FDLR yakoreraga ibikorwa byayo.
Abanyeshuri biga ku bigo bya ESSA Ruhengeri na St Vincent Muhoza byo mu Mujyi wa Musanze, kuri uyu wa Gatatu tariki 14/05/2014 bakoze urugendo rwerekeza ku Rwibutso rwa Muhoza aho bunaniye inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Uwari umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu, imari n’iterambere mu karere ka Musanze, Mugenzi Jerome, mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere, tariki 12/05/2015 yashyikirije Perezida w’Inama Njyanama ibaruwa isaba kwegura ku mirimo ye.
Abayobozi, abanyamakuru, abanyamadini n’abakorera imiryango nyarwanda itari iya Leta barasabwa gutahiriza umugozi umwe mu kurinda inyungu z’igihugu bazigira izabo kuko izo nyungu z’igihugu zitareba umuntu umwe gusa.
Kuri uyu wa Kane tariki 08/05/2014 ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’umuryango utabara imbabare Croix Rouge, uyu muryango washyikirije amazu 26 abasigajwe inyuma n’amateka n’abatishoboye bo mu Mirenge ya Nyange na Musanze mu Karere ka Musanze.
Mu kiganiro yagiranye n’abanyeshuri biga mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Nyakinama kuri uyu wa gatatu tariki ya 07/05/2014, minisitiri James Kabarebe ushinzwe Ingabo z’u Rwanda yagaragaje ko ibibazo byinshi biri mu bihugu bitandukanye by’Afurika byatewe n’abakoloni.
Habinshuti Jean de Dieu na Karimunda Jean Bosco bombi b’imyaka 26 bacumbikiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza mu Karere ka Musanze kuva ku cyumweru tariki 04/05/2014 nyuma yo gufatanwa miliyoni zisaga gato 30 bari bibye umucuruzi wo mu Mujyi wa Kigali.
Kuva mu mpera z’umwaka wa 2013 no mu ntangiriro za 2014, abantu babiri basize ubuzima mu bikorwa byo guhungabanya umutekano mu Mujyi wa Musanze, abandi umunani barakomereka. Ibi bikorwa by’ubugizi bishyirwa ku mutwe wa FDLR na bamwe mu bayobozi bakorana ngo kubera indonke n’inyota y’ubutegetsi bafite.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, James Musoni, yijeje abaturage bo mu Murenge wa Gashaki mu Karere ka Musanze ko umutekano wabo ucunzwe neza badakwiye kugira impungenge zo kurara badasinziye bakeka ko hari uwawuhungabanya.
Ujeneza Germaine ni umubyeyi ukiri muto utuye mu Kagali ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza ho mu Karere ka Musanze ariko atandukanye n’abandi kubera ubuhanga bwe mu bukorikori. Akora imitako n’ibikoresho bitandukanye mu bibabi by’imigori, impapuro n’ ibirere ngo akinjiza ibihumbi 200 ku kwezi.
Providence Uwanyuze w’imyaka 24 ni we mukobwa wenyine watinyutse gukora akazi ko gutwara imizigo mu mu Mujyi wa Musanze, ngo icyo cyemezo yagifashe kubera ko mbere akiri umwana muto yakundaga gutwara moto arabikurana hiyongeraho ko uyu munsi kubona akazi kandi bitoroshye.
Inzu y’ubucuruzi no guturamo iri mu Kagali ka Kigombe mu Murenge wa Muhoza, Akarere ka Musanze yafashwe n’inkongi y’umuriro kuri uyu wa Mbere tariki 21/04/2014 ibintu byarimo bishya birakongoka.
Ubwo abanyeshuri, abarimu n’abayobozi batandukanye b’Ishami rya Kaminuza UR-CAVM, kuri uyu wa Kane tariki 17/04/2014 bibukaga abari abakozi n’abanyeshuri bishwe muri Jenoside 1994, urubyiruko rwasabye kurenga icyitwa amoko yazanye n’abakoloni bagashyira imibere ubunyarwanda ngo ni bwo buzatuma Jenoside itazongera ukundi.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge babiri n’abandi babiri b’utugari bo mu Karere ka Musanze batawe muri yombi n’inzego z’umutekano kugira ngo babazwe ku kijyanye n’imikoranire yabo n’umutwe wa FDLR urwanya Leta y’u Rwanda.
Abantu bafite ubumuga bunyuranye ubasanga hirya no hino mu mijyi basaba abahisi n’abagenzi kugira ngo babashe kubaho ariko hari bamwe banze ingeso yo gusaba bishakira ikibatunga.
Mu cyumweru cy’icyunamo, abaturage bo mu Karere ka Musanze bakusanyije miliyoni 17 n’ibihumbi 843, amadolari 105 n’amashiringi 500 yo gufasha abacitse ku icumu batishoboye.
Abagabo hafi ya bose bakomoka mu cyahoze ari komini Kinigi na Mukingo bishwe mbere y’uko Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 itangira, ngo ibi byakozwe mu rwego rwo kugerageza Jenoside nk’uko byagarutsweho mu buhamya bwatanzwe kuri uyu wa 13/04/2014 hasozwa icyunamo mu Murenge wa Kinigi, akarere ka Musanze.
Ndibabaje Assiel Katarya utuye mu Kagali ka Mpanga, Umurenge wa Kinigi, Akarere ka Musanze wari umuyobozi wa cellule akaba n’umukuru w’itorero mu idini ry’Abadiventisti b’Umunsi wa Karindwi mu gihe cya Jenoside yagize ubutwari bwo guhara amagara ye agira uruhare mu kurokora Abatutsi babarirwa muri 300.
Umuyobozi w’akarere ka Musanze, Madame Mpembyemungu Winnifride, yabwiye abantu bitabiriye kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi ko Jenoside yatewe n’ubuyobozi bubi bwaranze u Rwanda kuva 1959 bwigishije amacakubiri, yarugejeje kuri Jenoside muri 1994.
Bagaruka bakunda kwita Sameja usanzwe akora akazi ko gushaka abagenzi muri Gare ya Musanze, Akarere ka Musanze ari mu maboko ya Polisi y’u Rwanda, Ishami rya Muhoza akurikiranweho icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Ubwo Abanyamusanze bibukaga ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, igikorwa cyabereye kuri Stade Ubworoherane, kuri uyu wa mbere tariki 07/04/2014, abantu 36 bagize ikibazo cy’ihungabana.
Dunia Anathalie ufite ubumuga bwo kutabona ukomoka mu Murenge wa Remera ho mu Karere ka Musanze amaze imyaka ibiri acuruza imboga, inyanya n’ibijyanye na boutique, ibi bimubeshejeho kandi hari intambwe igaragara amaze gutera mu mibereho ye.
Umugore w’imyaka 46 n’undi w’imyaka 37 bo mu karere ka Rubavu, tariki 31/03/2014 batawe muri yombi na polisi ikorera mu Karere ka Musanze ibafatanye utuduzeni 20 tw’inzoga yitwa Blue Skys itemewe mu Rwanda bagerageza kuyijyana kuyicururiza mu mujyi wa Rubavu.