Abagore barenga 270 bo mu murenge wa Muhoza akarere ka Musanze bari basanzwe bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka ariko bakabererekera gasutamo ngo batakwa imisoro, biyemeje kwisubiraho, bakibumbira muri koperative kuko aribwo bazabasha gutera imbere.
Nyiramagambo Petronile uri mu kigero cy’imyaka 55, utuye muri Mubona umurenge wa Muhoza, akarere ka Musanzwe, yagonzwe na moto mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 06/02/2013, ubwo yambukiranyaga umuhanda, ava guhaha.
Bugingobwimana Theogene utuye mu mudugudu wa Kavumu, akagali ka Karwasa, umurenge wa Gacaca mu karere ka Musanze, yahitanye umugore we mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 04/02/2013 ahita atoroka.
Ubuyobozi bukuru bw’ingabo z’igihugu na minisiteri y’umutungo kamere, kuri uyu wa kane tariki 31/01/2013 batashye ibikorwa byo kumutsa igishanga cya Mugogo mu murenge wa Busogo, ndetse n’inkuta zigabanya umuvuduko w’amazi aturuka mu migezi iva mu birunga mu murenge wa Kinigi.
Abagore babiri bafatanywe amakarito 48 y’inzoga ya African Gin batazisoreye bava ku mupaka wa Cyanika berekeza mu karere ka Rubavu, bavuga ko batari bazi ko bitemewe bityo ko ubwo babimenye batazabisubira.
Ku gicamunzi cyo kuri uyu wa mbere tariki 28/01/2013, impanuka ebyiri zabereye ahantu hatandukanye mu karere ka Musanze zahitanye abantu babiri abandi batandatu barakomereka.
Taxi ya Twegerane ifite puraki RAA 689 C yakoze impanuka ubwo yagongaga ikamyo maze umukecuru umwe wari wicaye ku ruhande ahita ahasiga ubuzima abandi batandatu barakomereka bajyanwa mu kwa muganga.
Abahagaritswe muri komite y’urugaga imbaraga ku rwego rw’intara y’Amajyaruguru, baravuga ko ababahagarariye ku rwego rw’igihugu bamanutse bakaganira n’abahinzi ku nzego zo hasi, byakemura ibibazo biri kugaragara muri ino minsi.
Minisitiri w’ibikorwa remezo, Albert Nsengiyumva, arakangurira abanyamabanki bakorera mu karere ka Musanze, gufungura amashami mu gasantere ka Byangabo, kugira ngo borohereze abazacururiza mu isoko rijyanye n’igihe riri kubakwa mu Byangabo.
Umugaba w’ingabo zirwanira ku butaka, Maj. Gen. Frank Mushyo Kamanzi, aravuga ko kwitoza ari umuco waranze ingabo z’u Rwanda (RDF) kuva kera, kugirango zibashe kunoza umurimo ndetse no kugera ku ntego bihaye.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi (RAB), cyagabiye inka y’inzungu n’iyayo umuryango wibarutse abana bane kuri uyu wa gatanu tariki 18/01/2013, mu rwego rwo kubonera amata aba bana, kubera ko umubare wabo ugaragaza ko batahazwa n’ibere rya nyina.
Umugore witwa Nyiragasigo Francoise, acumbikiwe na polisi y’igihugu yo mu murenge wa Muhoza akarere ka Musanze, azira gucuruza urumogi.
Abana bane babyawe na Nyirakanyana Francoise wo mu karere ka Musanze bujuje amezi atatu kuwa kabiri tariki 15/01/2013. Uyu mubyeyi avuga ko abo bana bameze neza gusa agasaba ko yakubakirwa inzu, kuko iyo abatujemo atari iye.
Nyuma y’uko bamwe mu barimu bakunze kugaragaza imbogamizi mu kwigisha Icyongereza, akarere ka Musanze kamaze kubonera umuti icyo kibazo, bitewe n’inyigisho zitandukanye zigenda zihabwa abarimu mu rurimi rw’icyongereza.
Nyuma y’uko igikoni cya hotel Home Inn ibarizwa mu karere ka Musanze gifunzwe biturutse ku isuku nke, ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki 08/01/2013 cyongeye gufungurwa, nyuma yo gushyira mu bikorwa ibyo basabwe gukosora.
Inzoga y’inkorano yitwa ‘Kayuki’ ikorerwa mu murenge wa Nkotsi mu karere ka Musanze, ngo yaba igiye gukorerwa isuzumwa, kuko imerera nabi abayinyoye, bikabatera gukora urugomo rukabije.
Minisitiri w’Intebe wa Burkina Faso uri mu ruzinduko mu Rwanda, yashimye gahunda yo gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ku rugerero avuga ko ari imwe mu nzira zituma Abanyarwanda bose bafatanya mu guteza igihugu imbere.
Umusore witwa Manishimwe Berchmas, utuye mu mudugudu wa Gikwege, umurenge wa Muhoza akarere ka Musanze, avuga ko akazi akora ko kudoda inkweto kamuteje imbere, kuko ubu atunze inka eshatu.
Lt. Gen. Fred Ibingira, umugaba w’Inkeragutabara ku rwego rw’igihugu, aributsa abanyeshuri ba ISAE Busogo, ko umutekano w’igihugu ucunzwe neza, ndetse ko n’umwanzi ntacyo ateze kubihinduraho.
Abafite utubari n’amazu y’urubyiniro mu mujyi wa Musanze barasabwa kunoza imikorere, maze bakajya bamenyesha inzego z’umutekano hakiri kare, kugirango zitegure kubacungira umutekano ku buryo bunoze.
Abaturage b’akarere ka Musanze barasabwa kwirinda ibihuha bigamije kuyobya Abanyarwanda ndetse no kubashyushya imitwe, birimo ubuhanuzi bw’uwitwa Nsabagasani, ndetse n’ibindi bitanga amakuru akura umutima.
Ingo 31 zo mu murenge wa Musanze akarere ka Musanze, zaranzwe n’amakimbirane muri uyu mwaka wa 2012 zahawe amasomo ku ihohoterwa, amakimbirane n’amategeko, cyane areba umuryango, kuri uyu wa Gatanu tariki 07/12/2012.
Inama Njyanama y’akarere ka Musanze yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 07/12/2012, yemeje ko abantu bose bororera inka mu mujyi wa Musanze bimurira amatungo yabo mu bice by’icyaro mu gihe kitarenze amezi atandatu.
Nyiraneza Felicite, utuye mu mudugudu wa Yorudani, akagali ka Cyabararika, umurenge wa Muhoza, mu karere ka Musanze amaze imyaka umunani arera abana barindwi wenyine kandi nta handi akura ubushobozi uretse mu gutunda amatafari ya rukarakara.
Umucuruzi ufite iduka ryitwa Isange LTD riherereye mu karere ka Musanze akurikiranywe n’ubutabera kubera gukekwaho gukoresha igitabo cy’inyemezabuguzi kitemewe n’amategeko.
Ambasaderi w’Ubuholandi mu Rwanda, Madame Leoni Margarita Cuelenaere, tariki 04/12/2012, yasuye ikigo cyakirirwamo abahoze ari abarwanyi i Mutobo, ngo asesengure ibivugwa n’impuguke za LONI ko abamaze guhabwa amasomo muri iki kigo boherezwa gufasha umutwe wa M23.
Umuyobozi wa polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel Gasana, arasaba Inkeragutaba zo mu karere ka Musanze kwima amatwi ibihuha, maze bagacunga umutekano wabo ndetse n’uw’abandi bashinzwe kurinda.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, asanga ibikorwa by’umuryango PFR-Inkotanyi bihesha Abanyarwanda bose agaciro, kuko buri gihe iba ishaka icyabateza imbere.
Umuvugizi w’igisirikare cy’u Rwanda, Brig. Gen. Joseph Nzabamwita yemeje ko abarashe ku barinda Parike y’ibirunga, mu kagali ka Bisoke umurenge wa Kinigi akarere ka Musanze, ari agatsiko ka FDLR kahunze ubwo baheruka gutera.
Abantu bataramenyekana barashe ku barinda barike y’ibirunga, umwe mu barinzi ahita ahasiga ubuzima, mu gitero cyagabwe mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru tariki 02/12/2012.